APR FC ikomeje gahunda yayo yo kwitegura umwaka mushya w’imikino wa 2026/2027, aho irimo kongeramo abakinnyi bashya bagaragaje urwego rwiza mu makipe yabo no mu marushanwa y’imbere mu gihugu mu mwaka ushize.
Mu bakinnyi bamaze gutangazwa n’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu harimo Rubuguza Jean Pierre ukina hagati mu kibuga. Uyu mukinnyi waje muri APR FC avuye muri Gicumbi FC, nyuma y’umwaka mwiza w’imikino wa 2025/26.
Rubuguza yitezweho kongera imbaraga mu kibuga hagati nyuma yahoo itandukaniye na Ruboneka Jean Bosco utarongerewe amasezerano bikaba bivugwa ko yamaze gutandukana na APR FC kubera ibyo yasabye ubuyobzi bw’iyi kipe.
Nyuma y’uyu mukinnyi wo hagati mu kibuga, APR FC kandi yanatangaje ko yasinyishije Uwiyaremye Fidali, wari usanzwe ari umukinnyi wa Intare FC ariko akaba yari amaze igihe akinira Kiyovu Sports ku ntizanyo.
Imikinire ye myiza yamuhesheje guhamagarwa bwa mbere mu Ikipe y’Igihugu Amavubi, ibintu byagaragaje intambwe yari amaze gutera mu rugendo rwe rwa ruhago.
Nubwo aba bakinnyi bakiri bato, bitezweho kuzafasha APR FC mu marushanwa atandukanye azakinwa mu mwaka utaha, harimo CECAFA Kagame Cup, CAF Champions League, igikombe cy’Amahoro ndetse na shampiyona y’u Rwanda.
Aba bakinnyi baje muri APR FC nyuma ya rutahizamu iyi kipe iheruka gutangaza, Amani Kouadiokan Michel Breygeneve.
Amafoto ya Rubuguza ubwo yasinyaga





Amafoto ya Uwiyaremye Fidali ubwo yasinyaga











