• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ishyamirana riri hagati ya David Himbara na bagenzi be riragarika ingogo

Ishyamirana riri hagati ya David Himbara na bagenzi be riragarika ingogo

Ubwanditsi 20 Feb 2016 ITOHOZA

Umunyarwanda wiyita umunyabwenge Himbara David akomeje guhura n’akaga aterwa n’ibikorwa by’uburiganya ahoramo ashakisha amafaranga ngo arwanye leta y’u Rwanda.

Nyuma y’aho uyu mugabo benshi bamaze kubona ko atari inyangamugayo akaba yari amaze igihe kigera kumwaka agerageza kureshya umuryango wa Rwigara Assinapol, umunyemari wakoze impanuka y’imodoka ikamuhittana muri Gashyantare 2015.

Muri izo gahunda ze zo kwiyegereza uwo muryango yakoresheje uburyo bwose ashoboye ngo abigereho yiyitaga oncle w’abana, dore ko umuryango uzwiho kuba ukize ariko biranga biba iby’ubusa uyu mu ryango umwima amatwi, umutera utwatsi kuko bamuzi neza ko ari baringa wiberaho asabiriza amafaranga.

David Himbara usa nuwabuze epfo na ruguru yongeye kwerekana ko ntawe uzamurusha gutukana maze akora mu nganzo yamugize inganzwa yo kwiyandarika mu mvugo ze zisebya Leta y’u Rwanda.

Buri gikorwa cyose kidahwitse kiragawa ariko noneho cyakorwa n’umuntu ukuze kikamaganirwa kure na buri wese byaba na ngombwa ukahira utwasi ukamutera uti: “ Urwo upfuye ruzaguhame”.

Nyuma yo kwigaragura mu biyayura bwenge, nyuma yo kwangara , kugaragurika no gupfa urwo rubanda baseka, Himbara yatukaniye ku karubanda kandi akuze bitangaza benshi mu bari bataramumenya naho abasanzwe bamuzi bo bati: “ Ni ibisanzwe kuri we”.

Icyakora noneho icyabaye nk’igishimishije nuko kuri ubu yandagaje abo bakorana , abacurakinyoma bagenzi be abashyira ahagaragara anavuga ko ntacyo bamaze nawe ubwe arimo.

David Himbara yemeje ko ibigarasha ntacyo bizigezaho , yemeje ko ibigarasha bidafite shinge na rugero, mbese muri rusange yemeje ibyo bavuga,ibyo bakora ko bidahwitse na busa.

Mu mvugo itabasha gusubirwamo na buri umwe wese, Himbara yandagaje ibigarasha ku buryo bweruye ku mpamvu zitarasobanuka neza ariko bishoboka ko hari umugambi mubisha bari bihaye ukaza kubapfubana.

-2150.jpg
Birashoboka ko bari bahanye gahunda yo kwiba ahantu, gucucura umuntu runaka, cg se nabo bakiyiba nyuma bakaza kuvuza induru nkuko babimenyereye ariko umwe muri bo yabatengushye biyemerera ko ari ibigarasha ndetse bicitse.

Burya rero iyo bigeze aho uwari umuntu yiyambura ubumuntu akiyambika urw’izimoka, ukabyiyemerera amanywa ava ibintu biba bigeze iwa Ndabaga, amagambo aba ashize ivuga agaharirwa Nankana.

Dutegereje kureba ikizakurikira iri shyamirana riri hagati ya David Himbara na bagenzi be niba hazabaho kwihimuranaho cg se bakemera kuba icyo Himbara yabise.

Cyiza Davidson

2016-02-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Ubwanditsi 23 May 2017
Padiri Thomas Nahimana ushaka kuba Perezida ni muntu ki ?

Padiri Thomas Nahimana ushaka kuba Perezida ni muntu ki ?

Ubwanditsi 23 Nov 2016
‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Ubwanditsi 16 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo
SHOWBIZ

Impamvu 10 zituma abakobwa beza batinda kubona abagabo cyangwa bakanahera iwabo

Ubwanditsi 20 Jan 2018
Zambia irashimagiza RwandAir mu kwagura ubukerarugendo mu bihugu byombi
UBUKERARUGENDO

Zambia irashimagiza RwandAir mu kwagura ubukerarugendo mu bihugu byombi

Ubwanditsi 16 Nov 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru