• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Mecky Kayiranga yashyize hanze indirimbo nshya yise Garuka mu kunzi asaba umugore we kugaruka bakubaka.

Ubwanditsi 27 Apr 2021 Amakuru, Mu Rwanda, SHOWBIZ

GARUKA ni indirimbo y’urukundo nshya y’amajwi Mecky yasohoye, ni indirimbo irimo ubutumwa busaba umugore we cyangwa Fiance kugaruka kuko nta gikwiye kubatanya ngo bibagirwe urukundo rwabo rwa kera, bongere bibuke  icyatumye bahura. Iyi ndirimbo iri mu Kinyarwanda mu njyana ituje, yenda kuba nka Karanyuze nkuko benshi bakunze kubyita. Ni indirimbo Mecky avuga ko ayitezeho byinshi ku bakunda umuziki.

Nkuko Mecky Kayiranga yabidutangarije, ngo nyuma y’igihe yaramaze atuje atagaragara cyane mu buhanzi, (ataririmba) agarukanye indirmbo “GARUKA” ikaba ije ari iya gatatu muzimaze kugera hanze zizajya kuri Album ya kabiri, iyi ndiirmbo yakozwe na Producer Aaron Tunga amajwi ariko n’amashusho akaba agiye gutangirwa gukorwa kuburyo mu kwezi kwa 5 izaba yamaze kugera hanze. Avuga yatangiye kwandika iyi ndirimbo mu 2013 ajya muri studio 2020 akaba ayishyize hanze Traiki ya 26 Mata 2021.

Iyi ndirimbo “Garuka”  Mecky avuga ko ari indirimbo yitezeho impinduka mu muziki we no mu buzima bwa buri munsi bw’abakundana kuko yuje impanuro nyinshi.

Yatangaje kandi ko muri iki gihe yamaze gukora indirimbo nyinshi ariko zikaba zihereye kuri Garuka , bityo hakaba hari n’izindi ndirimbo z’urukundo ziri mu nzira yo gusohoka abanyarwanda bakabasha kuzumva kuko Imana yamuhaye inganzo n’impano icyo agomba gukora nukuyisangiza abanda.

Mecky Kayiranga asanzwe akora mu itangazamakuru kuko arimazemo imyaka myinshi,  akaba n’umunyamuziki wakoze amahugurwa atandukanye mu bijyanye n’umuziki kuko yize Gucuranga Guitar muri  Pacific Academy  na Berklee College of Music muri Leta Zunze ubumwe bw’Amerika (US) , yize kandi Music Business Foundations , The Technology of Music Production na none muri Berklee College of Music, Akaba kandi yarakoze amahugurwa menshi mu bijyanye no gufotora amafoto ahantu hatandukanye nka Michigan state University, Gukora Video na sound kuko yanahoze akora ibijyanye na Videogrraphy na  sound mu biro bya Minisitiri w’intebe.

Umuhanzi Mecky ubusanzwe amazina ye akaba ari Kayiranga Melchiore, nyuma yo gushyira hanze alubumu ye ya mbere yise “Humura” yaririho indirimbo 10 murizo izamenyekanye zikanakundwa cyane nka “Humura”, “Biruhanya” na “Ni wowe” na Nyakira”, indi Ijyanye no kwibuka yitwa “Dusohoze ikivi” yanakoranye n’ Abahanzi nka The Ben, Masamba, Aime Uwimana,  Tonzi, Phiona Mbabazi, Didier Ntwali, Bahati Alphonse na Aron Nitunga izajya kuri album ye ya kabiri, ubu yamaze gushyira hanze indi ndirimbo yitwa “GARUKA”

2021-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Perezida Paul Kagame n’umuyobozi wa CAF mu banyacyubahiro bitabiriye isozwa rya BAL 2023

Amafoto – Perezida Paul Kagame n’umuyobozi wa CAF mu banyacyubahiro bitabiriye isozwa rya BAL 2023

Ubwanditsi 28 May 2023
Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Ubwanditsi 28 May 2021
Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ingabire Victoire, kwandagaza igihugu cyawe mu mahanga ni nko kwambika ubusa nyoko mu ruhame

Ubwanditsi 27 Oct 2024
Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure  za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND  ikomeje gutera benshi ubwoba

Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND ikomeje gutera benshi ubwoba

Ubwanditsi 21 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi
Mu Mahanga

Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho
POLITIKI

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso
Mu Mahanga

Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso

Ubwanditsi 29 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru