Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Werurwe 2025 nibwo imikino isoza shampiyona y’umukino w’intoki ya Volleyball yaraye isojwe hakaba hategerejwe imikino ya kamarampaka ikinwa guhera kuri uyu wa Gatanu.
Imikino yaraye ikinwe n’iyo mu kiciro cy’Abagabo aho ikipe ya Police VC ariyo yabanje ikina na EAUR, umukino warangiye Police itsinze amaseti 3-1.
Nyuma yaho APR VC yatsinze RP Ngoma College amaseti 3-0 naho REG VC itsinda Kepler VC amaseti 3-2 bituo hanamenyekana uko amakipe azahura.
Mu mikino ya kamarampaka, ikipe ya mbere igomba guhura n’iyabaye iya Kane naho iya kabiri igakina n’iyabaye igatatu muri shampiyona iba irangiye.
Kuri ubu mu Bagabo, Ikipe ya mbere ni Police VC, APR VC yasoje ari iya kabiri, Kepler VC yabaye iya gatatu naho REG VC yasoje iri ku mwanya wa kane.
Mu kiciro cy’Abagore, ikipe ya Police WVC niyo yasoje iyoboye, RRA WVC iba iya kabiri, APR WVC iba iya Gatatu naho ku mwanya wa Kane hariho Kepler WVC.
Biteganyijwe ko imikino ya kamarampaka izakinwa mu buryo bwaho ikipe izagera ku mukino wa nyuma ibanje gutsinda byibuze imikino 2 muri itatu iba iteganyijwe.
Nk’uko byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda, FRVB, batangaje ko kwinjira kuri iyi mikino buri munsi ari ukwishyura amafaranga ibihumbi bitanu, ikazabera muri Petit Stade.
Uko imikino ya Kamarampaka izakinwa uhereye kuri uyu wa Gatanu:
6PM: Kepler WVC vs Police WVC
8PM: Police VC vs REG VC
Ku wa gatandatu:
4PM: RRA WVC vs APR WVC
6PM: APR VC vs KEPLER WVC