• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yagaragaje ibikenewe ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika

Perezida Kagame yagaragaje ibikenewe ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika

Ubwanditsi 20 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi b’ibihugu bya Afurika bakeneye gushyira imbaraga mu kumvikanisha amasezerano agomba gushyiraho isoko rusange rya Afurika, AfFTA, byitezwe ko azashyirwaho umukono kuri uyu wa Gatatu.

Perezida Kagame yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku Nama Nyafurika ku Ishoramari, yabaye kuri uyu wa Kabiri, umunsi umwe mbere y’Inama Idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, izashyira umukono kuri ayo masezerano.

Iyi nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo Mahamadou Issoufou wa Niger, Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe, Perezida wa Komisiyo ya AU, Mousa Faki Mahamat n’abandi.

Perezida Kagame yavuze ko amasezerano y’amateka amaze igihe kinini atekerezwaho, ategerejweho gushimangira inzira iganisha ku bumwe bwa Afurika.

Yavuze ko nubwo azaba asinywe ibihugu bizakomeza gukorana ku bigize ayo masezerano, uruhare rw’abikorera rukazagenda rugarukwaho kuri buri ntambwe.

Yagize ati “Inyungu ni nyinshi atari kuri Afurika ariko no ku Isi yose muri rusange kuko kubera iri Soko Rihuriweho, Afurika izagira uruhare runini mu bukungu bw’isi mu minsi iri imbere.”

“Ishyirwaho ry’iri Soko Rihuriweho rirerekana impinduka mu buryo dutekereza ndetse n’uburyo dukora. Uruhare rw’abikorera rurakenewe cyane kugira ngo ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano rigerweho.”

Perezida Kagame yavuze ko inyungu n’imbaraga z’Abanyafurika atari byo bigamijwe gusa, ahubwo byose ari uburyo bwo kugira ngo buri munyafurika agerweho n’uburumbuke.

Yatanze ingero ko bucuruzi n’ubuhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika usanga buri ku kigero kiri munsi ya 20%, nyamara wareba mu bindi bice bikomeye by’isi ugasanga bukubye ubwo muri Afurika nk’inshuro enye.

Yakomeje agira ati “Kongera ubucuruzi hagati yacu ntabwo bisobanuye kugabanya ubwo dukorana n’abandi ahubwo uko ducurazanya cyane hagati yacu, ibigo by’Abanyafurika bizaba binini kandi bibashe guhangana ku rwego mpuzamahanga.”

Hari ibintu bitatu byo kwibandwaho

Perezida Kagame yavuze ko aya masezerano naramuka yemejwe, bizaba ari ikimenyetso cy’ibindi bintu bikomeye bishoboka ku bushake bw’Abanyafurika.

Yakomeje agira ati “Kugera ku ntego kw’isoko rusange bigaragaza ko dushobora gukora byinshi dufatanyije. Iki ntabwo ari cyo gihe cyo kwicara ngo dutuze. Aho gutangirira ni ukwihutisha indi mishinga y’ingenzi mu myaka 10 ya mbere mu gushyira mu bikorwa icyerekezo 2063 cy’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.”

Icya kabiri, Perezida Kagame yavuze ko aya masezerano namara gushyirwaho umukono azaba akeneye no kwemezwa burundu.

Ati “Umuvuduko bizagenderaho uzaterwa natwe. Reka dutange umusanzu wacu mu kumvikanisha impamvu, uburyo isoko rusange ryihutirwa, ku bagize inteko zishinga amategeko zacu, imiryango itari iya leta, inzego z’abikorera hamwe n’itangazamakuru.”

“Icya gatatu, kuyashyira mu bikorwa bizasaba kuvugurura imikorere n’amategeko ku rwego rw’igihugu. Ibi ntibizaba mu ijoro rimwe, bizaba urugendo rusaba igibiganiro no koroherana. Ibyo byose kubigeraho ni ngombwa.”

Perezida Isoufou ari na we wahawe gukurikirana iyi gahunda, yavuze ko aya masezerano azasinywa ari mu bice bine, harimo nk’ikizagenga imitemberere y’ibicuruzwa n’icyagenewe serivisi ukwazo.

Yagize ati “Nyuma yo gusinya, intambwe izakurikira ni ukwemeza burundu izo nyandiko. Ubwo umubare ukenewe uzaba umaze kuboneka, amasezerano yemejwe azatangira gushyirwa mu bikorwa. Ejo ni nabwo tugomba kwemeza ngo umubare ukenewe w’ibihugu bizemeza aya masezerano ngo abone gushyirwa mu bikorwa bizaba ari bingahe.”

Komiseri muri Komisiyo ya AU ushinzwe ubucuruzi, Amb Albert Muchanga, yavuze ko isoko rihuriweho rya Afurika ari rigari kuko rigizwe na miliyari 1.2 z’abaturage, bikaba byitezwe ko nibura mu 2030 bazaba bageze kuri miliyari 1.7.

Yakomeje agira ati “Ibikorwa by’ubucuruzi biziyongera cyane binyuze muri iri soko rihuriweho ry’ibihugu, aho ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika buziyongeraho 53.2 % kugeza mu 2022, kubera koroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa gusa.”

Mu gihe haba hakuweho imisoro itari ngombwa. Iryo zamuka ngo byiteze ko rigomba kwikuba kabiri muri icyo gihe.

Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, yavuze ko uyu muryango umaranye ukwishyira hamwe mu bya politiki imyaka 55, igihe kigeze ngo unishyire hamwe mu by’ubukungu binyuze mu bucuruzi, bwo soko y’ubukire no kwishyira hamwe uyu mugabane ukeneye.

Perezida Kagame yavuze ko aya masezerano naramuka yemejwe, bizaba ari ikimenyetso cy’ibindi bintu bikomeye bishoboka ku bushake bw’Abanyafurika

Perezida Kagame ageze aho Inama ibera ari kumwe n’abashyitsi n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu

2018-03-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Rtd. Capt. Safari  Patrick Arishinganisha nyuma yo gutanga amakuru y’ibyagwiririye urugo rwe [ VIDEO ]

Rtd. Capt. Safari Patrick Arishinganisha nyuma yo gutanga amakuru y’ibyagwiririye urugo rwe [ VIDEO ]

Ubwanditsi 20 Mar 2018
Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki  (Handball)
Mu Mahanga

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Umuhango wo kwibuka Mucyo Jean de Dieu mu Bubiligi  ( AMAFOTO )
ITOHOZA

Umuhango wo kwibuka Mucyo Jean de Dieu mu Bubiligi ( AMAFOTO )

Ubwanditsi 02 Dec 2016
Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC
INKURU NYAMUKURU

Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC

Ubwanditsi 15 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru