• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Ubwanditsi 07 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kuri uyu wa 6 Gashyantare 2019, Polisi ya Uganda yashyikirije u Rwanda abaturage barindwi barimo umugabo umwe, abagore bane n’abana babiri bo mu Ntara y’Amajyaruguru, bari baragizwe imbohe muri Uganda nyuma yo gufatirwa mu nzira kandi bafite ibyangombwa.

Bashyikirijwe  ibiro bishinzwe Abinjira n’Abasohoka ku Mupaka wa Cyanika aho bageze saa Saba z’amanywa.

Aba baturage bari bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kisoro, barekuwe barimo Muhirwa Jean Paul wari umucuruzi muri Kisoro aho yari amaze imyaka itandatu akorera, anahafite umugore bafitanye umwana umwe.

Abagore bane bari kumwe bafashwe ku mugoroba wo ku wa 5 Gashyantare 2019, bakuwe mu modoka ngo kuko batari bafite uruhushya rw’igihe kirekire rubemerera kujya i Kampala, bahita bafungirwa i Kisoro.

Yankurije Florence usanzwe utuye i Bunyoro muri Uganda aho amaze imyaka itanu, yabwiye itangazamakuru ko yatandukanyijwe n’umugabo we bari bafitanye abana babiri.

Ati “Nageze muri Uganda nshakirayo umugabo, nari naje gusura iwacu, bamfashe ndi mu nzira ntaha. Ku mupaka bari bansinyiye ariko tugeze mu nzira badusubiza inyuma.”

Muhirwa Jean Paul utuye muri Burera ariko ukorera akazi k’ubucuruzi muri Uganda yavuze ko yari amaze iminsi itandatu afunze.

Yagize ati “Nafungiwe ko nta byangomwa nari mfite. Bamfashe nje gushaka ibibisimbura hano mu Rwanda. Bambwiye ko bagiye kunjyana mu butabera ndabatakambira mbabwira ko mfite umugore muri Uganda. Banyemereye kundekura hamwe n’abandi Banyarwanda.”

Yavuze ko hari Abanyarwanda benshi bafunzwe kubera ibyangombwa kandi bategereje kuburanishwa.

Yakomeje ati “Abo twari dufunganywe b’Abanya-Uganda batubwiraga ngo Abanyarwanda turi abagome, dufite ubwenge bwinshi.’’

Abagore barimo Namahoro Assouma, Yankurije Florence na Nyiramahirwe Anonciata bari bahawe icyangombwa cy’igihe gito kibemerera kwinjira mu gihugu, bose bafatiwe mu nzira. Barajwe muri gereza, ntibahabwa n’amazi yo kunywa.

Nyiramahirwe Anonciata ufite abana babiri utuye mu Murenge wa Cyanika, yakuwe mu modoka yerekeza i Kampala igeze ahitwa Nyakabande, ajyanwa n’imodoka ya Polisi.

Yagize ati “Bisi zose zageraga Nyakabande zigahagarikwa, hakagira abakurwamo, abandi bagakomeza. Badukuyemo bajya kudufungira i Kisoro, twari abagore 10. Bukeye batwandikiye inyandiko batuzana hano ku mupaka, badushyikiriza u Rwanda.”

“Hari Abanyarwanda bandi basigayemo, twe baturekuye kuko twaciye ku mupaka mu buryo bwemewe n’amategeko. Ubu nahombye amafaranga asaga 7500 Frw nari natanze kuri bisi.”

Yavuze ko Abanyarwanda bafunze bahura n’akaga ko gusabwa amashilingi angana na miliyoni ebyiri, hafi nk’ibihumbi 500 Frw ngo barekurwe.

Si ubwa mbere, Polisi ya Uganda itaye muri yombi, ikanafunga Abanyarwanda b’inzirakarengane bagiye kuhakorera ubushabitsi.

Kuva mu 2017, Abanyarwanda baba muri Uganda batangiye gutabwa muri yombi mu mikwabo itandukanye, bakorerwa iyicarubozo, bamwe bagarurwa mu gihugu binyuranye n’amategeko.

INKURU BIFITANYE ISANO : Agahinda K’abandi Banyarwanda Babiri Bashimutiwe Muri Uganda

Muri Mutarama 2019 Polisi ya Uganda yashyikirije u Rwanda abaturage babiri barimo Kayihura Potien w’imyaka 53 na Tuyiringire Emmanuel w’imyaka 25 bo mu Ntara y’Amajyaruguru. Bagejejwe mu gihugu batanga ubuhamya bw’ihohoterwa bakorewe muri Uganda aho bari bamaze igihe bafungiye, banasabwa ruswa ngo barekurwe.

2019-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ubwanditsi 02 Sep 2024
Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Ubwanditsi 27 Dec 2019
Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Isesengura; Komite nshya ya RNC Uganda, ikimenyetso simusiga cyuko RNC yabaye nkaya nkende ishaje yananiwe kurizwa igiti yiyurizaga

Ubwanditsi 22 Nov 2019
Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Hagiye gusohoka ikiganiro Perezida Kagame agaragaramo atwaye igare na ‘Jet Ski’ mu Kivu (Video)

Ubwanditsi 04 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka
Amakuru

Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka

Ubwanditsi 24 Jan 2022
Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo
Mu Rwanda

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Ubwanditsi 12 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru