• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Ubwanditsi 07 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kuri uyu wa 6 Gashyantare 2019, Polisi ya Uganda yashyikirije u Rwanda abaturage barindwi barimo umugabo umwe, abagore bane n’abana babiri bo mu Ntara y’Amajyaruguru, bari baragizwe imbohe muri Uganda nyuma yo gufatirwa mu nzira kandi bafite ibyangombwa.

Bashyikirijwe  ibiro bishinzwe Abinjira n’Abasohoka ku Mupaka wa Cyanika aho bageze saa Saba z’amanywa.

Aba baturage bari bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kisoro, barekuwe barimo Muhirwa Jean Paul wari umucuruzi muri Kisoro aho yari amaze imyaka itandatu akorera, anahafite umugore bafitanye umwana umwe.

Abagore bane bari kumwe bafashwe ku mugoroba wo ku wa 5 Gashyantare 2019, bakuwe mu modoka ngo kuko batari bafite uruhushya rw’igihe kirekire rubemerera kujya i Kampala, bahita bafungirwa i Kisoro.

Yankurije Florence usanzwe utuye i Bunyoro muri Uganda aho amaze imyaka itanu, yabwiye itangazamakuru ko yatandukanyijwe n’umugabo we bari bafitanye abana babiri.

Ati “Nageze muri Uganda nshakirayo umugabo, nari naje gusura iwacu, bamfashe ndi mu nzira ntaha. Ku mupaka bari bansinyiye ariko tugeze mu nzira badusubiza inyuma.”

Muhirwa Jean Paul utuye muri Burera ariko ukorera akazi k’ubucuruzi muri Uganda yavuze ko yari amaze iminsi itandatu afunze.

Yagize ati “Nafungiwe ko nta byangomwa nari mfite. Bamfashe nje gushaka ibibisimbura hano mu Rwanda. Bambwiye ko bagiye kunjyana mu butabera ndabatakambira mbabwira ko mfite umugore muri Uganda. Banyemereye kundekura hamwe n’abandi Banyarwanda.”

Yavuze ko hari Abanyarwanda benshi bafunzwe kubera ibyangombwa kandi bategereje kuburanishwa.

Yakomeje ati “Abo twari dufunganywe b’Abanya-Uganda batubwiraga ngo Abanyarwanda turi abagome, dufite ubwenge bwinshi.’’

Abagore barimo Namahoro Assouma, Yankurije Florence na Nyiramahirwe Anonciata bari bahawe icyangombwa cy’igihe gito kibemerera kwinjira mu gihugu, bose bafatiwe mu nzira. Barajwe muri gereza, ntibahabwa n’amazi yo kunywa.

Nyiramahirwe Anonciata ufite abana babiri utuye mu Murenge wa Cyanika, yakuwe mu modoka yerekeza i Kampala igeze ahitwa Nyakabande, ajyanwa n’imodoka ya Polisi.

Yagize ati “Bisi zose zageraga Nyakabande zigahagarikwa, hakagira abakurwamo, abandi bagakomeza. Badukuyemo bajya kudufungira i Kisoro, twari abagore 10. Bukeye batwandikiye inyandiko batuzana hano ku mupaka, badushyikiriza u Rwanda.”

“Hari Abanyarwanda bandi basigayemo, twe baturekuye kuko twaciye ku mupaka mu buryo bwemewe n’amategeko. Ubu nahombye amafaranga asaga 7500 Frw nari natanze kuri bisi.”

Yavuze ko Abanyarwanda bafunze bahura n’akaga ko gusabwa amashilingi angana na miliyoni ebyiri, hafi nk’ibihumbi 500 Frw ngo barekurwe.

Si ubwa mbere, Polisi ya Uganda itaye muri yombi, ikanafunga Abanyarwanda b’inzirakarengane bagiye kuhakorera ubushabitsi.

Kuva mu 2017, Abanyarwanda baba muri Uganda batangiye gutabwa muri yombi mu mikwabo itandukanye, bakorerwa iyicarubozo, bamwe bagarurwa mu gihugu binyuranye n’amategeko.

INKURU BIFITANYE ISANO : Agahinda K’abandi Banyarwanda Babiri Bashimutiwe Muri Uganda

Muri Mutarama 2019 Polisi ya Uganda yashyikirije u Rwanda abaturage babiri barimo Kayihura Potien w’imyaka 53 na Tuyiringire Emmanuel w’imyaka 25 bo mu Ntara y’Amajyaruguru. Bagejejwe mu gihugu batanga ubuhamya bw’ihohoterwa bakorewe muri Uganda aho bari bamaze igihe bafungiye, banasabwa ruswa ngo barekurwe.

2019-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Abafite abana bari bajyanywe mu gisirikare cya RNC  basaba ko Rugema Kayumba abiryozwa

Uganda : Abafite abana bari bajyanywe mu gisirikare cya RNC basaba ko Rugema Kayumba abiryozwa

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Leta Y’Ububiligi yaba ifite nyungu ki mu guha urwaho abahakana bakanapfobya genocide yakorewe abatutsi mu 1994

Leta Y’Ububiligi yaba ifite nyungu ki mu guha urwaho abahakana bakanapfobya genocide yakorewe abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 16 Feb 2018
Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza  zifite inzu zitazwi  zikorerwamo iyicarubozo  ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza zifite inzu zitazwi zikorerwamo iyicarubozo ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Ubwanditsi 30 Aug 2019
Perezida Kagame yitabiriye inama ku bufatanye bwa Afurika n’ibihugu 20 bikize ku Isi

Perezida Kagame yitabiriye inama ku bufatanye bwa Afurika n’ibihugu 20 bikize ku Isi

Ubwanditsi 30 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwanze kugira icyo ruvugana n’abadepite baturutse muri Israel
Mu Rwanda

U Rwanda rwanze kugira icyo ruvugana n’abadepite baturutse muri Israel

Ubwanditsi 11 Feb 2018
“Abagenda bafata abantu bakabita aba –scouts, bakabanyuza mu karere babita aba-scouts kandi ari interahamwe -Kagame
ITOHOZA

“Abagenda bafata abantu bakabita aba –scouts, bakabanyuza mu karere babita aba-scouts kandi ari interahamwe -Kagame

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Perezida Kagame  yongeye kugira icyo avuga kuri manda ye ya gatatu
Mu Mahanga

Perezida Kagame yongeye kugira icyo avuga kuri manda ye ya gatatu

Ubwanditsi 01 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru