• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Bamwe mu banyarwanda bari baragizwe imbohe na CMI muri Uganda batahutse

Ubwanditsi 07 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kuri uyu wa 6 Gashyantare 2019, Polisi ya Uganda yashyikirije u Rwanda abaturage barindwi barimo umugabo umwe, abagore bane n’abana babiri bo mu Ntara y’Amajyaruguru, bari baragizwe imbohe muri Uganda nyuma yo gufatirwa mu nzira kandi bafite ibyangombwa.

Bashyikirijwe  ibiro bishinzwe Abinjira n’Abasohoka ku Mupaka wa Cyanika aho bageze saa Saba z’amanywa.

Aba baturage bari bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kisoro, barekuwe barimo Muhirwa Jean Paul wari umucuruzi muri Kisoro aho yari amaze imyaka itandatu akorera, anahafite umugore bafitanye umwana umwe.

Abagore bane bari kumwe bafashwe ku mugoroba wo ku wa 5 Gashyantare 2019, bakuwe mu modoka ngo kuko batari bafite uruhushya rw’igihe kirekire rubemerera kujya i Kampala, bahita bafungirwa i Kisoro.

Yankurije Florence usanzwe utuye i Bunyoro muri Uganda aho amaze imyaka itanu, yabwiye itangazamakuru ko yatandukanyijwe n’umugabo we bari bafitanye abana babiri.

Ati “Nageze muri Uganda nshakirayo umugabo, nari naje gusura iwacu, bamfashe ndi mu nzira ntaha. Ku mupaka bari bansinyiye ariko tugeze mu nzira badusubiza inyuma.”

Muhirwa Jean Paul utuye muri Burera ariko ukorera akazi k’ubucuruzi muri Uganda yavuze ko yari amaze iminsi itandatu afunze.

Yagize ati “Nafungiwe ko nta byangomwa nari mfite. Bamfashe nje gushaka ibibisimbura hano mu Rwanda. Bambwiye ko bagiye kunjyana mu butabera ndabatakambira mbabwira ko mfite umugore muri Uganda. Banyemereye kundekura hamwe n’abandi Banyarwanda.”

Yavuze ko hari Abanyarwanda benshi bafunzwe kubera ibyangombwa kandi bategereje kuburanishwa.

Yakomeje ati “Abo twari dufunganywe b’Abanya-Uganda batubwiraga ngo Abanyarwanda turi abagome, dufite ubwenge bwinshi.’’

Abagore barimo Namahoro Assouma, Yankurije Florence na Nyiramahirwe Anonciata bari bahawe icyangombwa cy’igihe gito kibemerera kwinjira mu gihugu, bose bafatiwe mu nzira. Barajwe muri gereza, ntibahabwa n’amazi yo kunywa.

Nyiramahirwe Anonciata ufite abana babiri utuye mu Murenge wa Cyanika, yakuwe mu modoka yerekeza i Kampala igeze ahitwa Nyakabande, ajyanwa n’imodoka ya Polisi.

Yagize ati “Bisi zose zageraga Nyakabande zigahagarikwa, hakagira abakurwamo, abandi bagakomeza. Badukuyemo bajya kudufungira i Kisoro, twari abagore 10. Bukeye batwandikiye inyandiko batuzana hano ku mupaka, badushyikiriza u Rwanda.”

“Hari Abanyarwanda bandi basigayemo, twe baturekuye kuko twaciye ku mupaka mu buryo bwemewe n’amategeko. Ubu nahombye amafaranga asaga 7500 Frw nari natanze kuri bisi.”

Yavuze ko Abanyarwanda bafunze bahura n’akaga ko gusabwa amashilingi angana na miliyoni ebyiri, hafi nk’ibihumbi 500 Frw ngo barekurwe.

Si ubwa mbere, Polisi ya Uganda itaye muri yombi, ikanafunga Abanyarwanda b’inzirakarengane bagiye kuhakorera ubushabitsi.

Kuva mu 2017, Abanyarwanda baba muri Uganda batangiye gutabwa muri yombi mu mikwabo itandukanye, bakorerwa iyicarubozo, bamwe bagarurwa mu gihugu binyuranye n’amategeko.

INKURU BIFITANYE ISANO : Agahinda K’abandi Banyarwanda Babiri Bashimutiwe Muri Uganda

Muri Mutarama 2019 Polisi ya Uganda yashyikirije u Rwanda abaturage babiri barimo Kayihura Potien w’imyaka 53 na Tuyiringire Emmanuel w’imyaka 25 bo mu Ntara y’Amajyaruguru. Bagejejwe mu gihugu batanga ubuhamya bw’ihohoterwa bakorewe muri Uganda aho bari bamaze igihe bafungiye, banasabwa ruswa ngo barekurwe.

2019-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusirikare w’u Burundi yafatiwe mpiri muri Congo

Umusirikare w’u Burundi yafatiwe mpiri muri Congo

Ubwanditsi 06 Nov 2018
U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 09 Apr 2021
Uwahoze ari Maneko  mu gisirikare cy’u Burundi  aragaragaza  ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Uwahoze ari Maneko mu gisirikare cy’u Burundi aragaragaza ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Ubwanditsi 09 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC – ICYEGERANYO  : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.
INKURU NYAMUKURU

RNC – ICYEGERANYO : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.

Ubwanditsi 01 Apr 2020
Abamotari bafatanye urumogi mugenzi wabo
Mu Mahanga

Abamotari bafatanye urumogi mugenzi wabo

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro
Amakuru

Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Ubwanditsi 13 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru