• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka

Ku ngengabitekerezo ya parmehutu, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa ni sekuru wagiye aragaruka

Ubwanditsi 24 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abazi neza amateka y’u Rwanda, bazahora bibuka umugabo Dominiko Mbonyumutwa umwe mu “bacurabwenge” b’ingengabitekerezo ya giparimehutu, ari nayo yaje kuvamo”hutupawa” yoretse u Rwanda.

Ikibabaje kurushaho, ni uko na nyuma y’imyaka 36 apfuye, abuzukuru be bakigaragaza urwango bafitiye Abatutsi, bakagoreka amateka bagamije gutoneka ibikomere byasizwe na Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu nyandiko yashyize ku mbuga nkoranyambaga ejo ku cyumweru, Gustave Mbonyumutwa RUHUMURIZA, umwuzukuru wa Dominiko Mbonyumutwa, yabeshye abasomyi ko agamije kugaya abagoreka amateka y’u Rwanda, kandi mu by’ukuri agambiriye kuyahonyora kurushaho.

Mbonyumutwa ntiyemera ko Interahamwe zashyiriweho kurimbura Abatutsi n’abatari bashyigikiye uwo mugambi mutindi.

Uyu mwuzukuru w’abaparmehutu biragaragara ko yonse ingengabitekerezo ya Jenoside akayijuta. Nawe se umuntu uvuga ko Interahamwe rwari urubyiruko rwashyiriweho gusa gucengeza amahame ya MRND, yiyibagije ko Interahamwe zahawe imyitozo ya gisirikari, zigishwa kwica, ku buryo Interahamwe imwe yatojwe kwica nibura abantu 1000 mu isaha imwe, ni ikihe kindi wamutegerezaho uretse kugoreka amateka azwi na buri wese.

Mu buhamya Gen Romeo Dallaire( wayoboraga ingabo za Loni mu Rwanda) yatanze mu Rukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda, yasobanuye ko ayo makuru yayahabwaga n’Interahamwe zamubwiraga buri gihe aho bagejeje imyitozo yo kwica Abatutsi n’abatavuga rumwe na Leta ya Habyarimana.

Ikindi, Perezida Habyarimana ubwe, ubwo yari muri mitingi ya MRND mu Ruhengeri, yavugiye ku mugaragaro ko agiye”kumanukana n’interahamwe bakabonana n’abadashaka MRND”.

Gustave Mbonyumutwa azatubwire icyo Habyarimana n’Interahamwe ze bari kumanuka bagiye gukora.

Uyu mwuzukuru wa parimehutu uvuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yatewe n’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, azabanze asobanure icyo Lehu Mugesera yashakaga kuvuga, ubwo mu mwaka w’1993 yavugiraga ku Kabaya ngo:”Abatutsi tuzabanyuza muri Nyabarongo basubire iwabo muri Abisiniya”.

Harya icyo gihe indege yari yagahanuwe? Abatutsi se bicwa mu Bugesera, mu Bigogwe, Kibirira n’ahandi, iyo ndege bagize urwitwazo yari yagahanuwe?

Mbonyumutwa afata abishwe n’Interahamwe n’abasirikari ba Habyarimana akabashyira ku mutwe wa FPR. Muri abo avugamo ba Nyakwigendera Emmanuel Gapyisi wiciwe i Kigali muw’1993, FPR ikibera ku Murindi, akavugamo Felisiyani Gatabazi warwanyaga cyane ubutegetsi bwa Habyarimana, n’abandi bahigwaga bukware bashinjwa”gukorana n’umwazi “, ariwe FPR.

Azabanze amenye, kandi agire ubutwari bwo kuvuga imbaraga FPR yakoresheje mu kurokora abataravugaga rumwe na Habyarimana, barimo Faustin Twagiramungu, Dismas Nsengiyaremye n’abandi benshi, kandi ni uko yari iyobewe ko bafitanye ibisanira na parimehutu.

Gustave Mbonyumutwa Ruhumuriza aratinyuka akavuga ko Leta y’Abatabazi ntaho ihuriye na Jenoside yakorewe Abatutsi, ko ngo ahubwo iyo Leta yagerageje kuyihagarika bikananirana.

Reka abivuge, ise Shingiro Mbonyumutwa yari akuriye ibiro bya Ministiri w’Intebe wa Leta y’Abatabazi.

Icyo yiyibagiza ariko, ni uko uwo Minisitiri w’Intebe, Yohani Kambanda, yiyemereye imbere y’Urukiko rwa Arusha, ko Leta yari ayoboye yashyize mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Gustave Mbonyumutwa Ruhumuriza asanzwe mu cyitwa Jambo Asbl kiganjemo abakomoka ku bajenosideri.

Intego yabo ya mbere ni ukugira abere ababyeyi babo bahekuye u Rwanda, ariko bakiyibagiza ko amateka ntawe uyavuguruza. “Les faits sont tetus”!

Ese ko icyaha ari gatozi, kuki aba bana bashaka kwizirika ku mahano abo bakomokaho bakoreye Abanyarwanda n’inyokomuntu aho iva ikagera

Abazobereye mu mitekerereze y’abantu, bavuga ko abanyamurwango ba Jambo Asbl babiterwa n’ipfunwe, ariko gukira iryo hungana ntibisaba guhindura no guhonyora amateka yabaye kimenyabose ku isi yose. Bazakomeze bavuge amateshwa, amateka nayo azaca urubanza!

2022-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Uganda yijeje gukurikirana urupfu rw’Umunyarwanda witabye Imana kubera iyicarubozo

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare

Impinduka zitunguranye mu butasi bwa gisirikare

Ubwanditsi 18 Jul 2018
Burundi: Urukiko rwateye utwatsi ibirego by’Amizero y’Abarundi rwemeza ibyavuye muri referandumu

Burundi: Urukiko rwateye utwatsi ibirego by’Amizero y’Abarundi rwemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 01 Jun 2018
Rayon Sports yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023 ishinja FERWAFA imitegurire idahwitse

Rayon Sports yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023 ishinja FERWAFA imitegurire idahwitse

Ubwanditsi 08 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere
Amakuru

Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere

Ubwanditsi 01 Sep 2025
Diamond Wagaragaye Agiye Gusomana na Wema Sepetu yavuze ku mubano bafitanye
SHOWBIZ

Diamond Wagaragaye Agiye Gusomana na Wema Sepetu yavuze ku mubano bafitanye

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda
Mu Rwanda

Umunyarwandakazi Rugwizangoga yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Volkswagen mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru