• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Uburengerazuba: Ibinyabiziga bigiye gusuzumwa imiterere yabyo hifashishiwe imodoka ya Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 11 Sep 2016 Mu Mahanga

Abatunze ibinyabiziga bo mu karere ka Rubavu n’abatuye mu nkengero zako, ibinyabiziga byabo bizasuzumwa imiterere yabyo mu minsi mike iri imbere, kuko imodoka ya Polisi y’u Rwanda isanzwe irimo ibikoresho byose bipima imiterere y’ibinyabiziga izaba iri muri aka karere mu gihe cy’imisi icumi.

Chief Superintendent of Police (CSP) Emmanuel Kalinda uyobora Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gupima imiterere y’ibinyabiziga, yavuze ko iyi modoka irimo ibikoresho byose bipima imiterere y’ibinyabiziga, igenda yoherezwa muri buri Ntara, ikaba yarashyizweho muri gahunda ya Polisi y’u Rwanda yiyemeje kwegereza no guha serivisi nziza abaturage.

Yagize ati:” ku itariki ya 14 Nzeri nibwo iyi modoka izatangira gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga mu Ntara y’I Burengerazuba n’abegeranye naho. Izaba iri mu karere ka Rubavu. Turasaba abatunze ibinyabiziga bo muri iyi Ntara gukoresha neza aya mahirwe babonye bakaza gusuzumisha ibinyabiziga byabo bakamenya imiterere yabyo”.

Iyi modoka irimo ibikoresho bipima imiterere y’ibinyabiziga, yunganira ibindi bigo bya Polisi bisanzwe bikora aka kazi. Ipima imiterere y’ibinyabiziga hirya no hino mu gihugu cyane cyane ariko igafasha abatuye kure y’Umujyi wa Kigali kuko ibasanga iwabo, bityo ikabarinda gukora urugendo rurerure bajya gupimisha imodoka zabo..

CSP Kalinda, yavuze ko iyi modoka ifite ubushobozi bwo gusumuma imodoka ijana buri munsi. Yagize ati:” Intara y’Uburengerazuba ifite imodoka nyinshi zikora ibikorwa bitandukanye by’ubucuruzi. Nk’uko bizwi rero, izi modoka zikorerwa isuzumwa buri mezi atandandu mu mwaka. Kuzizana i Kigali twasanze byabahenda cyane, bityo akaba ariyo mpamvu twahisemo kubegereza iyi serivisi, tujya iwabo gusuzumirayo ibinyabiziga byabo”.

Polisi y’u Rwanda yatangiye gahunda yo gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga mu mwaka w’2008, hakaba haratangiye imirongo ibiri ipima imodoka mu kigo cyayo (MIC) kiri i Remera mu karere ka Gasabo, ku buryo icyo gihe imodoka 150 zapimwaga ku munsi.

Muri iki gihe imodoka zisuzumwa imiterere yazo zariyongereye cyane, kubera ko imirongo isigaye ari itatu, iri mu kigo (MIC) kiri i Remera. Hari kandi imodoka irimo ibikoresho bipima imiterere y’ibinyabiziga ndetse n’undi murongo umwe uri mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda (PTS) riri i Gishali mu karere ka Rwamagana mu Ntara y’I Burasirazuba.

Ubu buryo bwo kwegereza no guha serivisi nziza abaturage bifuza, byagiye byongera

Umubare w’imodoka zisuzumwa. Umwaka ushize imodoka zasuzumwe imiterere yazo ziyongereyeho 27% ugereranyije n’umwaka wari wawubanjirije. Ni ukuvuga ko mu mwaka wa 2015 hasuzumwe imodoka 96, 283 mu gihe mu mwaka w’2014 hari hasuzumwe imodoka 75, 839.

Mu mezi atandatu abanza y’uyu mwaka, imodoka zimaze gukorerwa isuzumwa ry’imiterere yazo ni 152,778. Mu kwezi kw’Ugushyingo uyu mwaka, Polisi y’u Rwanda ifite gahunda yo gushyira indi mirongo ibiri mu kigo cyayo (MIC) kiri i Remera mu karere ka Gasabo, ikaba yiyongera ku yindi isanzwe ikoreshwa. Ibi bikaba byerekana ko umubare w’imodoka zikorerwa isuzumwa uziyongera cyane.

-4022.jpg

2016-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nubwo Leta itaramenyeshwa gahunda y’itabarizwa rya Kigeli, hari icyo yiteguye gukora.

Nubwo Leta itaramenyeshwa gahunda y’itabarizwa rya Kigeli, hari icyo yiteguye gukora.

Ubwanditsi 18 Oct 2016
Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ibyihebe bya RNC ngo bigiye gutangira ibikorwa by’iterabwoba mu mahanga

Ubwanditsi 13 Jun 2024
Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Nyirabayazana y’Urupfu rwa Makuza ( Rwanda Foam )

Ubwanditsi 03 Nov 2016
Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Uburyo 10 bwo gukunda igihugu cyawe

Ubwanditsi 21 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2
Amakuru

Kiyovu SC yafashe umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-0, Marines FC yanyagiwe na Bugesera FC 6-2

Ubwanditsi 06 Dec 2021
Uganda : Umugabo ari mu maboko ya Police azira gusambanya uruhinja rw’amezi 4 abereye se wabo
Mu Rwanda

Uganda : Umugabo ari mu maboko ya Police azira gusambanya uruhinja rw’amezi 4 abereye se wabo

Ubwanditsi 07 Oct 2016
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama
Amakuru

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Ubwanditsi 06 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru