• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kandida Perezida Robert Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine, yafashwe na Polisi arafungwa i Luuka ari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Kandida Perezida Robert Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine, yafashwe na Polisi arafungwa i Luuka ari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Ubwanditsi 18 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 18 Ugushyingo 2020, Polisi yo muri Uganda yataye muri yombi umukandida ku mwanya wa Perezida w’ishyaka ry’ubumwe bw’igihugu (NUP), Robert Kyagulanyi mu karere ka Luuka nyuma yuko bivugwa ko yanze gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid 19 yatanzwe na Leta binyuze muri Komisiyo ishinzwe gutegura amatora.

Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi ku izina rya rya Bobi Wine, ni umunyapolitiki wo muri Uganda, umuririmbyi, umukinnyi, n’umucuruzi. Kuva ku ya 11 Nyakanga 2017, akaba ari umudepite uhagarariye intara ya Kyadondo y’Iburasirazuba mu Karere ka Wakiso muri Uganda.

Polisi yo muri Uganda yashyize amananiza kuri Kyagulanyi n’abamushyigikiye bababuza gukora ibikorwa byo kwiyamamaza ndetse no kwigaragambya. Igihe Bobi Wine yafatwaga, bamwe mu baturage batewemo ibyuka bihumanya kandi biryana mu maso hakaba hari n’umubare utari muto wahakomerekeye cyane muri uwo muvundo. Abashinzwe umutekano babwiye ibinyamakuru bikorera muri Uganda ko basabwe guhagarika imyigaragambyo nyuma yuko abayobozi ba NUP batemeranije na Polisi ku kibazo cy’aho gukorera ibikorwa byo kwiyamamaza ndetse n’ubwinshi bw’abantu.

Bamwe mu bagize itsinda rya Hon. Kyagulanyi baza imbere mu gushyigikira bakomeretse ubwo Polisi yababuzaga imyigaragambyo. Mu bakomeretse harimo Ashraf Kasirye,ushinzwe itangazamakuru na Edward Rodgers Sebuufu ndetse na Eddie Mutwe umwe mu bamurindaga, wagerageje kubuza ifatwa ry’umukandida ku mwanya wa Perezida.

Komisiyo y’amatora y’igihugu yabujije imyigaragambyo maze Polisi ishinja itsinda ry’iyamamaza rya Kyagulanyi kutubahiriza aya mabwiriza bakavuga byanze bikunze bazabiryozwa n’ubwo abaturage nabo bariye karungu bati turambiwe kuyoboreshwa inkoni nk’inka turishakira umukandida wacu nk’uko amavidewo agenda acicikana ku mbuga nkoranyambaga abigaragaza.

Amabwiriza avuga ko ibikorwa byo kwiyamamaza bitagomba kurenza abantu 200 mu gihe iyo Perezida Museveni yiyamamaje barenga n’ibihumbi makumyabiri ariko ntibagire icyo babikoraho. Ndetse n’amatora mu nzego zibanze muri NRM, ishyaka rya Museveni, bagiye barenza uwo mubare.

Kasirye na Mutwe bajyanywe mu bitaro bya Luuka biri hafi kugira ngo bavurwe mu gihe abandi bakomeretse bajyanwe mu bitaro. Abakurikiranira hafi Politike ya Uganda nka Gashumba Frank baribaza amaherezo kuri ibi bikorerwa abayoboke ba Kyagulanyi ni nako hirya no hino muri Uganda nka Masaka ahazwi nko mu Nyendo batangije imyigaragambyo ikomeye baharanira irekurwa rya Kyagulanyi.

Reka dutege amaso iby’iyi demokarasi yo kwa Museveni

2020-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusifuzi w’umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umugore wa mbere uyoboye imikino y’abagabo mu gikombe cya Afurika

Umusifuzi w’umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umugore wa mbere uyoboye imikino y’abagabo mu gikombe cya Afurika

Ubwanditsi 19 Jan 2022
Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Amafoto: APR FC yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Ubwanditsi 19 Apr 2022
Ibyaranze igice kibanza cya shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 kiyobowe na Rayon Sports

Ibyaranze igice kibanza cya shampiyona y’u Rwanda 2024-2025 kiyobowe na Rayon Sports

Ubwanditsi 15 Jan 2025
Iherezo ry”Umutwe wa Kayumba Nyamwasa” ryasembuwe na Raporo y’ impuguke za Loni

Iherezo ry”Umutwe wa Kayumba Nyamwasa” ryasembuwe na Raporo y’ impuguke za Loni

Ubwanditsi 22 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo
Amakuru

Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo

RUSHYASHYA 09 Jun 2026
FDU-Inkingi yashimangiye ko INGABIRE Victoire akiri umuyoboke w’iryo shyaka rikorana na FDLR mu bikorwa by’iterabwoba
Amakuru

FDU-Inkingi yashimangiye ko INGABIRE Victoire akiri umuyoboke w’iryo shyaka rikorana na FDLR mu bikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Nov 2021
Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 
Amakuru

Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Ubwanditsi 20 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru