• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kandida Perezida Robert Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine, yafashwe na Polisi arafungwa i Luuka ari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Kandida Perezida Robert Kyagulanyi Uzwi nka Bobi Wine, yafashwe na Polisi arafungwa i Luuka ari mu bikorwa byo kwiyamamaza

Ubwanditsi 18 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 18 Ugushyingo 2020, Polisi yo muri Uganda yataye muri yombi umukandida ku mwanya wa Perezida w’ishyaka ry’ubumwe bw’igihugu (NUP), Robert Kyagulanyi mu karere ka Luuka nyuma yuko bivugwa ko yanze gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Covid 19 yatanzwe na Leta binyuze muri Komisiyo ishinzwe gutegura amatora.

Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi ku izina rya rya Bobi Wine, ni umunyapolitiki wo muri Uganda, umuririmbyi, umukinnyi, n’umucuruzi. Kuva ku ya 11 Nyakanga 2017, akaba ari umudepite uhagarariye intara ya Kyadondo y’Iburasirazuba mu Karere ka Wakiso muri Uganda.

Polisi yo muri Uganda yashyize amananiza kuri Kyagulanyi n’abamushyigikiye bababuza gukora ibikorwa byo kwiyamamaza ndetse no kwigaragambya. Igihe Bobi Wine yafatwaga, bamwe mu baturage batewemo ibyuka bihumanya kandi biryana mu maso hakaba hari n’umubare utari muto wahakomerekeye cyane muri uwo muvundo. Abashinzwe umutekano babwiye ibinyamakuru bikorera muri Uganda ko basabwe guhagarika imyigaragambyo nyuma yuko abayobozi ba NUP batemeranije na Polisi ku kibazo cy’aho gukorera ibikorwa byo kwiyamamaza ndetse n’ubwinshi bw’abantu.

Bamwe mu bagize itsinda rya Hon. Kyagulanyi baza imbere mu gushyigikira bakomeretse ubwo Polisi yababuzaga imyigaragambyo. Mu bakomeretse harimo Ashraf Kasirye,ushinzwe itangazamakuru na Edward Rodgers Sebuufu ndetse na Eddie Mutwe umwe mu bamurindaga, wagerageje kubuza ifatwa ry’umukandida ku mwanya wa Perezida.

Komisiyo y’amatora y’igihugu yabujije imyigaragambyo maze Polisi ishinja itsinda ry’iyamamaza rya Kyagulanyi kutubahiriza aya mabwiriza bakavuga byanze bikunze bazabiryozwa n’ubwo abaturage nabo bariye karungu bati turambiwe kuyoboreshwa inkoni nk’inka turishakira umukandida wacu nk’uko amavidewo agenda acicikana ku mbuga nkoranyambaga abigaragaza.

Amabwiriza avuga ko ibikorwa byo kwiyamamaza bitagomba kurenza abantu 200 mu gihe iyo Perezida Museveni yiyamamaje barenga n’ibihumbi makumyabiri ariko ntibagire icyo babikoraho. Ndetse n’amatora mu nzego zibanze muri NRM, ishyaka rya Museveni, bagiye barenza uwo mubare.

Kasirye na Mutwe bajyanywe mu bitaro bya Luuka biri hafi kugira ngo bavurwe mu gihe abandi bakomeretse bajyanwe mu bitaro. Abakurikiranira hafi Politike ya Uganda nka Gashumba Frank baribaza amaherezo kuri ibi bikorerwa abayoboke ba Kyagulanyi ni nako hirya no hino muri Uganda nka Masaka ahazwi nko mu Nyendo batangije imyigaragambyo ikomeye baharanira irekurwa rya Kyagulanyi.

Reka dutege amaso iby’iyi demokarasi yo kwa Museveni

2020-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0

Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0

Ubwanditsi 09 Mar 2025
Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru

Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru

Ubwanditsi 16 Jan 2022
Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Ubwanditsi 19 Jul 2020
Nta Muntu Watumye Sankara Kuvugira Abacitse Ku Icumu-Nasigeho

Nta Muntu Watumye Sankara Kuvugira Abacitse Ku Icumu-Nasigeho

Ubwanditsi 19 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye
Amakuru

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

Ubwanditsi 26 Jun 2024
Uruganda  “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019
UBUKUNGU

Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Ubwanditsi 01 Feb 2020
Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda
INKURU NYAMUKURU

Masisi: FARDC iravuga ko yavumbuye ibikoresho bya gisirikare mu rwuri rwa Gen. Laurent Nkunda

Ubwanditsi 15 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru