• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Ubwanditsi 22 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi yemerewe kuyobora kugeza mu 2034 nyuma y’aho kuri uyu wa Mbere, itariki 21 Gicurasi, ibyavuye mu matora ya referandumu yari agamije guhindura itegeko nshinga yemereje ko Abarundi basaga miliyoni 4 batoye ‘Yego’. Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko mu minsi itarenze 3.

Umukuru wa komisiyo y’igihugu y’amatora, Pierre Claver Ndayicariye yemeje ko 73% by’abatoye batoye “Yego” mu matora ya referandumu yo guhindura itegeko nshinga, imyaka ya manda ya perezida ikava ku myaka itanu ikagera ku myaka 7, ndetse hagakurwamo umubare wa manda umukuru w’igihugu yemerewe.

Abagera kuri 19% nibo batoye “Oya” mu gihe Abarundi basaga miliyoni 5 bari biyandikishije ngo bazatore mu matora ya referandumu yabaye kuwa 17 Gicurasi 2018 nk’uko byemezwa n’abayobozi.

Itegeko nshinga rishya ry’u Burundi kandi rizakuramo ingingo ishyiraho ba visi perezida ndetse guverinoma itakaze ingufu nyinshi zikubirwe n’umukuru w’igihugu.

Mbere y’uko aya matora aba, uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi rwari rwatangaje ko rutazemera ibizava muri aya matora kuko ngo atakozwe mu bwisanzure no mu mucyo.

Kuwa gatandatu ushize, Agathon Rwasa, umuyobozi w’ihuriro ry’aba batavuga rumwe n’ubutegetsi, Amizero y’Abarundi,yatangaje ko abashinzwe umutekano bataye muri yombi abayoboke babo bajyaga ku biro by’itora ndetse bagakangisha kwica abantu bazatora Oya nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Mu kiganiro yahaye iki kinyamakuru mpuzamahanga, Agathon Rwasa mbere y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora yari yatangaje ko hari ibimenyetso byinshi bigaragaza uburiganya bwabaye mu matora.

Yagize ati: “Mu biro byinshi by’itora abayobozi benshi bajyagamo bafite izindi mpapuro z’itora zabaga zujujwe cyangwa zigomba kuzuzwa.”

“Abandi benshi babaga bafite ibikapu 15 ndetse n’imisago. Njye niboneye ikesi mu biro by’itora aho, nk’uko biteganywa ko na biro bigomba bigomba kurenza abantu 500, ariko kuri ibi, banditse abasaga 600. Bisobanuye iki niba Atari ikigaragaza uburiganya.?”

Umunyamakuru wa Al Jazeera, Catherine Soi, uri I Bujumbura, akaba yatangaje ko Agathon Rwasa ateganya gutanga ikirego mu minsi itarenze itatu, mu gihe urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rufite iminsi 8 yo kumva ibirego bitemera ibyavuye mu matora rukazatanga umwanzuro.

Uyu munyamakuru akomeza avuga ko nubwo Rwasa agaragara nk’utizeye kuzabona ubutabera binyuze mu nkiko, akomeje guteganya gutanga ubujurire mu rwego rwo kugaragaza ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi batishimiye ibyavuye muri aya matora ngo bigamije gutuma perezida Nkurunziza agundira ubutegetsi.

Ku rundi ruhande, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika nacyo kiratangaza ko amatora ya referandumu yo mu Burundi atabaye mu mucyo ahubwo yaranzwe no guhagarika ibinyamakuru no gutera ubwoba.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko nubwo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bemerewe kwiyamamaza mu gihe cy’ibyumweru bibiri byari biteganyijwe, mu mezi abiri yabanjirije amatora hagaragaye guhohoterwa ku batemera ko itegeko nshinga rihindurwa.

Ibi Amerika igasanga byaratumye amatora aba mu kintu cy’ubwoba, aho iri tangazo rivuga ko nta ndorerezi zigenga zagaragaye mu gutangaza ibyavuye mu matora.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikaba zisaba ishyaka riri ku butegetsi kwisunga Amasezerano ya Pretoria ryashyizeho umukono ryemera kubahiriza Amasezerano ya Arusha harimo kubaha manda z’umukuru w’igihugu . ngo hari n’ingingo kandi zinyuranyije no gusangira ubutegetsi nk’uko byemejwe mu Masezerano ya Arusha.

2018-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RPF : Gen Kabarebe yakomoje ku ibanga ry’Urugamba rw’Inkotanyi n’urupfu rwa Fred Rwigema

RPF : Gen Kabarebe yakomoje ku ibanga ry’Urugamba rw’Inkotanyi n’urupfu rwa Fred Rwigema

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Uwarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, Beatrice Uwera yageneye ubutumwa abashinyaguzi bapfobya Jenoside bigira abayirokotse by’Umwihariko abagize Jambo Asbl

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Ubwanditsi 07 Aug 2020
Gen Mudacumura Sylvestre Yafatanywe Flash Disk Yari Aboheye Mu Ijosi Irimo Amabanga Ya FDLR.

Gen Mudacumura Sylvestre Yafatanywe Flash Disk Yari Aboheye Mu Ijosi Irimo Amabanga Ya FDLR.

Ubwanditsi 18 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 
INKURU NYAMUKURU

Amakuru y’indiri ya Mudacumura yatanzwe n’abasirikari ba Kayumba Nyamwasa bafashwe na FARDC 

Ubwanditsi 20 Sep 2019
Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa yagarutse kuri Radio rutwitsi ya RNC nyuma y’amezi atandatu yemeza ko yavuganaga na Adolphe Nshimirimana, araruca ararumira ku ngabo ze zatikiriye muri Kongo

Ubwanditsi 11 Sep 2019
Mpayimana yemeye ko yatsinzwe amatora, ashimira Kagame wesheje umuhigo
Mu Rwanda

Mpayimana yemeye ko yatsinzwe amatora, ashimira Kagame wesheje umuhigo

Ubwanditsi 05 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru