• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Ubwanditsi 22 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi yemerewe kuyobora kugeza mu 2034 nyuma y’aho kuri uyu wa Mbere, itariki 21 Gicurasi, ibyavuye mu matora ya referandumu yari agamije guhindura itegeko nshinga yemereje ko Abarundi basaga miliyoni 4 batoye ‘Yego’. Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko mu minsi itarenze 3.

Umukuru wa komisiyo y’igihugu y’amatora, Pierre Claver Ndayicariye yemeje ko 73% by’abatoye batoye “Yego” mu matora ya referandumu yo guhindura itegeko nshinga, imyaka ya manda ya perezida ikava ku myaka itanu ikagera ku myaka 7, ndetse hagakurwamo umubare wa manda umukuru w’igihugu yemerewe.

Abagera kuri 19% nibo batoye “Oya” mu gihe Abarundi basaga miliyoni 5 bari biyandikishije ngo bazatore mu matora ya referandumu yabaye kuwa 17 Gicurasi 2018 nk’uko byemezwa n’abayobozi.

Itegeko nshinga rishya ry’u Burundi kandi rizakuramo ingingo ishyiraho ba visi perezida ndetse guverinoma itakaze ingufu nyinshi zikubirwe n’umukuru w’igihugu.

Mbere y’uko aya matora aba, uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi rwari rwatangaje ko rutazemera ibizava muri aya matora kuko ngo atakozwe mu bwisanzure no mu mucyo.

Kuwa gatandatu ushize, Agathon Rwasa, umuyobozi w’ihuriro ry’aba batavuga rumwe n’ubutegetsi, Amizero y’Abarundi,yatangaje ko abashinzwe umutekano bataye muri yombi abayoboke babo bajyaga ku biro by’itora ndetse bagakangisha kwica abantu bazatora Oya nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Mu kiganiro yahaye iki kinyamakuru mpuzamahanga, Agathon Rwasa mbere y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora yari yatangaje ko hari ibimenyetso byinshi bigaragaza uburiganya bwabaye mu matora.

Yagize ati: “Mu biro byinshi by’itora abayobozi benshi bajyagamo bafite izindi mpapuro z’itora zabaga zujujwe cyangwa zigomba kuzuzwa.”

“Abandi benshi babaga bafite ibikapu 15 ndetse n’imisago. Njye niboneye ikesi mu biro by’itora aho, nk’uko biteganywa ko na biro bigomba bigomba kurenza abantu 500, ariko kuri ibi, banditse abasaga 600. Bisobanuye iki niba Atari ikigaragaza uburiganya.?”

Umunyamakuru wa Al Jazeera, Catherine Soi, uri I Bujumbura, akaba yatangaje ko Agathon Rwasa ateganya gutanga ikirego mu minsi itarenze itatu, mu gihe urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rufite iminsi 8 yo kumva ibirego bitemera ibyavuye mu matora rukazatanga umwanzuro.

Uyu munyamakuru akomeza avuga ko nubwo Rwasa agaragara nk’utizeye kuzabona ubutabera binyuze mu nkiko, akomeje guteganya gutanga ubujurire mu rwego rwo kugaragaza ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi batishimiye ibyavuye muri aya matora ngo bigamije gutuma perezida Nkurunziza agundira ubutegetsi.

Ku rundi ruhande, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika nacyo kiratangaza ko amatora ya referandumu yo mu Burundi atabaye mu mucyo ahubwo yaranzwe no guhagarika ibinyamakuru no gutera ubwoba.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko nubwo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bemerewe kwiyamamaza mu gihe cy’ibyumweru bibiri byari biteganyijwe, mu mezi abiri yabanjirije amatora hagaragaye guhohoterwa ku batemera ko itegeko nshinga rihindurwa.

Ibi Amerika igasanga byaratumye amatora aba mu kintu cy’ubwoba, aho iri tangazo rivuga ko nta ndorerezi zigenga zagaragaye mu gutangaza ibyavuye mu matora.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikaba zisaba ishyaka riri ku butegetsi kwisunga Amasezerano ya Pretoria ryashyizeho umukono ryemera kubahiriza Amasezerano ya Arusha harimo kubaha manda z’umukuru w’igihugu . ngo hari n’ingingo kandi zinyuranyije no gusangira ubutegetsi nk’uko byemejwe mu Masezerano ya Arusha.

2018-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.

Nyuma y’iterabwoba rya Perezida Nkurunziza, Agathon Rwasa yatangaje ko guhindura itegeko nshinga ari igitekerezo cy’ umuntu umwe.

Ubwanditsi 19 Dec 2017
Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda

Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2018
Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 19 Jan 2021
Rulindo: Imbaga yitabiriye itangizwa ryo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi

Rulindo: Imbaga yitabiriye itangizwa ryo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 13 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yakuye Alain Adré Landeut ku mwanya w’umutoza mukuru ahabwa izindi nshingano, haritegurwa kwakira umutoza mushya
Amakuru

Kiyovu SC yakuye Alain Adré Landeut ku mwanya w’umutoza mukuru ahabwa izindi nshingano, haritegurwa kwakira umutoza mushya

Ubwanditsi 06 Dec 2022
Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!
Amakuru

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Ubwanditsi 13 May 2024
Umunyarwanda CP Christophe BIZIMUNGU yasimbuye Umufaransa Maj. Pascal CHAMPION ku buyobozi bukuru bw’abapolisi bari mu butumwa bwa Loni muri Santrafrika.
Amakuru

Umunyarwanda CP Christophe BIZIMUNGU yasimbuye Umufaransa Maj. Pascal CHAMPION ku buyobozi bukuru bw’abapolisi bari mu butumwa bwa Loni muri Santrafrika.

Ubwanditsi 29 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru