• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Ubwanditsi 22 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi yemerewe kuyobora kugeza mu 2034 nyuma y’aho kuri uyu wa Mbere, itariki 21 Gicurasi, ibyavuye mu matora ya referandumu yari agamije guhindura itegeko nshinga yemereje ko Abarundi basaga miliyoni 4 batoye ‘Yego’. Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko mu minsi itarenze 3.

Umukuru wa komisiyo y’igihugu y’amatora, Pierre Claver Ndayicariye yemeje ko 73% by’abatoye batoye “Yego” mu matora ya referandumu yo guhindura itegeko nshinga, imyaka ya manda ya perezida ikava ku myaka itanu ikagera ku myaka 7, ndetse hagakurwamo umubare wa manda umukuru w’igihugu yemerewe.

Abagera kuri 19% nibo batoye “Oya” mu gihe Abarundi basaga miliyoni 5 bari biyandikishije ngo bazatore mu matora ya referandumu yabaye kuwa 17 Gicurasi 2018 nk’uko byemezwa n’abayobozi.

Itegeko nshinga rishya ry’u Burundi kandi rizakuramo ingingo ishyiraho ba visi perezida ndetse guverinoma itakaze ingufu nyinshi zikubirwe n’umukuru w’igihugu.

Mbere y’uko aya matora aba, uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi rwari rwatangaje ko rutazemera ibizava muri aya matora kuko ngo atakozwe mu bwisanzure no mu mucyo.

Kuwa gatandatu ushize, Agathon Rwasa, umuyobozi w’ihuriro ry’aba batavuga rumwe n’ubutegetsi, Amizero y’Abarundi,yatangaje ko abashinzwe umutekano bataye muri yombi abayoboke babo bajyaga ku biro by’itora ndetse bagakangisha kwica abantu bazatora Oya nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Mu kiganiro yahaye iki kinyamakuru mpuzamahanga, Agathon Rwasa mbere y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora yari yatangaje ko hari ibimenyetso byinshi bigaragaza uburiganya bwabaye mu matora.

Yagize ati: “Mu biro byinshi by’itora abayobozi benshi bajyagamo bafite izindi mpapuro z’itora zabaga zujujwe cyangwa zigomba kuzuzwa.”

“Abandi benshi babaga bafite ibikapu 15 ndetse n’imisago. Njye niboneye ikesi mu biro by’itora aho, nk’uko biteganywa ko na biro bigomba bigomba kurenza abantu 500, ariko kuri ibi, banditse abasaga 600. Bisobanuye iki niba Atari ikigaragaza uburiganya.?”

Umunyamakuru wa Al Jazeera, Catherine Soi, uri I Bujumbura, akaba yatangaje ko Agathon Rwasa ateganya gutanga ikirego mu minsi itarenze itatu, mu gihe urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga rufite iminsi 8 yo kumva ibirego bitemera ibyavuye mu matora rukazatanga umwanzuro.

Uyu munyamakuru akomeza avuga ko nubwo Rwasa agaragara nk’utizeye kuzabona ubutabera binyuze mu nkiko, akomeje guteganya gutanga ubujurire mu rwego rwo kugaragaza ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi batishimiye ibyavuye muri aya matora ngo bigamije gutuma perezida Nkurunziza agundira ubutegetsi.

Ku rundi ruhande, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika nacyo kiratangaza ko amatora ya referandumu yo mu Burundi atabaye mu mucyo ahubwo yaranzwe no guhagarika ibinyamakuru no gutera ubwoba.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko nubwo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bemerewe kwiyamamaza mu gihe cy’ibyumweru bibiri byari biteganyijwe, mu mezi abiri yabanjirije amatora hagaragaye guhohoterwa ku batemera ko itegeko nshinga rihindurwa.

Ibi Amerika igasanga byaratumye amatora aba mu kintu cy’ubwoba, aho iri tangazo rivuga ko nta ndorerezi zigenga zagaragaye mu gutangaza ibyavuye mu matora.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikaba zisaba ishyaka riri ku butegetsi kwisunga Amasezerano ya Pretoria ryashyizeho umukono ryemera kubahiriza Amasezerano ya Arusha harimo kubaha manda z’umukuru w’igihugu . ngo hari n’ingingo kandi zinyuranyije no gusangira ubutegetsi nk’uko byemejwe mu Masezerano ya Arusha.

2018-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Serge Ndayizeye afite imiziro yo kudakora muri Amerika kubera guhamwa n’ubujura, menya kandi impamvu asingiza Kayumba Nyamwasa kuri Radiyo akamutuka hanze yayo

Serge Ndayizeye afite imiziro yo kudakora muri Amerika kubera guhamwa n’ubujura, menya kandi impamvu asingiza Kayumba Nyamwasa kuri Radiyo akamutuka hanze yayo

Ubwanditsi 15 Jun 2020
Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ubwanditsi 20 Sep 2023
Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

Ruharwa Claude Muhayimana yasabiwe igifungo cy’imyaka 15

RUSHYASHYA 27 Feb 2026
Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Ubwanditsi 20 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

” Ubushotoranyi bw’u Burundi, Uganda na Congo ku Rwanda: Ibisinde bizahitana uwabirimye “-Marc
INKURU NYAMUKURU

” Ubushotoranyi bw’u Burundi, Uganda na Congo ku Rwanda: Ibisinde bizahitana uwabirimye “-Marc

Ubwanditsi 19 Dec 2018
Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu
ITOHOZA

Amateka akomeye y’umusirikare w’umugore wafotowe ateruye umwana mu kubohora igihugu

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 26 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru