• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kidumu atewe ipfunwe n’imva ya Christophe Matata wishwe na Col. Karegeya muri Afrika y’epfo.

Kidumu atewe ipfunwe n’imva ya Christophe Matata wishwe na Col. Karegeya muri Afrika y’epfo.

Ubwanditsi 23 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi w’Umurundi Nimbona Jean Pierre [Kidumu] yagaragaje ko atewe ipfunwe no kuba imva ya mugenzi we Christophe Matata yararengewe n’ibigunda nyamara hari abantu benshi babanye.

Tariki 03 Mutarama 2011 nibwo umuhanzi w’Umurundi wari ufite n’abakunzi benshi mu Rwanda, Christopher Matata, yitabye Imana aguye mu bitaro bya Cape Town muri Afurika y’Epfo.

Yapfuye amaze igihe gito agejejwe mu bitaro aho yazize uburwayi yari afite mu gihaha cy’ibumoso.

Andrew Mwenda, washinze akaba anayobora ikinyamakuru The Independent Magazine, yari inshuti ya bugufi na Patrick Karegeya, ndetse yari azi na Matata  nk’umunyamakuru yagiranye ibiganiro bitandukanye  na Col. Karegeya kuva akiyobora urwego rw’ubutasi na nyuma yo gukurwa kuri uwo mwanya.

Andrew Mwenda, agaruka kenshi k’urupfu rwa Christophe Matata ati : Hari umugabo witwa Jean Christophe Matata, wari umuhanzi mu Rwanda no mu Burundi, yagiye muri Afurika y’Epfo (muri 2011) apfira muri hoteli, wari ubizi? Yahise apfa nyuma y’igitaramo i Capetown. Ariko sinzi niba abantu barakurikiye amakuru kuko byagaragaye ko Matata yageze i Capetown akahabona umukobwa mwiza uturuka i Burundi, amujyana kuri hoteli barishimisha. Byaje guhindukira kuri uyu mukobwa wari inshuti ya Karegeya kuko uyu yohereje uyu mukobwa n’umugabo witwa Antwa bashyira ikinini mu kinyobwa cye. Yanyoyeho asubira i Capetown mu gitaramo; agarutse avuye mu gitaramo ahita ashiramo umwuka nyuma y’aho ingingo ze nyinshi zinaniriwe gukora.”

Mwenda akomeza avuga ko mu minsi ishize inkuru y’uko Karegeya yicishije Matata yabaye kimomo kuri internet kubera ko uyu mukobwa w’Umurundikazi yasubiye i Burundi avuga uko byose byagenze, ukuntu Karegeya ari we wamuhaye ikinini bashyize mu kinyobwa cya Matata wari umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda no mu Burundi, ati: “Utekereza ko umuryango wa Matata utagira inyungu mu rupfu rwa Karegeya?”

Mwenda akomeza avuga ko mbere yo gucira uwo ari we wese urubanza, abanyamakuru bakagombye kwibaza abantu baba bafite inyungu mu rupfu rwa Karegeya.

Agira ati: “Kuri internet hose abantu bari gushinja Kagame, njye bingaragarira ko umuntu wagombaga guhomba Karegeya yapfuye ari Kagame. Ni ukuvuga ko yari afite inyungu nke mu kwica Karegeya kuko iyo abikora buri wese yari kumushinja.”

Tariki ya 13 Mutarama 2011 nibwo  Matata yashyinguwe mu irimbi rya Mpanda mu Burengerazuba bw’Umujyi wa Bujumbura.

Yaherekejwe mu cyubahiro kitigeze gihabwa n’undi muhanzi uwo ari we wese mu Burundi dore ko mu kumushyingura hari abayobozi batandukanye ndetse n’isanduku ye ikaba yari itwikirijwe ibendera ry’igihugu.

Imyaka icyenda irashize, uyu muririmbyi wafatwaga nk’intwari mu gihugu cye atakiri ku Isi y’abazima.

Imva ya Jean Christophe Matata washyinguwe mu cyubahiro kidasanzwe yari imaze iminsi yararengewe n’ibihuru nk’uko byagaragaye mu mashusho Kidumu yashyize ku rukuta rwe rwa Facebook.

Aya mashusho agaragaza abagabo batema ibihuru byari byarayirengeye n’umugore akubura impande yayo, aho bari bamaze guharura. Ahari hashyizwe ifoto ya nyakwigendera yavuyemo.

IGIHE cyatangaje ko Kidumu yashimiye ababikoze, agaragaza ko atewe ikimwaro no kuba imva ya Matata wababaje benshi ubwo yapfaga itarigeze yitabwaho ngo akomeze guhabwa icyubahiro nk’icyo yashyinguranywe.

Christophe Matata yitabye Imana afite imyaka 50. Yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye zirimo “Amaso Akunda’, “Nyaranja”, “Mukobwa Ndagowe”, “N’inyagasambu Rirarema” n’izindi nyinshi.

Christophe Matata yari umuhanzi ukunzwe na benshi

Kidumu yasabye imbabazi Christophe Matata

2019-04-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Ubwanditsi 22 Mar 2022
Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Nta kibabaza nko kubona urubyiruko rutageze ku ntumbero kubera kubura amahirwe –Kagame

Ubwanditsi 25 Sep 2018
Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame

Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?
INKURU NYAMUKURU

Umurundi n’Abanye-Congo bazanywe mu Rwanda bageze muri FDLR bate ?

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Ngo akabi gasekwa nk’akeza !!!!
Mu Mahanga

Ngo akabi gasekwa nk’akeza !!!!

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Abadepite ba Uganda bahawe abasirikare ba mudahusha bo kubarinda
HIRYA NO HINO

Abadepite ba Uganda bahawe abasirikare ba mudahusha bo kubarinda

Ubwanditsi 12 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru