• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Finland: Pasiteri Jerome Nyandwi, aravuga ko ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho ko agambanira U Rwanda
Pasiteri Jerome Nyandwi na Bishop Rugagi Innocent

Finland: Pasiteri Jerome Nyandwi, aravuga ko ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho ko agambanira U Rwanda

Ubwanditsi 08 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu ibaruwa yandikiye urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC)  Rushyashya ifitiye kopi, Pasiteri Jerome Umunyarwanda uba mu gihigu cya Finland yagaragaje ko ibyo twamwanditseho ataribyo ko ahubwo byamwangirije isura no kumutesha agaciro k’umurimo akora.

Akomeza anyomoza amakuru yamuvuzweho ko afasha abantu guhunga igihugu, kubafasha kwaka ubuhunzi, kugirana ubucuti bwihariye n’umugore wa Lt Mutabazi no kuba yarafunguranye itorero ngo n’umugabo witwa Nyamuhombeza Ombe.

Kuri iki kibazo Pasiteri Jerome aragira ati : Twebwe abanyarwanda tuba hano muri Finland twuhaba  igihugu cyacu cyu Rwanda kituzi kuko dufite aho tubarizwa muri ( RCFF) Rwandan community in Finland and friends . Dufite ubuyobozi buzwi n’igihugu.  Ikindi nitabira ibikorwa bya leta uko bikwiriye nk’amatora yaba aya Perezida ndetse nay’abadepite mba ku iliste y’amatora. Ikindi  mfatanya n’abandi kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, by’umwihariko twibuka ku nshuro ya 24 nijye watangije uwo muhango nsengera  inzirakarengane zazize Jenoside.

Pasiteri Jerome Nyandwi

Pasiteri Jorome mu ibaruwa ye agaragaza ko yitabira ibikorwa bya Leta,agira ati : Umuhango wo gusangira  umuganura  wabaye kuwa 26 Kanama 2017, wabereye hano  muri Finland ndi mu bawuteguye, uyu mwaka  dushoje [ 2018 ] wabereye Norway. Twakira Ambassador mushya uhagarariye u Rwanda muri scandinavia ndi mu bamwakiriye.

Naho ku kibazo cy’ubucuti bwe na  Bishop Rugagi  Innocent, washyizwe muri iyi nkuru, Pasiteri Jerome aragira ati : Si ubwambere adusuye kandi yakoze umurimo w’Imana neza Imana imukoresha ibitangaza abarwayi barakira,  kumva ngo arahunze arahunga iki ? arahunga amahoro se ?  Twese dukunda igihugu cyacu URwanda n’umbyeyi wacu ibyo kuvuga ngo turacyanga abashatse kwigira shyashya ntawanga umubyeyi we.

Pasiteri Jerome akomeza  ati : Sinzigera nkorana n’abanga igihugu cyanjye, sinzigera nkivuga nabi ibyo nkora birazwi bifitiye abanyarwada akamaro, ubirwanya we yaba adafite umutima wa kimuntu, twamusaba guhinduka akarangwa no kugira ubumuntu no kugira umutima wagipfura.

Pasiteri avuga ko iyi nkuru yabanje gukwirakwizwa n’umuntu wafunguye facebook yiyita Viateur Ndimubanzi ayifungura ariyo nkuru gusa ayifunguriye ahita atanga ayo makuru kuma whatsapp arangije ahita afunga facebook kandi yayifunguriye muri Finland, pasiteri yemeza ko uwo muntu azwi.

Mu kiganiro kigufi Pasiteri Jorome ari muri Finland, yagiranye na Rushyashya kuri telephone yahakanye aya makuru ndetse yemeza ko ari ikibazo kiri mu muryango we cyane cyane umwana abereye nyirarume ukomeje ku muharabika.

Mu bucukumbuzi bwacu twasanze koko Pasiteri Jerome ntaho ahuriye na bimwe mu bimuvugwaho nk’uko  kandi byemezwa  n’abantu batandukanye Rushyashya yaganiriye nabo, tukaba dukomeje gukurikirana.

2019-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo

U Burundi ngo bwaba buteganya kuvana abadepite babwo muri EALA kubera itorwa ry’umunyarwanda Martin Ngoga ku buyobozi bwayo

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza

Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza

Ubwanditsi 05 Jun 2019
Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Ubwanditsi 30 May 2019
Bishop Rugagi  yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda

Bishop Rugagi yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Josiane
    February 6, 201912:01 pm -

    Turagukunda pastor jerome , ntaribi

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa
IKORANABUHANGA

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Nakundaniye n’umugabo kuri Facebook antera inda nzi ko tuzabana, nasanze afite umugore n’abana 3- NKORE IKI?
SHOWBIZ

Nakundaniye n’umugabo kuri Facebook antera inda nzi ko tuzabana, nasanze afite umugore n’abana 3- NKORE IKI?

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Kenya: Urukukiko rw’ikirenga rwemeje bidasubirwaho itorwa rya Uhuru Kenyatta
INKURU NYAMUKURU

Kenya: Urukukiko rw’ikirenga rwemeje bidasubirwaho itorwa rya Uhuru Kenyatta

Ubwanditsi 20 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru