• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Finland: Pasiteri Jerome Nyandwi, aravuga ko ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho ko agambanira U Rwanda
Pasiteri Jerome Nyandwi na Bishop Rugagi Innocent

Finland: Pasiteri Jerome Nyandwi, aravuga ko ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho ko agambanira U Rwanda

Ubwanditsi 08 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu ibaruwa yandikiye urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC)  Rushyashya ifitiye kopi, Pasiteri Jerome Umunyarwanda uba mu gihigu cya Finland yagaragaje ko ibyo twamwanditseho ataribyo ko ahubwo byamwangirije isura no kumutesha agaciro k’umurimo akora.

Akomeza anyomoza amakuru yamuvuzweho ko afasha abantu guhunga igihugu, kubafasha kwaka ubuhunzi, kugirana ubucuti bwihariye n’umugore wa Lt Mutabazi no kuba yarafunguranye itorero ngo n’umugabo witwa Nyamuhombeza Ombe.

Kuri iki kibazo Pasiteri Jerome aragira ati : Twebwe abanyarwanda tuba hano muri Finland twuhaba  igihugu cyacu cyu Rwanda kituzi kuko dufite aho tubarizwa muri ( RCFF) Rwandan community in Finland and friends . Dufite ubuyobozi buzwi n’igihugu.  Ikindi nitabira ibikorwa bya leta uko bikwiriye nk’amatora yaba aya Perezida ndetse nay’abadepite mba ku iliste y’amatora. Ikindi  mfatanya n’abandi kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, by’umwihariko twibuka ku nshuro ya 24 nijye watangije uwo muhango nsengera  inzirakarengane zazize Jenoside.

Pasiteri Jerome Nyandwi

Pasiteri Jorome mu ibaruwa ye agaragaza ko yitabira ibikorwa bya Leta,agira ati : Umuhango wo gusangira  umuganura  wabaye kuwa 26 Kanama 2017, wabereye hano  muri Finland ndi mu bawuteguye, uyu mwaka  dushoje [ 2018 ] wabereye Norway. Twakira Ambassador mushya uhagarariye u Rwanda muri scandinavia ndi mu bamwakiriye.

Naho ku kibazo cy’ubucuti bwe na  Bishop Rugagi  Innocent, washyizwe muri iyi nkuru, Pasiteri Jerome aragira ati : Si ubwambere adusuye kandi yakoze umurimo w’Imana neza Imana imukoresha ibitangaza abarwayi barakira,  kumva ngo arahunze arahunga iki ? arahunga amahoro se ?  Twese dukunda igihugu cyacu URwanda n’umbyeyi wacu ibyo kuvuga ngo turacyanga abashatse kwigira shyashya ntawanga umubyeyi we.

Pasiteri Jerome akomeza  ati : Sinzigera nkorana n’abanga igihugu cyanjye, sinzigera nkivuga nabi ibyo nkora birazwi bifitiye abanyarwada akamaro, ubirwanya we yaba adafite umutima wa kimuntu, twamusaba guhinduka akarangwa no kugira ubumuntu no kugira umutima wagipfura.

Pasiteri avuga ko iyi nkuru yabanje gukwirakwizwa n’umuntu wafunguye facebook yiyita Viateur Ndimubanzi ayifungura ariyo nkuru gusa ayifunguriye ahita atanga ayo makuru kuma whatsapp arangije ahita afunga facebook kandi yayifunguriye muri Finland, pasiteri yemeza ko uwo muntu azwi.

Mu kiganiro kigufi Pasiteri Jorome ari muri Finland, yagiranye na Rushyashya kuri telephone yahakanye aya makuru ndetse yemeza ko ari ikibazo kiri mu muryango we cyane cyane umwana abereye nyirarume ukomeje ku muharabika.

Mu bucukumbuzi bwacu twasanze koko Pasiteri Jerome ntaho ahuriye na bimwe mu bimuvugwaho nk’uko  kandi byemezwa  n’abantu batandukanye Rushyashya yaganiriye nabo, tukaba dukomeje gukurikirana.

2019-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe  Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Uganda : Hahishuwe Amakuru Y’impamo Ku Ishingwa Ry’umutwe Wa Gisilikare Wa RNC Ugamije Guhungabanya U Rwanda

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Atworekeye abana mu ntambara: Intimba y’umubyeyi w’Umunye-Congo

Ubwanditsi 11 Nov 2022
Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Apr 2022

Igitekerezo kimwe

  1. Josiane
    February 6, 201912:01 pm -

    Turagukunda pastor jerome , ntaribi

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame ayoboye Inama ya Komisiyo y’Umurongo Mugari wa Internet

Ubwanditsi 07 May 2018
Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.
Amakuru

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Ubwanditsi 09 May 2023
Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa  uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.
Amakuru

Kayumba Nyamwasa akomeje gushinjwa uburozi bwahitanye ikigarasha cyo muri RNC.

Ubwanditsi 10 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru