• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Finland: Pasiteri Jerome Nyandwi, aravuga ko ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho ko agambanira U Rwanda
Pasiteri Jerome Nyandwi na Bishop Rugagi Innocent

Finland: Pasiteri Jerome Nyandwi, aravuga ko ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho ko agambanira U Rwanda

Ubwanditsi 08 Jan 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu ibaruwa yandikiye urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC)  Rushyashya ifitiye kopi, Pasiteri Jerome Umunyarwanda uba mu gihigu cya Finland yagaragaje ko ibyo twamwanditseho ataribyo ko ahubwo byamwangirije isura no kumutesha agaciro k’umurimo akora.

Akomeza anyomoza amakuru yamuvuzweho ko afasha abantu guhunga igihugu, kubafasha kwaka ubuhunzi, kugirana ubucuti bwihariye n’umugore wa Lt Mutabazi no kuba yarafunguranye itorero ngo n’umugabo witwa Nyamuhombeza Ombe.

Kuri iki kibazo Pasiteri Jerome aragira ati : Twebwe abanyarwanda tuba hano muri Finland twuhaba  igihugu cyacu cyu Rwanda kituzi kuko dufite aho tubarizwa muri ( RCFF) Rwandan community in Finland and friends . Dufite ubuyobozi buzwi n’igihugu.  Ikindi nitabira ibikorwa bya leta uko bikwiriye nk’amatora yaba aya Perezida ndetse nay’abadepite mba ku iliste y’amatora. Ikindi  mfatanya n’abandi kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, by’umwihariko twibuka ku nshuro ya 24 nijye watangije uwo muhango nsengera  inzirakarengane zazize Jenoside.

Pasiteri Jerome Nyandwi

Pasiteri Jorome mu ibaruwa ye agaragaza ko yitabira ibikorwa bya Leta,agira ati : Umuhango wo gusangira  umuganura  wabaye kuwa 26 Kanama 2017, wabereye hano  muri Finland ndi mu bawuteguye, uyu mwaka  dushoje [ 2018 ] wabereye Norway. Twakira Ambassador mushya uhagarariye u Rwanda muri scandinavia ndi mu bamwakiriye.

Naho ku kibazo cy’ubucuti bwe na  Bishop Rugagi  Innocent, washyizwe muri iyi nkuru, Pasiteri Jerome aragira ati : Si ubwambere adusuye kandi yakoze umurimo w’Imana neza Imana imukoresha ibitangaza abarwayi barakira,  kumva ngo arahunze arahunga iki ? arahunga amahoro se ?  Twese dukunda igihugu cyacu URwanda n’umbyeyi wacu ibyo kuvuga ngo turacyanga abashatse kwigira shyashya ntawanga umubyeyi we.

Pasiteri Jerome akomeza  ati : Sinzigera nkorana n’abanga igihugu cyanjye, sinzigera nkivuga nabi ibyo nkora birazwi bifitiye abanyarwada akamaro, ubirwanya we yaba adafite umutima wa kimuntu, twamusaba guhinduka akarangwa no kugira ubumuntu no kugira umutima wagipfura.

Pasiteri avuga ko iyi nkuru yabanje gukwirakwizwa n’umuntu wafunguye facebook yiyita Viateur Ndimubanzi ayifungura ariyo nkuru gusa ayifunguriye ahita atanga ayo makuru kuma whatsapp arangije ahita afunga facebook kandi yayifunguriye muri Finland, pasiteri yemeza ko uwo muntu azwi.

Mu kiganiro kigufi Pasiteri Jorome ari muri Finland, yagiranye na Rushyashya kuri telephone yahakanye aya makuru ndetse yemeza ko ari ikibazo kiri mu muryango we cyane cyane umwana abereye nyirarume ukomeje ku muharabika.

Mu bucukumbuzi bwacu twasanze koko Pasiteri Jerome ntaho ahuriye na bimwe mu bimuvugwaho nk’uko  kandi byemezwa  n’abantu batandukanye Rushyashya yaganiriye nabo, tukaba dukomeje gukurikirana.

2019-01-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Ubwanditsi 23 Nov 2022
U Rwanda rugiye kwakira indi nama ” Karundura “

U Rwanda rugiye kwakira indi nama ” Karundura “

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Abahoze muri RNC bararyoza Kayumba amaraso y’abanyarwanda akomeje kumenekera Minembwe-RD Congo

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Ikibazo cya FDLR si umubare w’abawugize, ikibazo ni ingengabitekerezo bagenderaho, ibikorwa byabo muri iyi minsi bigaragaza ko bacitse intege” –  Maj Gen Paul Rwarakabije

Ikibazo cya FDLR si umubare w’abawugize, ikibazo ni ingengabitekerezo bagenderaho, ibikorwa byabo muri iyi minsi bigaragaza ko bacitse intege” –  Maj Gen Paul Rwarakabije

Ubwanditsi 14 Oct 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Josiane
    February 6, 201912:01 pm -

    Turagukunda pastor jerome , ntaribi

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nigeria: Umupasiteri yafashwe ataba ibirozi ku ruhimbi, ahita afunganwa n’umuryango we wose!
Mu Rwanda

Nigeria: Umupasiteri yafashwe ataba ibirozi ku ruhimbi, ahita afunganwa n’umuryango we wose!

Ubwanditsi 21 Jun 2017
Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.
Amakuru

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Ubwanditsi 18 Jun 2021
Abo muri “opozisiyo” baharanira kuyobora u Rwanda nabo ubwabo badashoboye kwiyobora
Amakuru

Abo muri “opozisiyo” baharanira kuyobora u Rwanda nabo ubwabo badashoboye kwiyobora

Ubwanditsi 19 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru