• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inama yahuje u Rwanda na Uganda yemeje ko gushyamirana byabereye ku butaka bw’u Rwanda

Inama yahuje u Rwanda na Uganda yemeje ko gushyamirana byabereye ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 27 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Rwanda, ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yagize icyo ivuga ku biherutse gutangazwa na Uganda by’ubushyamirane bwahitanye ubuzima bw’abantu babiri mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki 24 Gicurasi 2019.

Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda rivuga ko iyo Minisiteri yabonye ibaruwa yanditswe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda ku wa 25 Gicurasi 2019, ivuga ko hari ubwicanyi bwabereye ahitwa Kiruhura mu Karere ka Rukiga muri Uganda mu ijoro ryo ku wa 24 Gicurasi 2019.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yavuze ko ibyatangajwe muri iyo baruwa atari byo kuko ikibazo cy’ubushyamirane (incident) cyabereye mu Kagari ka Tabagwe, mu Murenge wa Tabagwe, mu Karere ka Nyagatare, mu Rwanda.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ivuga ko muri iryo joro ryo ku wa gatanu inzego z’umutekano z’u Rwanda zahagaritse umuntu wari winjije mu buryo butemewe ibicuruzwa mu Rwanda abivanye muri Uganda abitwaye kuri moto, abinyujije ahantu hatemewe.

Uwo muntu ngo yanze guhagarara, ahubwo abandi bantu barahurura baza kumutabara bitwaje imipanga, bashaka kugirira nabi izo nzego z’umutekano z’u Rwanda.

Mu kwirwanaho, abashinzwe umutekano ngo bararashe, amasasu afata abantu babiri, ari bo Umunyarwanda Kyerengye John Baptist n’undi witwa Nyesiga Alex waje kwitaba Imana nyuma.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ivuga ko abari bagabye icyo gitero ku nzego z’umutekano z’u Rwanda bahise bambuka umupaka bahungira muri Uganda, bajyana n’abo bantu bari barashwe, bituma abashinzwe umutekano w’u Rwanda batabakurikira.

Mu guhunga kwabo ngo basize inyuma moto ifite Pulake (Plaque) RE 736 G n’ibicuruzwa yari yikoreye byari byinjijwe mu Rwanda mu buryo butemewe.

Ku wa gatandatu tariki 25 Gicurasi 2019, icyo kibazo cyaganiriweho hagati y’abahagarariye impande zombi, u Rwanda na Uganda, ibiganiro bibera ku mupaka uhuza ibihugu byombi.

U Rwanda rwari ruhagarariwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien, naho Uganda yo ikaba yari ihagarariwe n’abayobozi mu Karere ka Rukiga barimo uwitwa Alex Kampikaho. Iyo nama kandi yari irimo n’abahagarariye inzego z’umutekano ku mpande z’ibihugu byombi.

Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda rivuga ko iyo nama yemeje ko ubushyamirane bwabereye ku butaka bw’u Rwanda.

Muri iryo tangazo, Guverinoma y’u Rwanda, ivuga ko yababajwe n’urupfu rw’abo baturage b’ibihugu byombi, ikaba yiteguye kwakira umurambo w’uwo munyarwanda uri muri Uganda. Guverinoma y’u Rwanda kandi izakomeza guharanira umubano mwiza hagati y’abaturage b’u Rwanda na Uganda, by’umwihariko abatuye ku mupaka w’ibihugu byombi.

Guverinoma y’u Rwanda yaboneyeho no gusaba ko habaho ubufatanye mu guhangana n’ibyaha byambukiranya imipaka.

Polisi y’u Rwanda na yo ibinyujije mu itangazo ryo ku wa gatandatu tariki 25 Gicurasi 2019, yabeshyuje amakuru akubiye mu itangazo ryashyizwe ahabona n’umuvugizi wa Polisi ya Uganda na bimwe mu bitangazamakuru byavugaga ko inzego z’umutekano zavogereye igihugu cya Uganda zikurikiranyeyo abo bantu.

Itangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, rivuga ko inzego z’umutekano z’u Rwanda zizakomeza gukora kinyamwuga nk’uko ari byo bisanzwe bizirangwaho.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera, na we, abinyujije kuri Twitter, yavuze ko nta bashinzwe umutekano b’u Rwanda bambutse umupaka.

Iri ni ryo tangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda:

2019-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Umujyanama wa Perezida Museveni bamusanze mu nzu yapfuye

Umujyanama wa Perezida Museveni bamusanze mu nzu yapfuye

Ubwanditsi 08 Jan 2018
Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?

Kuki Perezida Tshisekedi atabona ko gushyigikira Interahamwe bitazamuhira nk’uko bitahiriye n’abamubanjirije ku butegetsi?

Ubwanditsi 28 Nov 2022
Gen Kabarebe avuga ko Kayumba yananiranywe na RPF kuko yifuzaga gusahura no kwica

Gen Kabarebe avuga ko Kayumba yananiranywe na RPF kuko yifuzaga gusahura no kwica

Ubwanditsi 04 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes
Amakuru

GANZA TV: Abakunzi ba Filime Mpuzamahanga bashyizwe igorora kuri Startimes

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo
Amakuru

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ubwanditsi 04 Apr 2024
Bitewe n’umuganda rusange uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, Kiyovu Sports yasubitse inteko rusange iyishyira mu ntangiriro z’Ukwakira 2022
Amakuru

Bitewe n’umuganda rusange uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, Kiyovu Sports yasubitse inteko rusange iyishyira mu ntangiriro z’Ukwakira 2022

Ubwanditsi 20 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru