• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inama yahuje u Rwanda na Uganda yemeje ko gushyamirana byabereye ku butaka bw’u Rwanda

Inama yahuje u Rwanda na Uganda yemeje ko gushyamirana byabereye ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 27 May 2019 INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Rwanda, ibinyujije muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yagize icyo ivuga ku biherutse gutangazwa na Uganda by’ubushyamirane bwahitanye ubuzima bw’abantu babiri mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki 24 Gicurasi 2019.

Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda rivuga ko iyo Minisiteri yabonye ibaruwa yanditswe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda ku wa 25 Gicurasi 2019, ivuga ko hari ubwicanyi bwabereye ahitwa Kiruhura mu Karere ka Rukiga muri Uganda mu ijoro ryo ku wa 24 Gicurasi 2019.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yavuze ko ibyatangajwe muri iyo baruwa atari byo kuko ikibazo cy’ubushyamirane (incident) cyabereye mu Kagari ka Tabagwe, mu Murenge wa Tabagwe, mu Karere ka Nyagatare, mu Rwanda.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ivuga ko muri iryo joro ryo ku wa gatanu inzego z’umutekano z’u Rwanda zahagaritse umuntu wari winjije mu buryo butemewe ibicuruzwa mu Rwanda abivanye muri Uganda abitwaye kuri moto, abinyujije ahantu hatemewe.

Uwo muntu ngo yanze guhagarara, ahubwo abandi bantu barahurura baza kumutabara bitwaje imipanga, bashaka kugirira nabi izo nzego z’umutekano z’u Rwanda.

Mu kwirwanaho, abashinzwe umutekano ngo bararashe, amasasu afata abantu babiri, ari bo Umunyarwanda Kyerengye John Baptist n’undi witwa Nyesiga Alex waje kwitaba Imana nyuma.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ivuga ko abari bagabye icyo gitero ku nzego z’umutekano z’u Rwanda bahise bambuka umupaka bahungira muri Uganda, bajyana n’abo bantu bari barashwe, bituma abashinzwe umutekano w’u Rwanda batabakurikira.

Mu guhunga kwabo ngo basize inyuma moto ifite Pulake (Plaque) RE 736 G n’ibicuruzwa yari yikoreye byari byinjijwe mu Rwanda mu buryo butemewe.

Ku wa gatandatu tariki 25 Gicurasi 2019, icyo kibazo cyaganiriweho hagati y’abahagarariye impande zombi, u Rwanda na Uganda, ibiganiro bibera ku mupaka uhuza ibihugu byombi.

U Rwanda rwari ruhagarariwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien, naho Uganda yo ikaba yari ihagarariwe n’abayobozi mu Karere ka Rukiga barimo uwitwa Alex Kampikaho. Iyo nama kandi yari irimo n’abahagarariye inzego z’umutekano ku mpande z’ibihugu byombi.

Itangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda rivuga ko iyo nama yemeje ko ubushyamirane bwabereye ku butaka bw’u Rwanda.

Muri iryo tangazo, Guverinoma y’u Rwanda, ivuga ko yababajwe n’urupfu rw’abo baturage b’ibihugu byombi, ikaba yiteguye kwakira umurambo w’uwo munyarwanda uri muri Uganda. Guverinoma y’u Rwanda kandi izakomeza guharanira umubano mwiza hagati y’abaturage b’u Rwanda na Uganda, by’umwihariko abatuye ku mupaka w’ibihugu byombi.

Guverinoma y’u Rwanda yaboneyeho no gusaba ko habaho ubufatanye mu guhangana n’ibyaha byambukiranya imipaka.

Polisi y’u Rwanda na yo ibinyujije mu itangazo ryo ku wa gatandatu tariki 25 Gicurasi 2019, yabeshyuje amakuru akubiye mu itangazo ryashyizwe ahabona n’umuvugizi wa Polisi ya Uganda na bimwe mu bitangazamakuru byavugaga ko inzego z’umutekano zavogereye igihugu cya Uganda zikurikiranyeyo abo bantu.

Itangazo ryashyizweho umukono n’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, rivuga ko inzego z’umutekano z’u Rwanda zizakomeza gukora kinyamwuga nk’uko ari byo bisanzwe bizirangwaho.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera, na we, abinyujije kuri Twitter, yavuze ko nta bashinzwe umutekano b’u Rwanda bambutse umupaka.

Iri ni ryo tangazo rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda:

2019-05-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Ubwanditsi 17 Nov 2024
FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

Ubwanditsi 01 Mar 2018
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 26 Mar 2020
Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

RUSHYASHYA 23 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero
HIRYA NO HINO

Urugo rwa Gen Masunzu rwagabweho igitero

Ubwanditsi 27 Jan 2018
Gen. Dallaire yongeye gukomoza ku mahanga yareberega nyamara Abatutsi barimo kwicwa mu Rwanda
ITOHOZA

Gen. Dallaire yongeye gukomoza ku mahanga yareberega nyamara Abatutsi barimo kwicwa mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2017
Uganda yongeye gutangaza ko yiteguye intambara n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda yongeye gutangaza ko yiteguye intambara n’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru