• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Ubwanditsi 15 Sep 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yitabiriye inama y’Abakuru b’ ibihugu na za guverinoma z’ ibihugu bigize Umuryango wa G77 hamwe n’u Bushinwa.

Ni inama yiga ku bibazo bitandukanye byugarije isi, by’ umwihariko ibihugu biri mu nzira y’iterambere byiganjemo ubukene, ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere n’ibindi.

Agikandagira ku butaka bw’umurwa mukuru wa Cuba, Havana, Perezida Kagame yagaragaje ko ari ibyishimo kuri we gusubirayo nyuma y’imyaka igera muri 36 ahavuye.

Yagize ati “Mbere ya byose, nishimiye cyane kuba natumiwe mu nama ibera hano i Havana muri Cuba, kuri jye, kuza i Havana muri Cuba ni ikintu cy’urwibutso rukomeye,kuko nari muri iki gihugu mu 1986 hagana mu 1987. Bivuze imyaka 36 ishize, nari umu ofisiye muto nkorera igihugu cyari cyarancumbikiye ari cyo Uganda nari hano mu mahugurwa yari yarahawe abanyafrika benshi. Ku bw’iyo mpamvu, ndanezerewe n’ubwo hari haciyeho igihe kirekire, kandi nje kwitabira iyi nama y’abakuru b’ibihugu.”

Perezida Kagame yitabiriye iyi nama ihuza abayobozi b’ ibihugu bisaga 130 byo hirya no hino ku isi bikiri mu nzira y’amajyambere.

Iyi nama irabera mu gihugu cya Cuba ikaba igamije gushakira umuti ibibazo binyuranye byugarije isi n’ibi bihugu by’umwihariko. Ni inama ifite insanganyamatsiko igaruka ku ruhare rw’ubumenyi, ikoranabuhanga no guhanga udushya mu iterambere.

Ni inama iteranye mu gihe isi yugarijwe n’ibibazo byiganjemo imihindagurikire y’ikirere, intambara n’amakimbirane hagati y’ibihugu no mu bihugu imbere.

Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres ashishikariza ibihugu kwita ku ntego z’Umuryango w’Abibumbye za 2030 zigamije kurwanya ubukene, inzara no guhangana n’ ikibazo cy’imihindagurikire y’ikirere.

G77 ni ihuriro ryatangijwe n’ibihugu 77 biri mu nzira y’ iterambere byo ku migabane ya Afurika, Asia na Amerika y’Epfo hagamijwe kugira ijwi rimwe ku bibazo bitandukanye ahanini bishingiye ku bukungu. Uyu munsi iri huriro rifite abanyamuryango 134 batuwe n’abarenga 80 by’abatuye isi bose, ndetse akaba ari na wo muryango uhuza ibihugu byinshi mu Muryango w’Abibumbye.


2023-09-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya: Odinga yivanye mu matora bitunguranye

Kenya: Odinga yivanye mu matora bitunguranye

Ubwanditsi 10 Oct 2017
Karongi: Abaturage barasabwa kugira uruhare mu gukumira ubujura bwa mazutu y’isosiyeti ikora umuhanda

Karongi: Abaturage barasabwa kugira uruhare mu gukumira ubujura bwa mazutu y’isosiyeti ikora umuhanda

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

Abasirikare b’u Burundi muri RDC baratabaza: ubukene n’umwanda birabugarije

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Icyo Michaëlle Jean avuga ku kuba Mushikiwabo bahanganye ahabwa amahirwe yo kuyobora OIF

Icyo Michaëlle Jean avuga ku kuba Mushikiwabo bahanganye ahabwa amahirwe yo kuyobora OIF

Ubwanditsi 05 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Cyamunara, amanyanga no kugambanira imitungo y’Abaturage mu ma Banki,  bikomeje kuzambya ubukungu bw’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Cyamunara, amanyanga no kugambanira imitungo y’Abaturage mu ma Banki, bikomeje kuzambya ubukungu bw’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Dec 2019
Kiyovu SC yasezerewe na Gorilla FC, Rayon Sports itsinda Interforce FC mu mikino ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Kiyovu SC yasezerewe na Gorilla FC, Rayon Sports itsinda Interforce FC mu mikino ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 23 Jan 2024
Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.
Amakuru

Ubuhamya bw’abana Rusesabagina yashoye mu ntambara, n’akaga bahuriye nako mu mashyamba ya Kongo, ni ikindi kimenyetso cy’umunyamaswa bw’abiyita ko barwanya u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru