• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Ubwanditsi 04 Feb 2016 Mu Mahanga

​Kuri uyu wa gatatu, tariki ya 3 Gashyantare, Polisi y’ u Rwanda yashyikirije imodoka umugabo w’umugande, witwa Kananura Ndizeye Moses, yari yaribiwe mu gihugu cya Uganda, nyuma ikaza gufatirwa mu Rwanda mu Kuboza k’umwaka ushize

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa, yavuze ko iyi modoka yo mu bwoko bwa Posh MarkX, ifite UAN 400C, yafashwe tariki ya 31 Ukuboza umwaka ushize, ifatirwa ku mupaka wa Gatuna abari bayitwaye bagerageza kuyizana mu Rwanda.

Polisi Mpuzamahanga (Interpol) nyuma yo kumenya ko iyi modoka yibwe, ari iyo mu gihugu cy’ u Buyapani yahise isohora inyandiko ziyifata.

ACP Twahirwa yagize ati, “Tukimara gufata iyi modoka twamenyesheje inzego bireba mu gihugu cy’u Buyapani na Uganda, tumaze kugirana ibiganiro n’izi nzego cyane mu Buyapani aho bivugwa ko iyi modoka yibwe, twemeranijwe ko iyi modoka isubizwa Kananura wari wayiguze, dore ko we ari nta cyaha na kimwe cy’ubujura yari akurikiranyweho.”

Nyuma yo gusubizwa iyi modoka, Kananura yashimiye ubushishozi ndetse n’ubunyamwuga bwa Polisi y’u Rwanda, ndetse n’imbaraga yakoresheje itahura iyi modoka, aho yavuze ko yari yayiguze mu gihugu cya Uganda ku madolari y’Amerika ibihumbi 15.

Uyu mugabo yagize ati: “N’ubwo nari ntunze iyi modoka ntabwo nigeze menya ko ari injurano, ibi nkaba narabimenye ngeze ku mupaka wa Gatuna ku ruhande rw’u Rwanda aho namenyeshejwe ko iyi modoka ishakishwa na Polisi mpuzamahanga kuko ngo yari injurano.”

Yakomeje agira ati, “Hejuru y’ibi byose ariko, ndagira ngo nshimire Polisi y’u Rwanda ku bwitange ikomeza kugaragaza bwo kurwanya no gukumira ibyaha ndengamipaka, kuko buri gihe yihutira gusuzuma buri kintu cyose kinjiye mu Rwanda kugira ngo hamenyekane niba koko kinjiye mu buryo bwemewe n’amategeko.” Ubu ni uburyo bunoze, kandi buzakomeza gufasha ko abanyarwanda bumva batekanye ndetse n’ibyabo byakwibwa bigatahurwa ndetse bakanabisubizwa.”

Polisi y’u Rwanda imaze gufata imodoka 20, zibwe mu bihugu by’ibituranyi n’ahandi hatandukanye ku isi, izi modoka zikaba zari zizanywe mu Rwanda cyangwa zijyanywe mu bindi bihugu zinyujijwe mu Rwanda, zose zikaba zarafashwe mu myaka itatu ishize.

RNP

2016-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Goma: Hafashwe imodoka yari itwaye intwaro za gisirikare

Goma: Hafashwe imodoka yari itwaye intwaro za gisirikare

Ubwanditsi 05 May 2018
Ntitugomba guha icyuho abanyabyaha: Kagame

Ntitugomba guha icyuho abanyabyaha: Kagame

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Urugaga rw’Abavoka rurasaba Polisi gutanga amakuru afatika ku iyicwa rya Me Toy

Urugaga rw’Abavoka rurasaba Polisi gutanga amakuru afatika ku iyicwa rya Me Toy

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Abana bakomoka ku nterahamwe bashinze undi umutwe wo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 04 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musore nawe Mukobwa dore inama zifatika zagufasha guhitamo neza uwo muzarushinga
IMIKINO

Musore nawe Mukobwa dore inama zifatika zagufasha guhitamo neza uwo muzarushinga

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Uganda  yabujije abaturage bayo kudaca ku mupaka wa Gatuna u Rwanda ‘rwafunguye’ by’agateganyo
INKURU NYAMUKURU

Uganda  yabujije abaturage bayo kudaca ku mupaka wa Gatuna u Rwanda ‘rwafunguye’ by’agateganyo

Ubwanditsi 11 Jun 2019
Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda
Amakuru

Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru