• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Namibia : Perezida Kagame  yagarutse ku nkuru ya David Himbara ushinja u Rwanda guhimba imibare

Ubwanditsi 20 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA, POLITIKI

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwanyuze mu bihe bikomeye ku buryo na n’ubu hari abakirubonera muri iyo ndorerwamo nubwo hari iterambere rwagezeho mu ngeri zitandukanye z’ubuzima.

Ubu butumwa Perezida Kagame yabugarutseho mu kiganiro we na mugenzi we wa Namibia, Hage Gottfried Geingob bahaye itangazamakuru kuri uyu wa 20 Kanama 2019.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruri mu bihugu byigeze kugira ibibazo byinshi kubera Jenoside yakorerwe Abatutsi mu 1994, yahitanye inzirakarengane zisaga miliyoni mu minsi 100.

Ati “Icyago cyagwiriye igihugu cyacu mu myaka 25 ishize, ni inkuru izwi hose ku Isi. Ikibabaje ni uko tuzwi cyane kuri cyo kurusha ibintu byiza byakurikiyeho.’’

Yakomeje avuga ko “Nahamya neza ko abaturage bo mu gihugu cyanjye bakora cyane mu guteza imbere imibereho yabo. Bishimiye ibyo bafite haba mu buyobozi bwabo cyangwa uko bakorana nyuma y’imyaka 25.’’

Perezida Kagame yavuze ko hari ibibazo igihugu gihangana nabyo birimo n’uko ubukene bwagiye bugabanywa.

Ati “Iterambere ry’ubukungu bwacu ni ukuri, rigera ku baturage b’igihugu cyacu kandi ni bo rishingiyeho. Ni bo bakorana ingoga mu kazi ka buri munsi.’’

Yatanze urugero aho ubuhinzi bwazamutse ndetse ubu Abanyarwanda bakaba bashobora kwihaza mu biribwa kurusha imyaka yo hambere. Iterambere ry’ubuhinzi ryatangiye kuzamuka mu myaka 12 ishize.

Perezida Kagame yavuze ko “Si iterambere ryo mu mibare, ni iterambere rigera mu mifuka y’abahinzi, uko bashobora kwihaza n’ibyo batunganya.’’

Yakomeje ati “Ntidutera imbere ngo tubishimirwe, dutera imbere ku bwacu. Aho kugira ngo ibihuha bikugereho, niba uri ahantu, niba ubona ukanumva abo bantu ushobora guhita usubiza ibyo bibazo bazamuye.’’

Umukuru w’Igihugu yavuze ko imibare y’ibyo u Rwanda rwagezeho idashobora guhimbwa kuko bibaye inzego zikora igenzura kuri iyo mibare ni zo zaba zifite ikibazo.

Mu minsi ishize, ikinyamakuru Financial Times cyavuze ko imibare y’ubukene mu Rwanda, ari ibinyoma bihimbwa hagamijwe kugaragaraza ko ibintu bigenda, kandi atariko biri. Aya ni amakuru gikesha David Himbara umwe mubambari ba RNC ya Kayumba Nyamwasa ukunze kwandika inkuru z’ubukungu aharabika u Rwanda ku nkunga aterwa n’umunyamali Rujugiro Tribert.

Isesengura ryacyo ku mibare 14 000 n’ibiganiro yagiranye n’impuguke zirimo na Himbara ngo byerekana ko izamuka ry’ibiciro ku miryango mu Rwanda rigaragaza ko ubukene bwiyongereye hagati ya 2010 na 2014

Ubusesenguzi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ku byavuye mu isuzuma rya Kane ku mibereho y’Abanyarwanda (EICV4) n’irya gatatu (EICV3), ryagaragaje ko kuva mu 2011 kugeza mu 2014, ubukene bwagabanutse ku kigero cya 6.9 %.

Ni imibare ariko Financial Times ihakana, ivuga ko kugira ngo bishoboke ari uko igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro cyaba ari 4.7 ku ijana cyangwa munsi yaho hagati ya Mutarama 2011 na Mutarama 2014, nyamara ngo impuguke enye bavuganye zigaragara ko byari hejuru yaho.

Mu bo yifashishije harimo Diane Rwigara, David Himbara wahunze igihugu, Umubiligi Fillip Reyntjens ukunze kutavuga neza u Rwanda n’abandi.

Perezida Kagame yavuze ko buri wese ushaka kuyobora igihugu iyo yeretswe ukuri ahita yirukira kuri internet mu gihe hari amakuru agomba gushungurwa.

Ati “Turamutse duhimbye imibare nitwe twaba twibeshya. Abatwandikaho inkuru sibo dushaka gushimisha. Turashaka kwihaza ubwacu.’’

Perezida Kagame yavuze ko Afurika idakwiye gukomeza kugengwa n’imbaraga zo hanze mu mikorere yayo ahubwo ikita ku bibereye abaturage bayo.

2019-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hari icyizere ko u Burundi na RDC bizashyigikira kandidatire ya Mushikiwabo muri OIF-Olivier

Hari icyizere ko u Burundi na RDC bizashyigikira kandidatire ya Mushikiwabo muri OIF-Olivier

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022
Gen. Dallaire yongeye gukomoza ku mahanga yareberega nyamara Abatutsi barimo kwicwa mu Rwanda

Gen. Dallaire yongeye gukomoza ku mahanga yareberega nyamara Abatutsi barimo kwicwa mu Rwanda

Ubwanditsi 10 May 2017
Burundi: Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka CNDD-FDD yahishuye umugambi wacuzwe wo kwikiza ‘abakeba’

Burundi: Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka CNDD-FDD yahishuye umugambi wacuzwe wo kwikiza ‘abakeba’

Ubwanditsi 30 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo
INKURU NYAMUKURU

Theogene Rudasingwa mundiri ya MRND ngo bari kunamira Kizito kandi bakina ingirwa politiki yabo

Ubwanditsi 24 Feb 2020
CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira
INKURU NYAMUKURU

CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira

Ubwanditsi 10 Jul 2018
Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu
Mu Mahanga

Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Ubwanditsi 25 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru