• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Ubwanditsi 27 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, UBUKERARUGENDO

Ministeri y’ububanyi n’amahanga ya Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamenyesheje abaturage bazo ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano we wose, ariko inatangaza ko abaturage bazo bagenda muri Tanzania kurushaho kwigengesera muri iki gihe kubera ibyaha, iterabwoba n’ibikorwa bya leta byibasira abantu hashingiwe ku gitsina cyabo cyangwa abakundana babihuje.

Iyi Ministeri mu itangazo ryayo kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Ukuboza, yavuze ko ibyaha by’ihohotera bimaze kumenyerwa mu gihugu cya Tanzania, aho ikomoza ku byaha byo gukubita no gukomeretsa, gushimuta abantu, gufata ku ngufu no gushimuta imodoka.

Ubutegetsi bwa Perezida Trump bwashyize ahagaragara uko ibihugu byo mu karere bikurikirana mu kugendamo wigengesereye mu gihe uri Umunyamerika.

Igihugu cya Tanzania cyashyizwe ku rwego rwa kabiri (level 2), Kenya na Ugandan abyo biri kuri ururwego rwa kabiri ariko abaturage b’Abanyamerika bakagirwa inama yo kwigengesera bisanzwe mu gihe babirimo, Somalia na Sudan y’Epfo byose byashyizwe ku rwego rwa 4, aho nta muturage wa Amerika ugirwa inama yo kuhakandagira.

Igihugu cya Sudani cyo cyashyizwe ku rwego rwa gatatu, aho Abanyamerika basabwa kubanza kubitekerezaho mbere yo gufata icyemezo cyo kujyayo.

Igihugu cy’u Rwanda kiri mu bihugu bidasaba kwigengesera mu gihe ubigiyemo, mbese mu bihugu ushobora kujyamo wizeye umutekano wawe wose.

Raporo y’Ikigo cy’Abanyamerika Gallup’s Law and Order Index 2017, yashyize u Rwanda ku mwanya wa Gatanu ku Isi mu bihugu bitekanye n’amanota 87%.

Raporo yayo ya 2018 yo yashimangiye ko ruza ku mwanya wa kabiri mu bifite abaturage batekanye muri Afurika.

Ugutekana kw’abanyarwanda ntikurangirira mu kuba barya bakaryama gusa.

Amafaranga leta ishyira mu bikorwa by’iterambere ava mu nguzanyo z’amahanga, ibipimo bigaragaza ko u Rwanda rufite izibasha kugenzurwa kurusha ibindi bihugu byo mu karere.

Ibyo bijyana n’uburyo rugaragaza ubushobozi bwo kwishyura inguzanyo rufata, nk’uko byagaragajwe na Standard and Poor (S&P) Global Ratings 2018.

Raporo y’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ubukungu (World Economic Forum, WEF) mu 2016, igaragaza ko u Rwanda ari igihugu cya mbere muri Afurika gifite guverinoma itajegajega, rukaba ku mwanya wa karindwi ku Isi.

Raporo y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (WEF), igaragaza uko Polisi z’Ibihugu zihagaze mu kugirirwa icyizere n’abaturage, yashyize iy’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika n’uwa 13 ku Isi.

2018-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kizito Mihigo yitabye Imana yiyahuye

Kizito Mihigo yitabye Imana yiyahuye

Ubwanditsi 17 Feb 2020
Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubudasa bw’u Rwanda, i Kigali hagiye guhurira abantu basaga 850 mu bikorwa by’umukino wo gusiganwa ku Mamodoka ku Isi

Ubwanditsi 10 Dec 2024
USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

Ubwanditsi 22 Jun 2019
Zambia: Abanyarwanda Babiri Birukanwe Bashinjwa Kuba Intasi Z’u Rwanda Batsinze Urubanza

Zambia: Abanyarwanda Babiri Birukanwe Bashinjwa Kuba Intasi Z’u Rwanda Batsinze Urubanza

Ubwanditsi 16 Sep 2018

4 Ibitekerezo

  1. Sunday
    December 27, 201812:51 pm -

    Iyo Niyompamvu Kagome atera akaduruvayo mubihugu byabaturanyi abantu bagirengo urwanda nirwo rwonyine rufite amahoro mukarere kandi ntayo

    Subiza
    • Bikorimana Mubarak
      December 27, 20185:55 pm -

      Ndumva wowe uri bamenya kbsa!!!! Uzabagire inama nabo bazane akaduruvayo hano. Ese konumva bazi ubateza akaduruvayo kuki batakirinda? Cg nibimwe urugo rwawe rukunanira ngo nabaturanyi bakuroga? Ohhh mwishakemo ibisubizo byibibazo byanyu, naho twe twayotse cyera turakataje

      Subiza
  2. Amahe kamili
    December 27, 20181:11 pm -

    Aliko mwagiye mufunga comment zimwe bamwe batagira indero batambutsa hano.

    Mbaye mbashimiye

    Subiza
    • Sunday
      December 27, 20186:49 pm -

      Ntutinye ukuri kuko birazwi hose ko arikokazi kabo kubwicanyi.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashyizeho Guverinoma nshya nyuma yo gushyiraho Ministiri w’Intebe
POLITIKI

Perezida Kagame yashyizeho Guverinoma nshya nyuma yo gushyiraho Ministiri w’Intebe

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika
ITOHOZA

Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Ubwanditsi 03 Apr 2017
Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia

Ubwanditsi 22 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru