• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Ubwanditsi 27 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, UBUKERARUGENDO

Ministeri y’ububanyi n’amahanga ya Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamenyesheje abaturage bazo ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano we wose, ariko inatangaza ko abaturage bazo bagenda muri Tanzania kurushaho kwigengesera muri iki gihe kubera ibyaha, iterabwoba n’ibikorwa bya leta byibasira abantu hashingiwe ku gitsina cyabo cyangwa abakundana babihuje.

Iyi Ministeri mu itangazo ryayo kuri uyu wa Gatatu, itariki 26 Ukuboza, yavuze ko ibyaha by’ihohotera bimaze kumenyerwa mu gihugu cya Tanzania, aho ikomoza ku byaha byo gukubita no gukomeretsa, gushimuta abantu, gufata ku ngufu no gushimuta imodoka.

Ubutegetsi bwa Perezida Trump bwashyize ahagaragara uko ibihugu byo mu karere bikurikirana mu kugendamo wigengesereye mu gihe uri Umunyamerika.

Igihugu cya Tanzania cyashyizwe ku rwego rwa kabiri (level 2), Kenya na Ugandan abyo biri kuri ururwego rwa kabiri ariko abaturage b’Abanyamerika bakagirwa inama yo kwigengesera bisanzwe mu gihe babirimo, Somalia na Sudan y’Epfo byose byashyizwe ku rwego rwa 4, aho nta muturage wa Amerika ugirwa inama yo kuhakandagira.

Igihugu cya Sudani cyo cyashyizwe ku rwego rwa gatatu, aho Abanyamerika basabwa kubanza kubitekerezaho mbere yo gufata icyemezo cyo kujyayo.

Igihugu cy’u Rwanda kiri mu bihugu bidasaba kwigengesera mu gihe ubigiyemo, mbese mu bihugu ushobora kujyamo wizeye umutekano wawe wose.

Raporo y’Ikigo cy’Abanyamerika Gallup’s Law and Order Index 2017, yashyize u Rwanda ku mwanya wa Gatanu ku Isi mu bihugu bitekanye n’amanota 87%.

Raporo yayo ya 2018 yo yashimangiye ko ruza ku mwanya wa kabiri mu bifite abaturage batekanye muri Afurika.

Ugutekana kw’abanyarwanda ntikurangirira mu kuba barya bakaryama gusa.

Amafaranga leta ishyira mu bikorwa by’iterambere ava mu nguzanyo z’amahanga, ibipimo bigaragaza ko u Rwanda rufite izibasha kugenzurwa kurusha ibindi bihugu byo mu karere.

Ibyo bijyana n’uburyo rugaragaza ubushobozi bwo kwishyura inguzanyo rufata, nk’uko byagaragajwe na Standard and Poor (S&P) Global Ratings 2018.

Raporo y’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ubukungu (World Economic Forum, WEF) mu 2016, igaragaza ko u Rwanda ari igihugu cya mbere muri Afurika gifite guverinoma itajegajega, rukaba ku mwanya wa karindwi ku Isi.

Raporo y’Ihuriro ry’Ubukungu ku Isi (WEF), igaragaza uko Polisi z’Ibihugu zihagaze mu kugirirwa icyizere n’abaturage, yashyize iy’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika n’uwa 13 ku Isi.

2018-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Itabi ry’abo kwa Rwigara Assinapol rigiye gutezwa cyamunara

Itabi ry’abo kwa Rwigara Assinapol rigiye gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Abagore babiri barimo Umunyarwandakazi bashimutiwe i Burundi

Abagore babiri barimo Umunyarwandakazi bashimutiwe i Burundi

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Ubwanditsi 20 Dec 2022

4 Ibitekerezo

  1. Sunday
    December 27, 201812:51 pm -

    Iyo Niyompamvu Kagome atera akaduruvayo mubihugu byabaturanyi abantu bagirengo urwanda nirwo rwonyine rufite amahoro mukarere kandi ntayo

    Subiza
    • Bikorimana Mubarak
      December 27, 20185:55 pm -

      Ndumva wowe uri bamenya kbsa!!!! Uzabagire inama nabo bazane akaduruvayo hano. Ese konumva bazi ubateza akaduruvayo kuki batakirinda? Cg nibimwe urugo rwawe rukunanira ngo nabaturanyi bakuroga? Ohhh mwishakemo ibisubizo byibibazo byanyu, naho twe twayotse cyera turakataje

      Subiza
  2. Amahe kamili
    December 27, 20181:11 pm -

    Aliko mwagiye mufunga comment zimwe bamwe batagira indero batambutsa hano.

    Mbaye mbashimiye

    Subiza
    • Sunday
      December 27, 20186:49 pm -

      Ntutinye ukuri kuko birazwi hose ko arikokazi kabo kubwicanyi.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa
Amakuru

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

RUSHYASHYA 15 Oct 2025
Umukozi  uciriritse m’Uruganda rw’Ibirungo i Paris  nawe  yanenze Leta yo mu buhungiro ya Padiri Nahimana
POLITIKI

Umukozi uciriritse m’Uruganda rw’Ibirungo i Paris nawe yanenze Leta yo mu buhungiro ya Padiri Nahimana

Ubwanditsi 28 Feb 2017
RDF yatangaje ko nta mikoranire n’ubufasha yahaye umutwe wa M23 mu gitero wagabye nkuko byamamazwa na Uganda
Amakuru

RDF yatangaje ko nta mikoranire n’ubufasha yahaye umutwe wa M23 mu gitero wagabye nkuko byamamazwa na Uganda

Ubwanditsi 09 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru