• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Zambia: Abanyarwanda Babiri Birukanwe Bashinjwa Kuba Intasi Z’u Rwanda Batsinze Urubanza

Zambia: Abanyarwanda Babiri Birukanwe Bashinjwa Kuba Intasi Z’u Rwanda Batsinze Urubanza

Ubwanditsi 16 Sep 2018 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda babiri bari impunzi mu gihugu cya Zambia; Innocent Habumugisha na Egide Rwasibo, bigeze kwirukanwa muri muri iki gihugu mu Ukuboza 2015 bashinjwa kuba intasi za Guverinoma y’u Rwanda no guhungabanya umutekano muri Zambia, batsinze urubanza mu Rukiko Rukuru rwa Zambia mu cyumweru gishize, umucamanza yemeza ko kwirukanwa kwabo bitari bifite impamvu.

Urukiko rukaba rwanzuye ko minisitiri w’ibibazo by’imbere mu gihugu yategetse kwirukana aba Banyarwanda mu ibanga adakurikije amategeko, abanza gusaba izi mpunzi ibisobanuro mbere yo kwirukanwa.

Inyandiko z’urukiko zikaba zivuga ko mu rubanza abunganira aba Banyarwanda bagaragaje ko icyemezo cya minisitiri w’ibibazo by’imbere mu gihuguu wa Zambia cyo gusubiza mu Rwanda aba bantu cyari kubagiraho ingaruka baramutse basubiye iwabo kuko ngo bakiriwe muri Zambia nk’impunzi.

Ariko, Habumugisha, w’umuganga ndetse na Rwasibo kuri ubu wiga mu mwaka wa gatatu wa kaminuza muri Kaminuza Yigenga ya Kigali, nubwo banyuzwe n’icyemezo cy’urukiko bahisemo kuguma mu Rwanda nk’uko iyi nkuru dukesha The East African ikomeza ivuga.

Uru rubanza ngo rukaba rwaragaraje amacakubiri mu banyarwanda baba muri Zambia, aho bamwe muri bo bagize uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aba birukanwe bashinja kuba ari bo babateje ibibazo.

Avugana n’iki kinyamakuru Habumugisha akaba yavuze ko hari agatsiko k’Abanyarwanda b’abakire bafite imbaraga muri Zambia bafite ibitekerezo by’ubuhezanguni, aho ngo umuntu wese ugaragaje kutumva ibintu kimwe nab o ashinjwa gukorera Guverinoma y’u Rwanda, bikavamo guha ruswa bamwe mu bategetsi ngo birukanwe binyuranyije n’amategeko.

2018-09-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2024
Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Ubwanditsi 02 Feb 2022
Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ingabire Victoire n’ibindi bigarasha n’abajenosideri bazicwa n’agahinda kubera icyizere amahanga akomeje kugirira u Rwanda

Ubwanditsi 14 Apr 2022
Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba

Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba

RUSHYASHYA 28 Jun 2026

2 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    September 16, 201810:19 pm -

    UBUNDISE BARI BAHUNZE IKI MU RWANDA??
    KO BAGATUTSE MUGIHUGUSE BABAYE IKI??
    IYO MWANDIKI IBINTU NKIBI MWAMVA ATARI
    AMATIKU??BARAHUNZE NONE BARAJE BAJYA KWIGA KAMINUZA??
    MWAGIYE RIMWE MUSHUNGURA INKURU MUJYIYE KWANDIKA!!!!
    barahunze iki??bahunze nde??bakoze iki muguhunga??

    Subiza
  2. Twubakane
    September 17, 20187:09 am -

    Hariya Zambiya isigaye itegekwa n’a FDLR ntiwakwibeshya Kuko bubatse n’ inzego Kuva kuri cellule, segiteri, komini n’a perefegitura(province) bibangikanye n’inz ego za leta. Iyo ugezeyo ngo ubanza kwiyanzuza kuri Abo banyarwanda ba FDLR. Kdi ukajya utanga umusanzu batangamo ruswa ku butegetsi iyo habaye ikibazo. Iyo batakwiyumvamo baguteza leta ki uri intasi ta Kagame. Nta kindi bisobanuye uretse ibyo. Ikindi ni uko abana babo bonjour mu gisirikare cya Zambiya babona n’akazi muri Leta ku buryo ubu FDLR iyoboye yo rwose Kuko navuganye n’ururimi rwaho ukagirango hi abazambiya. Murakoze.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8
IMIKINO

Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR
ITOHOZA

Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize akanama k’ubuyobozi bwa Smart Africa
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yayoboye inama y’abagize akanama k’ubuyobozi bwa Smart Africa

Ubwanditsi 13 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru