• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Ubwanditsi 20 Jun 2017 Mu Rwanda

Ibikorwa by’Ukwezi kwa Polisi y’u Rwanda mu mwaka wa 2017 byibanze ku kugeza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku batuye mu bice by’icyaro bitaragezwamo amashanyarazi asanzwe, gufatanya n’abaturage mu bikorwa by’iterambere birimo guhanga imihanda no kubaka ibiraro n’intindo; ibyo bikiyongera ku kubakangurira kwirinda ibyaha no gufatanya kubikumira.

Igikorwa cyo gusoza Ukwezi kw’ibikorwa byayo cyabereye kuri Sitade ya Kigali ku wa 16 Kamena uyu mwaka. Uwo muhango wahuriranye no kwizihiza Isabukuru yayo y’imyaka 17 imaze ishyizweho; dore ko yashyizweho ku wa 16 Kamena 2000 ihuje inzego eshatu; ari zo: Gendarmerie (Jendarumeri),Polisi Kominali ( Police Communale), n’Urwego rw’Ubugenzacyaha rwabarizwaga muri Minisiteri y’Ubutabera.

Umuhango wo kwizihiza Isabukuru yayo witabiriwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame; akaba ari na we wari Umushyitsi Mukuru.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye uwo muhango, Perezida Kagame yagize ati,”Birumvikana ko Polisi yacu y’igihugu ikiri ntoya.Imyaka 17 gusa ni mike.Irakiyubaka. Ariko ndagira ngo mbashimire imirimo myiza ikorwa, harimo no gukomeza kwiyubaka.”

Mu bandi baje kwifatanya na Polisi kwizihiza Isabukuru yayo harimo Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, Minisitiri w’Uburezi, Papias Malimba Musafiri, n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana.

Witabiriwe kandi n’abafatanyabikorwa ba Polisi barimo Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha, Abagize Komite zo kubungabunga umutekano, Abana b’ingimbi bitwa Imitavu bo mu karere ka Kirehe, Abagize Urwego rwunganira uturere mu gucunga umutekano (DASSO), n’Abagize Amahuriro yo gukumira ibyaha barimo Abahanzi , abanyeshuri n’abatwara abagenzi ku (mu) binyabiziga.

Bimwe mu byo Polisi yakoze muri uko Kwezi:

Minisitiri Busingye yabwiye abari aho ko mu byo Polisi yakoze mu Kwezi kw’ibikorwa byayo harimo kugeza amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku ngo zisaga 3400 n’Ibigo nderabuzima 20, kugeza amazi meza ku miryango isaga 600; kwishyurira Ubwisungane bw’ubwishingizi bwo kwivuza imiryango isaga 700, no guhanga imihanda ireshya na kilometero zisaga 60.

Yongeyeho ko mu bindi Polisi yakoze muri icyo gihe cy’ukwezi harimo gukangurira abaturage basaga 16,000 hirya no hino mu gihugu kwirinda ibyaha no gufatanya kubikumira, kuganiriza abanyeshuri basaga 92,000 ku ngaruka zo kwishora mu biyobyabwenge; kandi ko Polisi yafatanyije n’izindi nzego ndetse n’abaturage gukora ibikorwa by’iterambere birimo kubakira imiryango itishoboye amazu, ubwiherero n’ibikoni, kuyisanira amazu, gutera umuti wica nkongwa yibasiye imyaka mu bihe bishize no gutunganya imihanda itari mike mu bice bitandukanye by’igihugu.

Polisi yigishije kandi abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’umuhanda. Yigishije kandi abanyeshuri n’abandi banyamaguru uburyo bukurikije amategeko bwo kugenda mu muhanda; ibi byose bikaba byari bigamije gukumira impanuka ziwuberamo zihitana zikanakomeretsa abawukoresha.

Ubutumwa bw’Imitavu mu muhango wo kwizihiza Isabukuru ya Polisi

Imitavu yatanze ubutumwa bukangurira Abaturarwanda kwirinda kwishora mu biyobyabwenge, gufatanya gukumira ihohotera rikorerwa abana, kwirinda Ingengabitekerezo ya Jenoside, kwimakaza Ndi Umunyarwanda, kurengera no kubungabunga ibidukikije no kwirinda ibyaha by’uburyo bwose.

-7007.jpg

Mu butumwa bw’izo ngimbi zakunze kugaruka ku ijambo rigira riti:”Byose tubikesha Ubuyobozi bwiza.”

Abo bana bashoje ubutumwa bwabo bagira bati:”Rwanda itajengwa na sisi wenyewe. Aya akaba ari amagambo y’Ururimi rw’Igiswahili asobanura mu Kinyarwanda ngo:”Ni twe twenyine tuzubaka U Rwanda.”

2017-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Ubwanditsi 25 Aug 2024
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Ubwanditsi 08 May 2018
Sheebah Karungi yatangaje ko yabyinnye Ikimansuro mu tubari igihe kitari gito hano mu Rwanda

Sheebah Karungi yatangaje ko yabyinnye Ikimansuro mu tubari igihe kitari gito hano mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu i Davos
POLITIKI

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu i Davos

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi
Mu Mahanga

Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi

Ubwanditsi 26 Oct 2016
Uganda: Ministiri w’ububanyi n’amahanga Sam Kutesa arasabwa kwegura kubera ruswa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Ministiri w’ububanyi n’amahanga Sam Kutesa arasabwa kwegura kubera ruswa

Ubwanditsi 23 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru