• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Opozisiyo mu Burundi yanze kwitabira imishyikirano irimo  gukorerwa Arusha

Opozisiyo mu Burundi yanze kwitabira imishyikirano irimo  gukorerwa Arusha

Ubwanditsi 28 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Opozisiyo ikomereye cyane ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza itangaza yuko itazitabira igice cya kane cy’imishyikirano y’Abarundi irimo ibera Arusha muri Tanzania ngo kuko babona umuhuza atumira abo kuyijyamo mu buryo butari bwiza!

 Mu gihe byari biteganyijwe yuko abari batumiwe muri iyo nama y’imishyikirano ejo hashize  bakomeza kugera Arusha muri Tanzania abo muri iyo opozisiyo ikomereye cyane Nkurunziza, CNARED, bari bakiri mu nama yabo isanzwe mu gihugu cy’u Bubiligi. Biteganyijwe yuko iyo nama irangiza imirimo yayo uyu munsi inatoye umuyobozi mushya, cyangwa ikagumishaho Charles Nditije wa UPRONA itari muri guverinoma. Umuyobozi wa CNARED atorerwa manda y’amezi icyenda ariko akaba yakongera gutorwa bagenzibe bamugumishijeho icyizere.

 Ku munsi w’ejo nibwo iryo huriro ry’imitwe ya politike irwanya ubutegetsi bwa Nk’urunziza bwafashe icyemezo cy’uko abarigize batazitabira iyo mishyikirano ya Arusha iteganya kuzarangiza imirimo yayo tariki 8/12/2017.

 Umuvugizi wa CNARED, Pancrace Cimpaye, ejo nimugoroba yasohoye itangazo rivuga yuko abagize CNARED badashobora kwitabira iyo mishyikirano  ngo kuko batanyurwa n’uburyo umuhuza atumiramo abagomba kuyitabira.

 Cimpaye avuga yuko basabye Mkapa kuzajya abatumira nk’ikintu kimwe, CNARED,ariko muri iyi mishyikirano ikomeje yitumiriye abantu ku giti cyabo nubwo baba bakomoka muri CNARED. Ngo ubundi yagatumiye CNARED, yo ubwayo ikihitiramo abagomba kuyiserukira.

 Mu mishyikirano y’ubushize nayo yabereye aho Arusha muri Tanzania,  Kamena uyu mwaka, umuhuza yatumiye CNARED ariko abari ku ruhande rwa Nkurunziza banga guhurira nabo mu cyumba kimwe cy’imishyikirano ngo kuko abari bayiserukiye harimo n’abo Bujumbura ishinja kuba baragize uruhare muri ya kudeta yapfubye 2015 !

 Muri ibyo biganiro bikomeje gukorerwa Arusha ntabwo abo bo muri CNARED bashinjwa kuba baragize uruhare muri kudeta babitumiwemo. Abo barimo Jean Minani wa FRODEB Nyakuri, Bernard Busokoza wigeze kuba Visi Perezida wa Nkurunziza, Onesmo Nduwimana wigeze kuba umuvugizi wa CNDD-FDD, Leonidas Hatungimana wigeze kuba umuvugizi wa Perezida Nkurunziza na Alexis Sinduhije uyoboye umutwe ukomeye cyane muri opozisiyo y’u Burundi, MSD.

Muri CNARED babona yuko Mkapa  kudatumira abo bantu bigaragaza ko nk’umuhuza abogamiye ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Nkurunziza, bushaka gucamo ibice opozisiyo  Kuvuga imishyikirano y’Abarundi itarimo CNARED (Conseil National pour le respect de l’Accord d’Arusha pour la Paix et la Réconciliation au Burundi et de l’Etat de droit)   ntabwo bitandukanye no kuvuga yuko ubutegetsi bwa Nkurunziza burimo kwishyikiranira ubwabwo !  Nta kintu gifatika wategereza kuzava mu mishyikirano nk’iyo !

Casmiry Kayumba

2017-11-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

DFID yateye utwatsi ibyatangajwe n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza ku bufatanye bw’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 13 Jun 2018
Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ubwanditsi 01 Aug 2020
Kampala : Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, mu gukusanya imikono ya baringa y’abiyita abapfakazi  bafashwa na Self-Worth Initiative-SWI, babeshya ko abantu babo bashimuswe n’u Rwanda

Kampala : Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, mu gukusanya imikono ya baringa y’abiyita abapfakazi  bafashwa na Self-Worth Initiative-SWI, babeshya ko abantu babo bashimuswe n’u Rwanda

Ubwanditsi 16 Mar 2020
Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010

Uhagarariye Ndayishimiye I Kinshasa afitanye amateka yihariye na FDLR guhera mbere ya 2010

RUSHYASHYA 17 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore uzwiho kuvuga ibintu bikabaho yavuze ibizaba kuri Donald Trump, Jay-z na Prince William muri uyu mwaka wa 2018
HIRYA NO HINO

Umugore uzwiho kuvuga ibintu bikabaho yavuze ibizaba kuri Donald Trump, Jay-z na Prince William muri uyu mwaka wa 2018

Ubwanditsi 02 Jan 2018
Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize
INKURU NYAMUKURU

Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Ubwanditsi 12 Feb 2020
Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.
Amakuru

Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.

Ubwanditsi 07 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru