• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Ubwanditsi 26 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amakuru ava mu gihugu cya Uganda aravuga ko muri iyi minsi hari umubare munini w’ abapolisi barebana ay’ingwe n’ubutegetsi, bakaba babushinja kubafata nabi cyane, kugera n’aho ubukene bubugariza bikomeye.

Intandaro y’iki kibazo nk’uko abo aapolisi babitangarije ibinyamakuru byo muri icyo gihugu, nka Monitor na Bukedde, ngo ni imishahara y’intica ntikize, hakiyongeraho ko iyo”serumu” itanazira igihe, dore ko ngo bashobora kumara amezi 4 batarahembwa. Ibi byatumye mu mpera z’icyumweru gishize  abapolisi bo mu duce tunyuranye biroha mu mihanda, bamagana icyo bise akarengane gakabije. Nko muri District ya Hoima, byabaye ngombwa ko inzego z’umutekano zirasa ibyuka bihumanya kugirango batatanye amagana y’abigaragambyaga.

Mu burakari bwinshi abo bapolisi bagize bati:”Nimurebe uko imyambaro yacu isa kandi ntidufite ubushobozi bwo kuyimesa, dore inkweto zaducikiyeho, barangiza ngo nitujye kubarindira umutekano!”. Ibinyamakuru byo muri Uganda biravuga ko ibyabereye Hoima bishobora gukwira mu gihugu hose, kuko abapolisi ba Uganda, cyane cyane abo mu rwego rwo hasi, basangiye ikibazo cyo gufatwa nabi.

Icyegeranyo giherutse gushyirwa ahagaragara n’ impuguke zashinzwe gusesengura uko igipolisi cya Uganda cyavugururwa, cyerekanye ko uru rwego ruri ku isonga mu zamunzwe na ruswa. Ibi ndetse byanashimangiwe n’Umuryango wa Commonwealth, itsinda ryawo riharanira uburenganzira bwa muntu, nawo wagaragaje ko polisi ya Uganda irya ruswa bikabije, utayitanze agakorerwa iyicarubozo cyangwa akamburwa ibyo afitiye uburenganzira.

Magingo aya Leta ya Uganda ntacyo iratangaza ku bijyanye n’imyigaragambyo y’abapolisi basaba kongererwa imishahara no guhemberwa igihe. Mu myaka ishize Perezida Museveni yateye urwenya, avuga ko nava ku buperezida azibera umupolisi, ngo kuko babaho “neza cyane”, kandi bavuga ko bahembwa nabi, akaba yarabacyuriraga ko batunzwe na ruswa.

Muri iki gihe Uganda ifite abapolisi hafi 45.000, bivuze umupolisi umwe ku baturage 1800. Amahame mpuzamahanga  yerekana ko  uyu mubare ari muto cyane, hakaba hagikenewe abandi nibura 25.000 , kugirango bashobore kubungabuga umutekano uko bikwiye. Abasesenguzi rero baribaza uko imibereho y’abapolisi ibihumbi 70 izarushaho kuba myiza mu gihe n’abasanzwe bicira isazi ku jisho.

2021-01-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mkapa : Afrika ikwiye guha urubyiruko amahirwe atuma rutifuza kuba i Burayi

Mkapa : Afrika ikwiye guha urubyiruko amahirwe atuma rutifuza kuba i Burayi

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Umudepite wo muri Uganda yabwiye igihugu cye kwirukana abo muri RNC

Umudepite wo muri Uganda yabwiye igihugu cye kwirukana abo muri RNC

Ubwanditsi 29 Aug 2019
Bonnie Mugabe wakoraga muri FIFA yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA

Bonnie Mugabe wakoraga muri FIFA yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA

Ubwanditsi 22 Nov 2025
Uruhare rwa Brig. Kandiho na CMI mu gufasha abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uruhare rwa Brig. Kandiho na CMI mu gufasha abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umucongomani  imodoka ye yariganyijwe n’uwayimugurishije
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umucongomani imodoka ye yariganyijwe n’uwayimugurishije

Ubwanditsi 23 Dec 2016
APR.FC yatsinzwe umukino wayo wa mbere na Mbabane Swallows yo muri Swaziland
IMIKINO

APR.FC yatsinzwe umukino wayo wa mbere na Mbabane Swallows yo muri Swaziland

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu
Mu Mahanga

Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu

Ubwanditsi 30 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru