• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»CHAN 2018: Amwe mu makipe y’ibihangange yakurikiye Amavubi mu gusezererwa.

CHAN 2018: Amwe mu makipe y’ibihangange yakurikiye Amavubi mu gusezererwa.

Ubwanditsi 21 Aug 2017 Mu Rwanda

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yasezerewe mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu byabo, CHAN 2018 ariko hari n’ibindi bihugu bisanzwe bifite amateka muri ruhago kuri uyu mugabane byasezerewemu gushaka iyi tike aha twavuga nka Ghana, Misiri, na Congo Kinshasa bitazagaragara muri iri rushanwa rizabera muri Kenya umwaka utaha wa 2018.

Byari inzozi z’abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda kuzabona ibendera ry’igihugu rizamurwa muri Kenya mu 2018 ubwo imikino ya CHAN ihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo izaba itangiye tariki 11 Mutarama igasoza kuri 2 Gashyantare 2018.

Izi nzozi zayoyotse kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo imbere y’abafana batari benshi ubwo Amavubi yihagararagaho agatsinda Uganda ibitego 2-0 ariko agasezererwa kubera ko mu mukino ubanza yari yatsinzwe 3-0.

Gusa si u Rwanda gusa rutazagaragara muri iri rushanwa rikomeye kuri uyu mugabane nyuma y’Igikombe cya Afurika; CAN, kuko hari ibihugu bisanzwe bifite amateka akomeye mu mupira w’amaguru muri Afurika byatunguwe bigasezererwa.

Ku ikubitiro, Congo Kinshasa yegukanye iri rushanwa ryabereye i Kigali mu 2016 yatunguwe isezererwa na Congo Brazzaville. Mu mukino ubanza wabereye i Brazzaville warangiye amakipe yombi anganya 0-0 ageze i Kinshasa mu mukino wo kwishyura n’ubundi anganya igitego 1-1 bituma Congo Brazzaville ikomeza kubera igitego yatsindiye hanze.

Ibindi bihangange byasezerewe ni Misiri yatsinzwe na Maroc ibitego 3-1 i Rabat bisanga 1-1 zari zanganyije mu mukino ubanza wabereye i Cairo, Libya yatunguye Algeria iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 3-2, Zambia yihererana Afurika y’Epfo iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 4-2, Mauritania itungura Mali iyisezerera ku bitego 3-2, naho Ghana ikurwamo na Burkina Faso ku bitego 4-3 muri rusange.

-7692.jpg

Haracyari umukino umwe usigaye uzahuza Guinea na Senegal kuri uyu wa Kabiri, ukazagaragaza igihugu cya 16 kizabona itike. Mu mukino ubanza Senegal yari yatsindiye hanze ibitego 3-1 ikaba ari nayo ifite amahirwe.

Ibihugu 15 byabonye itike yo kuzakina CHAN 2018 birimo: Libya, Maroc, Mauritania, Nigeria, Côte d’Ivoire, Burkina Faso, Guinée équatoriale, Congo Brazzaville, Cameroun, Uganda, Sudani, Angola, Zambia, Namibia na Kenya izakira irushanwa.

2017-08-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Amaraso arasama: Isomo rikomeye kuri Paulina Nyiramasuhuko n’abo mu muryango we bashiriye muri gereza, kubera guhekura Urwababyaye.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Ingabo za Congo zataye muri yombi abarwanyi 12 ba FDLR

Ingabo za Congo zataye muri yombi abarwanyi 12 ba FDLR

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Ubwanditsi 23 Nov 2022
Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Ubwanditsi 11 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Ubwanwa bwanjye ni ukwivumbagatanya k’umutwe w’inyeshyamba”- Kabila
INKURU NYAMUKURU

“Ubwanwa bwanjye ni ukwivumbagatanya k’umutwe w’inyeshyamba”- Kabila

Ubwanditsi 22 Jan 2019
Ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda byegerejwe Abashinwa binyuze ku rubuga rwa Fliggy
UBUKERARUGENDO

Ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda byegerejwe Abashinwa binyuze ku rubuga rwa Fliggy

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Perezida  KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi
ITOHOZA

Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Ubwanditsi 31 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru