• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwaburiye abanyarwanda batuye muri Sudani y’Epfo kutishyira mu kaga banyura muri Uganda

U Rwanda rwaburiye abanyarwanda batuye muri Sudani y’Epfo kutishyira mu kaga banyura muri Uganda

Ubwanditsi 26 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU

Muri Werurwe uyu mwaka Guverinoma y’u Rwanda, yasabye abaturage bayo guhagarika kujya muri Uganda kubera impungenge z’umutekano wabo, ni nyuma y’ubuhamya bw’abatari bake bari bamaze iminsi birukanwa ku butaka bw’icyo gihugu bagaragazaga ihohoterwa n’iyicarubozo bakorewe.

U Rwanda rwafashe umwanzuro wo gusaba abanyarwanda kutajya muri Uganda kubera umutekano wabo. Ni ku nshuro ya mbere mu buryo bweruye ubuyobozi bw’u Rwanda bwari buburiye abaturage bubasaba guhagarika ingendo bagirira muri Uganda.

Kugeza ubu imyaka itatu irashize umubano w’ibihugu byombi utifashe neza, aho u Rwanda rutishimiye uburyo abanyarwanda muri Uganda bafungwa, bagatotezwa nta mpamvu igaragara, bamwe bakabwirwa ko bazira kuba intasi mu gihe ari abaturage bagiye gushaka ubuzima.

Ni ibirego byiyongereye ku makuru u Rwanda rwagaragaje ko hari ibikorwa byinshi birimo kubera muri Uganda, bigamije guhungabanya umutekano warwo binyuze mu mitwe ya RNC iyoborwa na Kayumba Nyamwasa ndetse na FDLR, amakuru Uganda yo ikomeje guhakana.

Abatabwa muri yombi bafungirwa muri kasho zitandukanye aho bakorerwa iyicarubozo ribaviramo n’ubumuga, gupfa, imirimo ivunanye nko guhinga, kubumba amatafari n’ibindi.

Kuva muri Mutarama 2018, Abanyarwanda 1438 bajugunywe ku mipaka nyuma y’igihe bafungiwe muri kasho z’Urwego rushinzwe Iperereza rya Gisirikare (CMI) n’Urwego Rushinzwe Iperereza mu gihugu (ISO) bakorerwa iyicarubozo.

Kuri uyu wa Kabiri, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ubwo yahuraga n’abanyarwanda baba muri Diaspora, baganira ku ngingo zitandukanye zirimo uburyo bakomeza gufatanya n’u Rwanda mu iterambere rushyize imbere, ababa muri Sudani y’Epfo, babajije aho iki kibazo kigeze gikemuka.

Umunyarwanda, Safari Jumapili, uhagarariye Diaspora nyarwanda yo muri Sudani y’Epfo, yavuze ko Abanyarwanda bari mu iki gihugu harimo abari mu ngabo zibungabunga amahoro, abapolisi ariko hakaba hariyo n’abakorerayo ubucuruzi.

Yagize ati “Uko byifashe hagati y’u Rwanda na Uganda, uyu munsi ni uko hari ikibazo, akenshi abanyarwanda baba muri iki gihugu bajyaga baza mu Rwanda na bus [imodoka] baciye muri Uganda ariko ubu ntibishoboka, twumva hari icyakorwa.”

Kugeza ubu mu Mujyi wa Juba honyine habarurwa abanyarwanda 285 biyandikishije bakaba bazwi, ariko ngo hari n’abandi benshi batanditse.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, ushinzwe umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Olivier Nduhungirehe, avuga ko impamvu u Rwanda rwabwiye abanyarwanda bajya muri Uganda kugenza make, byatewe n’uko iki gihugu gikomeje guhohotera abajyayo ndetse n’abandi bahanyura bajya mu bindi bihugu.

Yagize ati “Nibyo koko kuva muri Gashyantare uyu mwaka twabwiye abanyarwanda ko nta mutekano bafite muri Uganda kuko byaragaragaye, iki cyemezo twagifashe nyuma yo kumara umwaka n’igice tugerageza kugikemura ariko icyagaragaye ni uko nta bushake buhari ku ruhande rwa Uganda.”

Amb. Nduhungirehe yavuze ko abanyarwanda muri Uganda bagifatwa mu buryo bunyuranije n’amategeko, bagahohoterwa, bagakorerwa iyicarubozo kandi bikanakorerwa n’abahanyura bagiye mu bindi bihugu nka Kenya kurangura ibicuruzwa.

Yabwiye abanyarwanda baba muri Sudani y’Epfo ati “Mugomba gukora uko mubishoboye kose kugira ngo ntimunyure ahantu hatuma mugira ibibazo by’umutekano wanyu.”

“Ngira ngo ni ukuzareba ukuntu mwakwishyira hamwe ubwo ndabwira abantu bo muri Sudani y’Epfo, byaragaragaye rwose ko ikibazo kitigeze gikemuka ahubwo abanyarwanda bagikomeza gufatwa.”

Yavuze ko harebwa uko bafatanya kugira ngo habe ubundi buryo bwo gusura igihugu cyabo ariko ubuzima bwabo batabushyize mu bibazo.

Kugeza ubu nubwo ibihugu byombi bimaze kugirana inama zigamije kurangiza iki kibazo, Uganda ntacyo irakora ku kibazo cy’Abanyarwanda bahohoterwa ndetse ntirareka imikoranire yayo n’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya u Rwanda.

2019-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Urukiko rwatesheje agaciro ikirego Umuryango wa Rwigara uregamo RRA

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Inkomoko ya FDU-Inkingi ya Ingabire yerekana impamvu ari indiri y’Abajenosideri

Ubwanditsi 16 Jul 2025
Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Nkuko urukiko rwo muri Amerika rwanzuye ko Paul Rusesabagina atashimuswe, icyo gihugu nicyemere amakosa yo kuba cyaramuretse akahategurira ibikorwa byiterabwoba.

Ubwanditsi 25 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage
Mu Mahanga

Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Umunyarwanda yaguye mu mpanuka ya Bisi, Kigali- Kampala
Mu Rwanda

Umunyarwanda yaguye mu mpanuka ya Bisi, Kigali- Kampala

Ubwanditsi 03 Sep 2016
Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose
INKURU NYAMUKURU

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Ubwanditsi 31 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru