• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Ubwanditsi 04 Oct 2018 Mu Mahanga

U Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo byemeranyije guhuza serivisi za gasutamo z’imipaka itatu ihuza ibi bihugu kandi ikazajya ikora amasaha 24.

Byakozwe mu rwego rwo kurushaho koroshya imigenderanire n’imihahiranire hagati y’ibihugu byombi.

Imipaka yahujwe ni uwa Rusizi ya mbere uhuza Akarere ka Rusizi n’Umujyi wa Bukavu, uwa La Cornishe n’uwa Grande Barriere bihuza Akarere ka Rubavu n’umujyi wa Goma, zahujwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Ukwakira 2018.

Ku mipaka ya La Corniche na Grande Barriere, nk’uko bikubiye mu nyandiko impande zombi zashyizeho umukono kuri uyu wa kabiri tariki ya 02 Ukwakira 2018, bemezanyije ko bitarenze uyu mwaka wa 2018, igomba kuba yatangiye gukora amasaha 24/24.

Gusa ku mupaka wa Rusizi ya Mbere haracyari imbogamizi ziterwa n’ibikorwa remezo bitarahagera, birimo inyubako zo gukoreramo n’ibindi bijyana nazo.

Impande zombi zirinze kuvuga igihe runaka ibyo bizaba byarangiriye ku gira ngo uyu mupaka nawo utangire gukora amasaha 24, nk’uko byatangajwe na Hilaire Kasusa Kikobya, Visi Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo.

Yagize ati “Hari inyandiko ihuriweho n’impande zombi bamaze gushyiraho umukono, iyo rero ikaba ikubiyemo ibyamaze gukorwa kugeza kuri uyu munsi wa none. Gusa mu gihe gito inyubako nazo ziraba zahageze.”

JPEG - 54.3 kb
Abayobozi bashinzwe abinjira n’abasohoka ku mpande z’ibihugu byombi bemeranyijwe ku bikorwa byo guhuza imipaka no kongera amasaha y’akazi

Abaturage bishimiye icyo cyemezo bavuga ko n’ubwo hajya hagaragara umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi, ariko abaturage hagati yabo nta kibazo bafitanye.

Kitumaine Munyole uba ku ruhande rwa Congo yagize ati “Twebwe n’abaturage yaba twe Abanyekongo nta kibazo duditanye n’Abanyarwanda kandi no kuruhande rw’u Rwanda nta kibazo abaturanyi bacu badufiteho.

“Ni yo mpamvu duhora dusaba ngo badufungurire imipaka niba hari n’ibibazo bihari abayobozi bakuru bo munzego zo hejuru nibo babizi.”

Uretse iki cyifuzo cyo kongera amasaha serivise z’imipaka abaturage b’ibihugu byombi bahora batura abayobozi hagati y’ibihugu byombi, u Rwanda na Repuburika iharanira demokarasi ya Congo byanumvikanye guhuza servisi za gasutamo ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri.

Nkunzurwanda Jean Pierre, uyobora ishami rishinzwe ububanyi n’amahanga mu kigo gishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwada, yavuze ko bemeranyijweho no guhuza serivisi za gasutamo ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri.

Ati “Inkunga yo kubaka umupaka yarabonetse igisigaye gutangira bifite ibindi bigomba kubanza birimo gushaka ubutaka buzubakwaho uwo mupaka uhujwe.”

Imibare itangwa n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka igaragaza ko ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri ukoreshwa n’abantu babarirwa hagati y’ibihumbi bitandatu n’umunani ku munsi.

Abenshi ngo ni abakora ubucuruzi buciriritse, bwambukiranya imipaka biganjemo abagore.

2018-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agahuru k’imbwa karagurumanye! Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba 20 zo mu mutwe w’iterabwoba  FLN, wa Paul Rusesabagina.

Agahuru k’imbwa karagurumanye! Leta y’u Burundi igiye gushyikiriza u Rwanda inyeshyamba 20 zo mu mutwe w’iterabwoba FLN, wa Paul Rusesabagina.

Ubwanditsi 05 Aug 2021
Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki  (Handball)

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Ubwanditsi 01 Aug 2016
Kuri uyu wa kabiri tariki 01 Kamena 2021, i La Haye Mu Buholandi hateganyijwe inama ntegurarubanza rwa Kabuga Felisiyani, ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa kabiri tariki 01 Kamena 2021, i La Haye Mu Buholandi hateganyijwe inama ntegurarubanza rwa Kabuga Felisiyani, ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Iyo aza kuba akiriho [Rwigema] yari kubabazwa n’ibyo so akorera Abanyarwanda- Mahirwe asubiza Gen. Muhoozi

Iyo aza kuba akiriho [Rwigema] yari kubabazwa n’ibyo so akorera Abanyarwanda- Mahirwe asubiza Gen. Muhoozi

Ubwanditsi 30 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu
POLITIKI

Perezida Kagame na Ramaphosa ku isonga ry’Abaperezida bazitabira inama yiga ku gituntu

Ubwanditsi 10 Jul 2018
Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu
Amakuru

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 16 Nov 2020
Denise Tshisekedi yashimye ibikorwa bya Jeannette Kagame
POLITIKI

Denise Tshisekedi yashimye ibikorwa bya Jeannette Kagame

Ubwanditsi 10 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru