• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ukuri ku rupfu rw’umusirikare waguye mu biro by’iperereza mu Burundi

Ukuri ku rupfu rw’umusirikare waguye mu biro by’iperereza mu Burundi

Ubwanditsi 19 Sep 2016 Mu Rwanda

Nyuma yaho Igipolisi cy’u Burundi cyatangaje ko umusirikare Adjudant Eddy Claude Nyongera yiyahuye yiturikirijeho gerenade nyuma y’igihe gito agejejwe mu biro bishinzwe iperereza kugirango abazwe byinshi ku cyaha yari akurikiranweho cyo guhungabanya umutekano hari amakuru avuga ko yishwe.

Amakuru atangazwa na bamwe mu gisikare cy’u Burundi avugako ubwo Nyongera yagezwaga mu Biro bishinzwe iperereza i Bujumbura yatangiye gukorerwa iyica rubozo anahatwa ibibazo n’uwitwa Théogène wahoze ari umurwnashyaka wa FNL.

Aya makuru ashimangira ko ibyavuzwe n’Umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi , Pierre Nkurikiye ari ibinyoma kuko uyu musirikare atiyahuye nk’uko byatangajwe ahubwo yishwe n’ uwitwa Joseph Mathias Niyonzima bakunze kwita Kazungu ahawe amabwiriza n’Umuyobozi w’uwergo rushinzwe iperereza mu Burundi , Général-major Étienne Ntakarutimana bakunze kwita Steeve.

RPA dukesha iyi nkuri ivuga ko iyicwa rya Adjudant Eddy Claude Nyongera rije rikurikira itabwa muri yombi ry’Aba Ofisiye 4 bato mu gipolisi cy’u Burundi aribo:Adjudant Gahungu Thadée ,Innocent Girukwigomba wari uzanzwe akora mu butabera muri Polisi muri Zone ya Musaga wafashwe akajyanwa ahantu kugeza n’ubu hataramenyakana,Adjudant-chef Albert Kitaburaza na Adjudant Masabo Ferdinand wafashwe asubiye aho yakoraga i Rukoko nyuma y’amabwiriza yari ahawe n’umuyobozi we Major Nikoyagize.

Kuwa 14 Nzeri 2016, ni bwo inkuru y’urupfu rwa Adjudant Eddy Claude Nyongera yatangajwe n’umuvugizi w’igipolisi cy’u Burundi Pierre Nkurikiye abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter.

Nkurikiye yari yatangaje ko Eddy Claude Nyongera wari usanzwe akora mu biro bikuru by’igisirikare cy’u Burundi yiyahuje gerenade ubwo yari arimo kubazwa ibibazo n’urwego rushinzwe iperereza mu Burundi.

Uyu musirikare ngo yafashwe mu gitondo cyo kuwa 14 Nzeri, akaba yari arimo kubazwa byinshi ku cyaha yakurikiranwagaho cyo guhungabanya umutekano w’igihugu.

Nkurikiye yavuze ko uyu musirikare yiturikirijeho gerenade ayikuye mu cyumba kibikwamo intwaro ziba zaratswe abantu b’inkozi z’ibibi ikaba yari ibitse muri icyo cyumba.

Yakomeje avuga ko uyu musirikare ngo yasohotse mu cyumba umu OPJ wa kabiri yamubarizagamo amubwira ko hari ibyo yibagiwe kubwira umu OPJ wa mbere akaba agiye kubanza kubimubwira arangije ngo ahita yinjira muri icyo cyumba yakuyemo gerenade.

Abashinzwe umutekano ngo babanje kurwana na we bashaka kumwaka iyo gerenade ariko biranga maze ngo ubwo babonaga ko igiye guturika ngo birukanse imuturikana wenyine ahita apfa.

Pierre Nkurikiye yari yavuze ko uyu musirikare yiyahuye nyuma yo kuvuga ibyo yari yabajijwe byose gusa amakuru avuga ko abamuhataga ibibazo batandikaga ahubwo bamukoreraga iyicarubozo.

-4092.jpg

Adjudant Eddy Claude Nyongera wishwe bikavugwa ko yiyahuye yiteye Gerenade

2016-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Ntibisaba kuba warize siyansi kugira ngo umenye akamaro kayo’ – Perezida Kagame

‘Ntibisaba kuba warize siyansi kugira ngo umenye akamaro kayo’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Apr 2017
Eng. Didier Sagashya n’abandi bakozi babiri b’Umujyi wa Kigali batawe muri yombi

Eng. Didier Sagashya n’abandi bakozi babiri b’Umujyi wa Kigali batawe muri yombi

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Rayon sports ikoze mu Ijisho  rya APR FC

Rayon sports ikoze mu Ijisho rya APR FC

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Ubwanditsi 22 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea
Amakuru

Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea

Ubwanditsi 02 Jan 2022
Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo
HIRYA NO HINO

Hari abana b’impfubyi za jenoside yakorewe Abatutsi batarahabwa imitungo y’ababyeyi babo

Ubwanditsi 25 Oct 2019
APR FC yageze mu Misiri aho igiye gukina na Pyramid FC umukino w’ijonjora rya Kabiri rya CAF
Amakuru

APR FC yageze mu Misiri aho igiye gukina na Pyramid FC umukino w’ijonjora rya Kabiri rya CAF

Ubwanditsi 18 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru