• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Ubwanditsi 04 Jan 2018 POLITIKI

Abadepite basaga 300 mu Nteko ishinga amategeko ya Uganda bamaze gusinyira abazajya babarindira umutekano gusa aba bakaba biganjemo abo mu ishyaka riri ku butegetsi NRM.

Ikinyamakuru spyreports kivuga ko buri mudepite wayoye “Yes” mu matora aherutse muri uganda agamije gukuraho ingingo yageneraga imyaka umukuru w’igihugu mu Itegekonshinga rya Uganda ubu yamaze kubona umurinzi ubifitiye ububasha, aba barinzi bakaba bafite imunda nto yo mu bwoko bwa Pisitore na sharijeri z’amasasu 16 buri wese.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’uko abenshi mu batavuga rumwe na leta badashyigikiye ko perezida Museveni yakongera kwiyamamariza kuyobora kiriya gihugu, bakaba banagaragaza inzangano kuri bagenzi babo bakorana mu Nteko ishinga amategeko bashyigikiye bakanasinya ko iriya ngingo ikurwa mu Itegekonshinga rya Uganda.

Aba badepite bahawe abarinzi bafite imbunda nyuma y’uko bagejeje ikibazo cyabo kuri perezida Museveni mu nama baherutse kugirana mu cyumba cy’inama kiri mu mujyi wa Entebbe aho bamugaragarije impungenge ko hari bagenzi babo bashobora kubagirira nabi mu gihe nta gikozwe kuko batoye yego ku ikurwaho ry’iriya ngingo.

Muri iyo nama, ni ho perezida Museveni yahise asaba IGP Gen Kale Kayihura gukurikirana neza icyo kibazo ndetse akanamenya neza niba umutekano wa buri mudepite watoye yego urinzwe neza.

Aba badepite bahawe abarinzi, basabwe kubamenyera ibintu by’ibanze birimo nko kubishyirira amacumbi no kubamenya mu gihe hari nk’ingendo bakoreye ahantu kure leta na yo ikabamenyera imishahara n’ibikoresho.

Mu ijambo rye, Gen Kayihura yagejeje ku bari aho yagize ati “Ntibyari byoroshye ku ikubitiro ko buri mudepite yabona umupolisi umurinda bitewe n’ibikoresho bitari bihagije, nari nabanje kubabwira ko umwe muri bo uzumva umutekano we utameze neza azegera inzego za polisi zimwegereye akishinganisha, ariko bira baye noneho.”

Mu byumweru bishize, nibwo hari abapolisi bari bahawe inshingano yo kurinda bamwe mu badepite bari bagaragaje impungenge ku mutekano wabo, ariko hibandwa ku bafite ibibazo kurusha abandi.

Kuri ubu, byabaye ngombwa ko buri mudepite wese watoye yego ahabwa umurinzi hatitawe ko yaba akorerwa iterabwoba cyangwa atarikoreerwa.

Mu minsi ishize, nibwo muri Uganda hemejwe itegeko rikuraho ingingo ya 102b igenera ushaka kuyobora igihugu imyaka atagomba kuba arengeje ndetse n’iyo atagomba kuba ari munsi, ni mu biganiro byateje n’imirwano hakitabazwa inzego z’umutekano ndetse kugeza ubu bamwe mu badepite batari babishyigikiye bakaba bagifunze.

Ibi kandi bibaye mu gihe perezida Museveni yamaze gushyira umukono ku itegeko rimuha ubudahangarwa bwo kongera kwiyamamariza kuyobora uganda mu gihe abatavuga rumwe nawe ari byo barwanyije kuva cyera.

2018-01-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Ubwanditsi 14 Aug 2025
Nahimana Thomas ntahejwe gutaha mu Rwanda amarembo arakinguye

Nahimana Thomas ntahejwe gutaha mu Rwanda amarembo arakinguye

Ubwanditsi 27 Jan 2017
RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage

RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage

Ubwanditsi 23 Jan 2020
Col Aaron Nyamushebwa yahakanye amakuru avuga ko yatorotse igisirikare cya FARDC

Col Aaron Nyamushebwa yahakanye amakuru avuga ko yatorotse igisirikare cya FARDC

Ubwanditsi 22 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya yahagurukiye abanyamahanga batujuje ibyangombwa bashinjwa kwiba imirimo y’abanyagihugu
Mu Mahanga

Kenya yahagurukiye abanyamahanga batujuje ibyangombwa bashinjwa kwiba imirimo y’abanyagihugu

Ubwanditsi 22 May 2018
Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi
IMIKINO

Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa
POLITIKI

Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa

Ubwanditsi 21 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru