• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Abagaragu ba Rujugiro Triibert mu mazi abira kubera ubugome,ubujura n’ubugambanyi.

Ubwanditsi 14 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Amakuru ava i Kampala muri Uganda aravuga ko Rujugiro Tribert atakiryama kuva aho abagaragu be 2 batangiriye guhigishwa uruhindu, bakurikiranyweho ibyaha bitabarika, birimo gutoteza Abanyarwanda baba muri icyo gihugu babacuza utwabo, hamwe no kunyereza imisoro y’inganda za Rujugiro arizo Meridian Tobbacco company na Leaf Tobbacco and Commodities
Abo bakozi ba Rujugiro ni Sulah Nuwamanya na Boonabana Prossy bafite ubwenegihugu bwa Uganda, ariko bakaba banga uRwanda n’ubuyobozi bwarwo nk’uko babitojwe na shebuja Rujugiro, umwe mu bayoboke wa rya tsinda ry’iterabwoba RNC.
Mu cyumweru gishize uyu mugore Prossy Boonabana yafatiwe ahitwa Lumumba Avenue muri Kampala, urukiko rwa Buganda Road Court rutangira kumukurikiranaho iterabwoba, ubwambuzi bukoresha iterabwoba, kunyereza imisoro n’ibindi byaha 4. Icyakora ubwo yageraga imbere y’abacamanza yaratakambye, asuka amarira, asaba ko yarekurwa kuko afite umwana arera wenyine kandi wavukanye ubumuga. Yararekuwe ariko ategekwa kutarenga umujyi wa Kampala, ndetse yambikwa ka kuma kerekana niba atarenze ku mabwiriza, akazakurikiranwa ari hanze. Mugenzi we Sulah Nuwamanya baregwa ibyaha bimwe we yaratorotse, ubu arashakishwa uruhindu, mu gihe Rujugiro agishakisha uko atanga ruswa ngo ikibazo kirangire.Itoroka rye ariko naryo riratangaje, kuko kuwa gatatu tariki 08/07/2020 ahagana 10h30 yagaragaye ku cyicaro gikuru cya polis ii Kampala, bikavugwa ko yatorokeshejwe n’abapolisi bari bamaze guhabwa ruswa.
Mu mezi make ashize ibinyamakurui byo muri Uganda byakomeje kwandika inkuru zishinja abayoboke ba RNC biganjemo abakozi b’inganda za Rujugiro kubuza amahwemo abanyarwanda baba muri Uganda, aho bacungaga umunyarwanda ndetse n’umugande ufite amafaranga, bakamutera ubwoba bavuga ko ari maneko wa Leta y’uRwanda, maze bakigura batanze akayabo. Magingo aya hari abantu 15 bagejeje ikirego mu nkiko bavuga ko ako gatsiko ka Rujugiro n’ibindi bigarasha kambuye abo baturage miliyon zikabakaba 400 z’amashiringi ya Uganda(arasaga miliyoni ijana z’amafaranga y’uRwanda), yashyirwana kuri Konti ya Boonabana muri Cairo International bank, n’iya Nuwamanya muri DTB bank. .
Amakuru yizewe kandi avuga ko mu minsi ishize Perezida Yoweri Kaguta Museveni yahuriye mu biro bye n’abantu 40 bazwiho ibikorwa byo kurwanya Leta y’uRwanda, agamije kumenyana nabo neza no kubaha amabwiriza.Muri iyo nama Museveni yavuze ko “..azashyigikira icyo aricyo cyose cyavana Kagame ku butegetsi…: . Muri bo harimo Sulah Nuwamanya na Prossy Boonabana, banashimiwe cyane gufasha Uganda kurwanya icyo Museveni yise “ubushotoranyi bw’uRwanda”.
Aba bombi ndetse bahise banahabwa abarinda umutekano wabo, icyakora biza kugaragara ko abari boherejwe kurinda Boonabana Prossy, ahubwo ari amahabara ye, kuko ubwo inzego z’ubutasi zagenzuraga ibijyanye n’umutekano w’uyu mugore wakomezaga kuvuga ko ubangamiwe, basanze ba barinzi baryama mu cyumba kimwe na Prossy.
Abasesenguzi bakomeje kwibaza icyo aba bantu 2 bapfa n’uRwanda, baza gusanga urwango rwabo rukomoka ku mateka yo mu bihe bitari ibya kera cyane.
Sulah Nuwamanya akomoka ahitwa NTUNGAMO. Abyarwa n’umugabde Haddji Kalanzi Adam n’umunyankolekazi Tibalingwa, umwe mu bagore batabarika ba Hadji Kalanzi. Se wa Nuwamanya azwi mu bantu baranzwe n’urwango rukomeye kuri Leta y’uRwanda, nyuma y’aho imuburije ubucuruzi bwa magendu yakoranaga na bamwe mu Banyarwanda, aza kubihanishirizwa gufungwa imyaka 30 , ubu akaba ari muri gereza ya Masaka. Ikimwaro cy’ubujura cyatumye abeshya umuhungu we Nuwamanya ko yafungishijwe by’amaherereLeta y’uRwanda.
Prossy Boonabana we yavukiye Entebbe. Ni umukobwa w’Umurundi witwa Kaboyi, akaba yari umushoferi wa police mu gihe cya Perezida Milton Obotte.Abanyarwanda bari impunzi muri Uganda bazahora bibuka uburyo ariwe watungiraga agatoki abasirikari n’abapolisi imiryango y’Abanyarwanda boherezaga abana gufasha Museveni ku rugamba, imyinshi muri iyo miryango ikaba yarishwe,indi itatoteza bikabije. Uyu Boonabana, ise Kaboyi yamubyaranye n’umunyarwandakazi, baza gutandukana nabi cyane, binatuma Boonabana ajya ku ruhande rwa se, nawe wari warabaswe n’urwango afitiye Abanyarwanda kuva mu myaka yashize..
Ngiyo rero imvano y’ubuyobe bwa Sullah Nuwamanya na Prossy Boonabana bakomora ku rwango rw’ababyeyi babo, ubu bakaba bariyemeje kujya mu dutsiko twibeshya ko twahirika ubutegetsi isi yose ifitiye icyizere. Ngabo abo Rujugiro Tribert na Kayumba Nyamwasa bashuka ko hari icyo bashoboye, nabo bagakurikira buhumyi. Burya koko ntawe unanira umushyuka, ananira umuhana.Rushyashya izakomeza kubahanura n’ubwo ngo ”umutima muhanano utuzura igituza”.

2020-07-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Ubwanditsi 29 Jul 2022
Uko uBubiligi bwabaye indiri y’ibyihebe n’abicanyi bakoze Jenoside mu Rwanda

Uko uBubiligi bwabaye indiri y’ibyihebe n’abicanyi bakoze Jenoside mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Nov 2019
Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka

Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka

Ubwanditsi 20 Jul 2019
Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Umunyarwandakazi Annie Tabura wakoreraga MTN-Uganda uherutse kwirukanwa muri Uganda yahishuye uko byamugendekeye

Ubwanditsi 03 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro tariki ya 19/02/2016
Mu Mahanga

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Village Urugwiro tariki ya 19/02/2016

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we
ITOHOZA

Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa
Mu Rwanda

Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 31 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru