• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Museveni agize amahirwe yazisazira nka Mugabe

Museveni agize amahirwe yazisazira nka Mugabe

Ubwanditsi 13 Dec 2017 POLITIKI

Hagize umuntu uvuga yuko Perezida Yoweri Kaguta Museveni nta kamaro yigeze agirira Uganda yaba ari umunyakinyoma w’indashima, kuko uyu mugabo w’imyaka 73 y’amavuko yakuye igihugu cye ahakomeye kandi anagikorera byinshi byiza.

Ni kimwe n’uwavuga yuko Robert Gabriel Mugabe, w’imyaka 93 y’amavuko, nta kamaro yamariye Zimbabwe, mbere na nyuma y’aho agiriye ku butegetsi mu 1980.

Museveni yagiriye Uganda akamaro gakomeye cyane nk’uko Mugabe nawe yagize akamaro gakomeye kugira ngo Zimbabwe ive mu ‘bukoloni-bucakara’ bw’abazungu.

Museveni ashobora kuvuga yuko atandukanye na Mugabe, kandi koko baratandukanye. Ariko na none hari byinshi bahuriyeho ku buryo uwo mukuru w’igihugu cya Uganda agize Imana yazisazira nk’uwo Mugabe bagenzi be bakuye neza ku butegetsi mu mpera z’ukwezi gushize !

Muri ibi bihugu byacu byinshi byenda gusa. Tariki 22/8/1978 nibwo Perezida Jomo Kenyatta, wagejeje Kenya ku bwigengenge, yitabye Imana akiri ku ntebe y’ubutegetsi. Babajije Perezida Julius Nyerere, nawe wagejeje igihugu cye cya Tanzania ku bwigenge, icyo yavuga kuri Kenyatta wari witabye Imana, afite imyaka 87 y’amavuko, Nyerere ati nta kindi n’uko yatangiye neza akarangiza nabi !

Ariko ahari naba na Kenyatta. Umuntu ntabwo yaba abeshye avuze yuko Robert Mugabe we yatangiye neza, akora nabi cyane, anarangiza nabi cyane bitavugika !

Impamvu zatumye Nyerere, wavuye ku butegetsi ku bushake bwe afite imyaka 63 y’amavuko gusa, yaravuze yuko Jomo Kenyatta yatangiye neza akarangiza nabi zirivugira. Kenyatta yakoze akazi gakomeye cyane mu guharanira ubwigenge bwa Kenya, abirabura basubizwa ijambo n’icyizere cy’uko noneho bagiye kubaho neza !

Ariko ku banyakenya benshi icyo cyizere cyaraje amasinde. Bategereje ibyiza by’ubwigenge amaso ahera mu kirere. Umutungo w’igihugu wakomeje kugenda ujya mu maboko y’abantu bake cyane. Abanengaga imitegekere ya Kenyatta bavugaga yuko politike ye y’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage yari iy’umuntu kurya undi(mtu kula mtu). Ubanza mu Kinyarwanda ari kwakundi kw’akaruta akandi kakamira !

Kubera ahari n’iyo myaka myinshi y’amavuko ntabwo Kenyatta yari agitinya gutukanira mu ruhame, kandi bya bitutsi by’urukozasoni !

Mugabe nawe yaritanze cyane kugira ngo Zimbabwe ibone ubwigenge. Mugabe yaranafashije cyane kugira ngo ibindi bihugu byo mu majyepfo ya Afurika (Namibia na Afurika y’Epfo) byibohore, ari nako yizezaga abaturage be yuko bazabaho gi ‘Comrade’ aho umuco w’akaruta akandi kakamira ngo utazigera ugaragara muri Zimbabwe yigenga !

Mugabe ariko aho guteza imbere Zimbabwe ahubwo yarayitobye gusa, nako byari birenze no gutoba ! Ntabwo wavuga ngo ubukungu bw’igihugu bwarazambye ahubwo bwarapfuye, kandi urupfu rubi cyane !

Ntabwo wavuga ngo ifaranga rya Zimbabwe ryataye agaciro, ahubwo ryarapfuye kuko hakoreshwa idolari rya Amerika, n’ubwo uwo musaza atasibaga gutuka abazungu. Nka kwakundi twavuze yuko umusaza Kenyatta atatinyaga gutukana k’umugaragaro, n’umusaza Mugabe byari bisigaye ari uko. Yigeza kuvuga mu ruhame ngo baza muzanire Perezida Barack Obama amutinge ! Gutinga ni byabindi by’umugabo gusambanya undi mugabo, kandi ibyo Mugabe yabivuze Obama akiri Perezida wa Amerika !

Mugabe, wahemukiye cyane benshi mu bo bafatanyije urugamba rwo kubohora Zimbabwe, yari amaze gusaza ku buryo yari atagishoboye gutegeka igihugu, ategekerwa n’umugore we Grace  nawe akabikora asenya !

Grace Mugabe w’imyaka 52 y’amavuko yarangagwa n’ubwirasi, ubuzima bukabije guhenda, amatiku no gusahura igihugu, yari yarabindikiranyije Mugabe, yemera yuko agomba kuba ariwe uzamusimbura ku butegetsi !

Igisirikare n’ishyaka ZANU-PF riri ku butegetsi byabonaga  yuko Perezida Mugabe nta kibazo kinini afite, ahubwo ikibazo kiri ku busaza bwe n’umugore we wacagamo ibice abagize iryo shyaka riri ku butegetsi kuva Zimbabwe yabona ubwigenge mu 1980.

Icyo gisirikare rero n’iryo shyaka rye byahisemo gukorera Mugabe kudeta ya kivandimwe, ngo adakomeza kuroha igihugu kurushaho !

Ni kudeta ya kivandimwe kuko Mugabe ntacyo azaba. Bazakomeza bamurwaze rwaze kugeza yipfiriye, cyane yuko n’urupfu rwe rugomba kuba rutari kure cyane !

Perezida Mugabe gukurwa ku butegetsi muri ubwo buryo yagize amahirwe cyane, na Perezida Museveni ashatse yasenga  akazagira amahirwe nk’ayo ya Mugabe, kuko bimaze kugaragara yuko we ubwe adashobora kuyiha !

Museveni ariko hari amahirwe n’amakuba afite kurusha ayo Mugabe yari afite. Amahirwe n’uko Museveni adafite umugore n’abana b’ibirumbo nk’uko bimeze kuri Mugabe.

N’ubwo Museveni yagize umugore we, Janet Kataaha, minisitiri w’uburezi n’umuco bamwe bakavuza induru, ariko nta kigaragaza yuko yamuteguraga kuzamusimbura ku butegetsi nk’uko byari bimeze kuri Perezida Mugabe akura ku mwanya wa Visi Perezida Emmerson Mnangagwa mu ntangiriro z’ukwezi gushize.

Janet Museveni kandi nk’umuntu w’umugore w’imyaka 69 y’amavuko ntabwo agaragaza kuba afite inyota yo kuzasimbura ku butegetsi umugabo we, w’imyaka 73 y’amavuko, nk’uko byari bimeze kuri Grace Mugabe w’imyaka 52 y’amavuko, wanataye umugabo we bari bafitanye umwana kugira ngo arongorwe na perezida.

Perezida Museveni afite ibibazo bye bwite, umugore n’abana be badafitemo uruhare nk’uko byari bimeze kuri Perezida Mugabe.

Muri 2005 Museveni yashoboye guhindura itegeko nshinga hakurwamo ingingo yamubuzaga gutegeka manda zirenze ebyiri z’imyaka itanu itanu. Ubu ariko arimo kugundagurana n’ingingo ibuza umuntu kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu ari mu myaka 75 y’amavuko.

Uko bigaragara n’uko iyo ngingo y’iryo tegeko izahindurwa Museveni akazongera kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, kandi atsinde. Izaba ari manda ye ya karindwi, harimo ebyiri atigeze atorerwa. Izo yazitegetse bakiva mu ishyamba iby’amatora bitaratangira !

Muri Uganda cyimwe na Zimbabwe hari ishyaka rikomeye muri opozisiyo, kandi yombi ugasanga afite imbaraga zingana nk’uko anafite amazina yenda gusa. Iryo muri Zimbabwe ryitwa Movement for Democratic Change (MDC), naho iryo muri Uganda rikitwa Forum for Democratic Change (FDC).

Uretse no kuba ayo mashyaka yombi afite inyito zenda gusa, anahuriye no ku kintu cy’uko muri buri tora rya Perezida wa Repubulika atanga umukandida ariko ntatsinde, ariko akaba aba yabonye amajwi atubutse ! Ngira ngo uko kubona amajwi atubutse aribyo bituma abo muri MDC muri Zimbabwe na FDC muri Uganda bakomezaga gusakuza yuko babaga bibwe amajwi. Muri Zimbabwe ibyo byatumye Perezida Mugabe yemera gusaranganya ubutegetsi na candida Perezida wa MDC, Morgan Tsvangirai. Iyo guverinoma y’ubumwe yabaye hagati ya 2009 na 2013, hanyuma Mugabe abivamo kuko yabonaga yuko abo muri MDC batagifite ubukana.

Muri Uganda ho komisiyo y’amatora yatangazaga yuko Museveni yatsinze na MDC igatangaza yuko umukandida wayo, Kiiza Besigye ariwe watsinze. Museveni yarahizwa nka Perezida wa Repubulika na Kiiza Besigye FDC ikamurahiza nka Perezida wa Repubulika, bakamufunga umwuka mubi wa politike wacururuka  bakamurekura !

N’ubwo ariko tuvuga yuko opozisiyo muri Uganda na Zimbabwe zikomeye, ntabwo MDC yari gushobora kweguza Mugabe nk’uko FDC itashobora kweguza Museveni. Mugabe yegujwe kivandimwe n’igisirikare cye kimwe n’ishyaka rye riri ku butegetsi, ZANU-PF. Museveni nawe agize Imana igisirikare cye n’ishyaka rye NRM byamweguza kivandimwe, ariko uko bigaragara n’uko ishyaka rye yaryambuye imbaraga zihagije zo kuba ryamweguza, nk’uko binameze kugisirikare cye !

Casmiry Kayumba

2017-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Perezida Tshisekedi yunamiye inzirakarengane za Jenoside zishyinguye ku Gisozi

Ubwanditsi 25 Mar 2019
‘ Gutegeka abantu demokarasi runaka, utabanje kumenya uko babayeho, umuco wabo n’amahame y’igihugu, ni ubujiji ‘.- Perezida Kagame  [ Igice cya 2 ]

‘ Gutegeka abantu demokarasi runaka, utabanje kumenya uko babayeho, umuco wabo n’amahame y’igihugu, ni ubujiji ‘.- Perezida Kagame [ Igice cya 2 ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke

RUSHYASHYA 31 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sonia Rolland yaje i Kigali gutanga amanota muri Miss Rwanda (Amafoto)
HIRYA NO HINO

Sonia Rolland yaje i Kigali gutanga amanota muri Miss Rwanda (Amafoto)

Ubwanditsi 23 Feb 2018
Umunyamakuru Shyaka Kanuma  aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana  ibyaha ashinjwa
Mu Rwanda

Umunyamakuru Shyaka Kanuma aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana ibyaha ashinjwa

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware
Mu Mahanga

Burundi : Gen. Gaciyubwenge arahigwa bukware

Ubwanditsi 06 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru