• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kaboneka – U Rwanda ruyobowe na Perezida Kagame ntabwo ari urw’akajagari

Kaboneka – U Rwanda ruyobowe na Perezida Kagame ntabwo ari urw’akajagari

Ubwanditsi 25 Apr 2017 POLITIKI

Mu gutangiza icyumweru cy’Abajyanama ku rwego rw’Umujyi wa Kigali, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yavuze ko abaturage n’abayobozi bagomba gufatanya kubaka igihugu no kugera ku iterambere. Asubiza umuturage wavuze ko yangiwe kubaka, Kaboneka yavuze ko hari ubwo bikorwa ku bwo gutegera ejo hazaza, kuko ‘U Rwanda ruyobowe na Perezida Paul Kagame atari urw’akajagari’.

Ni mu kagari ka Kagasa mu murenge wa Gahanga, mu Karere ka Kicukiro, niho Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Visi Perezida wa Njyanama y’Umujyi wa Kigali, ba Mayor uwa Kicukiro, Gasabo n’abandi bayobozi n’Abajyanama mu Mujyi wa Kigali bari bateraniye.

Abaturage basobanuriwe ko Abagize Njyanama bagomba kubabera ikiraro kibahuza na Nyobozi, bagafatanya mu gutegura no kwesa imihigo.

Kuri iki kibazo bamwe mu baturage bagaragaje ko hakiri ibibazo mu myanzuro ibafatirwa, nubwo hari abemeza ko Abajyanama babafasha.

Uwimana Syprien wo mu kagari ka Kagasa, agira ati “Abajyanama imirimo twabatoreye rwose barayubahiriza, ibikorwa byiza bakabitugezaho, ibyo twabatumye bakajyenda bakatuvuganira byaba bitaragerwaho bakongera kugaruka tukababaza tuti ‘ibyo twabatumye bigeze he?’, bati ‘twarabivuze ariko turabitegereje’.”

Uyu muturage avuga ko uruhare rw’umuturage rukwiye kuba kutiganda. Umuhigo ngo yabashije kugeraho ni uko yitangira amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, ndetse akaba ashishikariza n’abandi kuyitanga.

Abandi baturage bagaragaje ibibazo ariko, berekanye ko mu murenge wa Gahanga harimo ikibazo cy’umutekano muke, aho umwe yagaragaje ko yanizwe avuye ku kazi agatabaza akabura umutabara kandi ngo byabaye saa tatu n’igice z’ijoro amasaha yita ko hari hakiri kare.

Undi witwa Nsanzabera ubona ko nta ruhare abaturage bagira mu kwesa imihigo, yagize ati “Abaturage iyo tubona imashini ziza guca ibibanza mu masambu yacu batatubwiye, usanga abaturage batabyiyumvamo.”

-6377.jpg
Abaturage bitabiriye inama ari benshi

Uku abibona binasa n’iby’undi muturage wavuze ko yavuye mu Gisirikare akagura ikibanza muri Gahanga, akangirwa kucyubaka kandi abandi baturanye bubaka, ubu ngo akaba abayeho nka ‘mayibobo’ ntacyo yakoresha icyo kibanza.
Ati “Tubona ari ibintu bazana bakadutura hejuru ngo ni mukore ibi.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka yasabye abayobozi ba Kicukiro by’umwihariko kumanuka bakajya gukemura ibibazo byagaragajwe, ariko anasaba uruhare rw’abaturage mu gutanga amakuru no gukemura ibibazo bafite.

Ati “Mureke dufatanye twiyubakire igihugu cyacu, twicungire umutekano, utwo dutotsi twari dutangiye kuzamo bashikuza amasakoshi, baniga abantu …ntabwo ari mu Rwanda bashobora kuba, bigomba guhagarara ariko twese tubigizemo uruhare.”

Arongera ati “Ntabwo ibisubizo byo gukemura ibibazo biri muri Gahanga bizava mu ijuru, ntabwo bizaturuka i Burayi, nta bwo muzajya mu nsengero ngo mubwiyirize, muraremo, mumare icyumweru, mumare ukwezi, muvuge ngo bizakemuka, n’Imana ifasha ugize ate? [umuturage ‘uwifashije’], mureke dufatanye, twubake Gahanga yacu, twubake Kicukiro, twubake Umujyi, twubake Igihugu cyacu.”

Asubiza umuturage wangiwe kubaka, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka yavuze ko hari ubwo ubuyobozi bubuza umuntu kubaka hagamijwe kwanga akajagari no gutegera akazaza ejo.

-6378.jpg
Ministiri Francis Kaboneka

Ati “…Turategera akazaza ejo, ndagira ngo mubyumve mubyubahe mweye kumva ko harimo ikibazo. Urubaka akazu k’akajagari aha n’undi agakubite ahangaha, aha hose usange habaye akajagari. U Rwand aturimo uyu munsi ntabwo ari u Rwanda rw’akajagari, ni u Rwanda rufite icyerekezo, u Rwanda ruyobowe na Paul Kagame, Perezida wa Repubulika ntabwo ari urw’akajagari ni u Rwanda arufite icyerekezo, rufitiye Abanyarwanda akamaro n’abanyamahanga.”

Gahanga yatangirijwemo icyumweru cy’Abajyanama nk’umwe mu mirenge y’icyaro igize akarere ka Kicukiro, ariko utera imbere mu kuhashyira ibikorwa remezo, haba ikibuga cy’umupira w’amaguru (Stade Olympique) kizubakwa n’aho inama yabereye, ikibuga cya criket cyatangiye kubakwa n’ibindi bikorwa remezo biri ku gishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Kigali.

2017-04-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ubwanditsi 16 Mar 2025
Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Icyo Isi ivuga ku nsinzi ya Emmanuel Macron

Icyo Isi ivuga ku nsinzi ya Emmanuel Macron

Ubwanditsi 08 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FA Cup: Chelsea yasezereye Leicester City biyigoye
IMIKINO

FA Cup: Chelsea yasezereye Leicester City biyigoye

Ubwanditsi 19 Mar 2018
Hari amakuru ‘meza akenewe’ Bazeye na Lt. Col. Abega bo muri FDLR bamaze guha u Rwanda
ITOHOZA

Hari amakuru ‘meza akenewe’ Bazeye na Lt. Col. Abega bo muri FDLR bamaze guha u Rwanda

Ubwanditsi 05 Mar 2019
Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4
Amakuru

Inama ya Komisiyo y’imisifurire ya FERWAFA yahannye abasifuzi bagaragaje imyitwarire itari myiza, harimo n’uwahagaritswe amezi 4

Ubwanditsi 15 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru