• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Ubwanditsi 23 Jan 2018 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yagize icyo itangaza ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu ryatangajwe na Leon Mugesera ufungiye muri Gereza ya Nyanza nyuma y’iperereza yakoze igasanga ibyo yavugaga ari ukubeshya.

Itangazo iyi komisiyo yashyize ahagaragara rikaba rivuga ko ibyo Dr Leon Mugesera yatangarije itangazamakuru ko afashwe nabi n’abacungagereza aho afungiye batuma atabonana n’umuryango we ndetse ntiyemererwe kuvurwa ari ibinyoma bidafite ishingiro.

Iri tangazo rikaba rigaragaza ko nyuma yo kumva ibyatangajwe na Mugesera mu itangazamakuru ku mpungenge z’uburenganzira bwe nk’umuntu, burimo kuvuzwa, kubonana n’abanyamategeko, kugaburirwa neza, gusurwa n’umuryango we n’ibindi, Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yakoze iperereza ryigenga ndetse igasura Gereza ya Nyanza kuwa 29 Ukuboza 2017 ngo ijye kwirebera ibyo Mugesera avuga.

Iyi komisiyo yanabonanye na Mugesera ubwe bagirana ikiganiro kuri buri kibazo cy’ihonyorwa ry’uburenganzira bwe yavugaga hari n’umunyamategeko we, Rudakemwa Felix.

Ibyavuye muri uru rugendo rwakozwe muri kasho zose z’iyi gereza icumbikiye Abanyarwanda n’abanyamahanga boherejwe kurangirizamo ibihano byabo, komisiyo yasanze uburenganzira n’imibereho myiza by’imfungwa byitabwaho nk’uko biteganywa ku rwego mpuzamhanga kandi isanga ibyo Mugesera yavugaga ahanini ari ibinyoma.

Iperereza rikaba ryarasanze ivuriro riri muri gereza rikurikirana ibibazo byose by’ubuzima ku mfungwa zose nta kuvangura kandi ibibazo ridashoboye rikaba rihita ribyohereza ku bitaro bikuru.

Ku bibazo byihariye byazamuwe na Dr Leon Mugesera, komisiyo ikaba ivuga ko binyuranye n’ibirego bya Mugesera by’uko yimwe ubuvuzi, harimo kuba yarasibye inshuro 8 kubonana n’abaganga b’amaso (ophthalmologists) ku Bitaro bya Faysal (hagati ya Werurwe 2016 kugeza ubu) no kutabonana n’umuganga we, ahubwo Mugesera yavuriwe mu Bitaro bya Faysal muri icyo gihe avuga.

Komisiyo ikaba ivuga ko yasanze Mugesera afatwa kimwe n’izindi mfungwa ku ivuriro, yarakiriwe inshuro 8 hagati ya kamena 2017 kugeza ubu nk’uko biteganywa ko ibibazo byose by’uburwayi biba bigomba kubanza kwitabwaho mu ivuriro ryo muri gereza byananirana akaba ari bwo byoherezwa mu bitaro byisumbuyeho.

Ku kibazo cyo kuba Mugesera yarangiwe kubonana n’umuryango we n’umunyamategeko we, komisiyo yasanze hagati ya Kamena, itariki 16 kugeza ku itariki 24 Ukuboza 2017, Mugesera yarasuwe inshuro 13 n’umuryango we n’inshuti nk’uko bigaragara mu gitabo cyandikwamo abasura imfungwa.

Icyo gitabo kigakomeza kigaragaza ko guhera kuwa 04 Gicurasi 2016 kugeza kuwa 29 Ukuboza 2017, Mugesera yagiranye inama inshhuro 28 n’umwunganizi we mu mategeko. Komisiyo ikaba ivuga ko yasanze ibigenderwaho mu gusura imfungwa aho iba yemerewe gusurwa rimwe mu cyumweru byarubahirije.

Mu gusoza, Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yasabye Urwego rw’Igihugu rushinzwe Amagereza (RCS) gushaka ahantu hiherereye imfungwa zajya ziganirira n’abanyamategeko bazo, ndetse igakora ubukangurambaga bwo kumenyesha imfungwa amategeko agenga gereza n’ibigenderwaho, harimo n’amabwiriza arebana no gusurwa.

Komisiyo kandi ikaba yasabiye Mugesera guhabwa ibyo kurya yandikiwe na muganga we no kumworohereza kubahiriza gahunda aba afitanye n’abaganga.

2018-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutumwa AREF yageneye Abarimu bose bakoresha ururimi rw’igifaransa mu Rwanda.

Ubutumwa AREF yageneye Abarimu bose bakoresha ururimi rw’igifaransa mu Rwanda.

Ubwanditsi 31 Mar 2019
Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022
Burundi yamaze gupanga intambara, ariko se iritegura kurwana nande ?

Burundi yamaze gupanga intambara, ariko se iritegura kurwana nande ?

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Ubwanditsi 24 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC
POLITIKI

U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC

Ubwanditsi 12 Jan 2019
Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha

Ubwanditsi 09 Dec 2016
Imibanire hagati ya Adeline Rwigara n’akazu
Amakuru

Imibanire hagati ya Adeline Rwigara n’akazu

Ubwanditsi 14 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru