• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Editorial 23 Jan 2018 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yagize icyo itangaza ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu ryatangajwe na Leon Mugesera ufungiye muri Gereza ya Nyanza nyuma y’iperereza yakoze igasanga ibyo yavugaga ari ukubeshya.

Itangazo iyi komisiyo yashyize ahagaragara rikaba rivuga ko ibyo Dr Leon Mugesera yatangarije itangazamakuru ko afashwe nabi n’abacungagereza aho afungiye batuma atabonana n’umuryango we ndetse ntiyemererwe kuvurwa ari ibinyoma bidafite ishingiro.

Iri tangazo rikaba rigaragaza ko nyuma yo kumva ibyatangajwe na Mugesera mu itangazamakuru ku mpungenge z’uburenganzira bwe nk’umuntu, burimo kuvuzwa, kubonana n’abanyamategeko, kugaburirwa neza, gusurwa n’umuryango we n’ibindi, Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yakoze iperereza ryigenga ndetse igasura Gereza ya Nyanza kuwa 29 Ukuboza 2017 ngo ijye kwirebera ibyo Mugesera avuga.

Iyi komisiyo yanabonanye na Mugesera ubwe bagirana ikiganiro kuri buri kibazo cy’ihonyorwa ry’uburenganzira bwe yavugaga hari n’umunyamategeko we, Rudakemwa Felix.

Ibyavuye muri uru rugendo rwakozwe muri kasho zose z’iyi gereza icumbikiye Abanyarwanda n’abanyamahanga boherejwe kurangirizamo ibihano byabo, komisiyo yasanze uburenganzira n’imibereho myiza by’imfungwa byitabwaho nk’uko biteganywa ku rwego mpuzamhanga kandi isanga ibyo Mugesera yavugaga ahanini ari ibinyoma.

Iperereza rikaba ryarasanze ivuriro riri muri gereza rikurikirana ibibazo byose by’ubuzima ku mfungwa zose nta kuvangura kandi ibibazo ridashoboye rikaba rihita ribyohereza ku bitaro bikuru.

Ku bibazo byihariye byazamuwe na Dr Leon Mugesera, komisiyo ikaba ivuga ko binyuranye n’ibirego bya Mugesera by’uko yimwe ubuvuzi, harimo kuba yarasibye inshuro 8 kubonana n’abaganga b’amaso (ophthalmologists) ku Bitaro bya Faysal (hagati ya Werurwe 2016 kugeza ubu) no kutabonana n’umuganga we, ahubwo Mugesera yavuriwe mu Bitaro bya Faysal muri icyo gihe avuga.

Komisiyo ikaba ivuga ko yasanze Mugesera afatwa kimwe n’izindi mfungwa ku ivuriro, yarakiriwe inshuro 8 hagati ya kamena 2017 kugeza ubu nk’uko biteganywa ko ibibazo byose by’uburwayi biba bigomba kubanza kwitabwaho mu ivuriro ryo muri gereza byananirana akaba ari bwo byoherezwa mu bitaro byisumbuyeho.

Ku kibazo cyo kuba Mugesera yarangiwe kubonana n’umuryango we n’umunyamategeko we, komisiyo yasanze hagati ya Kamena, itariki 16 kugeza ku itariki 24 Ukuboza 2017, Mugesera yarasuwe inshuro 13 n’umuryango we n’inshuti nk’uko bigaragara mu gitabo cyandikwamo abasura imfungwa.

Icyo gitabo kigakomeza kigaragaza ko guhera kuwa 04 Gicurasi 2016 kugeza kuwa 29 Ukuboza 2017, Mugesera yagiranye inama inshhuro 28 n’umwunganizi we mu mategeko. Komisiyo ikaba ivuga ko yasanze ibigenderwaho mu gusura imfungwa aho iba yemerewe gusurwa rimwe mu cyumweru byarubahirije.

Mu gusoza, Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu yasabye Urwego rw’Igihugu rushinzwe Amagereza (RCS) gushaka ahantu hiherereye imfungwa zajya ziganirira n’abanyamategeko bazo, ndetse igakora ubukangurambaga bwo kumenyesha imfungwa amategeko agenga gereza n’ibigenderwaho, harimo n’amabwiriza arebana no gusurwa.

Komisiyo kandi ikaba yasabiye Mugesera guhabwa ibyo kurya yandikiwe na muganga we no kumworohereza kubahiriza gahunda aba afitanye n’abaganga.

2018-01-23
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Editorial 23 Oct 2023
“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

Editorial 15 Aug 2024
Polisi y’u Rwanda yasobanuye  iby’ ihohoterwa ryavuzwe ku banyamakuru bagiye gutara inkuru  murugo kwa Rwigara

Polisi y’u Rwanda yasobanuye iby’ ihohoterwa ryavuzwe ku banyamakuru bagiye gutara inkuru murugo kwa Rwigara

Editorial 04 Sep 2017
Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Editorial 27 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yibukije ko u Rwanda rugiye kwinjira mu mwaka w’amatora
Mu Mahanga

Perezida Kagame yibukije ko u Rwanda rugiye kwinjira mu mwaka w’amatora

Editorial 15 Dec 2016
Margret Zziwa  wirukanwe ku buyobozi bwa EALA yikomye Dr Sezibera
ITOHOZA

Margret Zziwa wirukanwe ku buyobozi bwa EALA yikomye Dr Sezibera

Editorial 06 Feb 2017
CMI muri Uganda mu gisebo n’akangaratete nyuma y’ifatwa ry’Abapagasi ba RNC mu Karere ka Mubende
Amakuru

CMI muri Uganda mu gisebo n’akangaratete nyuma y’ifatwa ry’Abapagasi ba RNC mu Karere ka Mubende

Editorial 07 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru