• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rusesabagina niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?

Rusesabagina niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?

Ubwanditsi 25 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Muri Kamena 2021, Perezida Kagame yagiranye ikiganiro na France24, aho yatangarije icyo gitangazamakuru ko bafite amakuru ko Rusesabagina yasubiye mu bikorwa byo gufatanya n’imitwe yitwaje intwaro kandi yari yaranditse ibaruwa ivuga ko abihuzwe kugirango ahabwe imbabazi.

Rusesabagina ntiyihishira, mu mpera z’icyumweru gishize yabonanye n’abambari b’imitwe yitwako itavuga rumwe n’u Rwanda kandi nayo ubwayo itavuga rumwe, ayisaba guhaguruka bakamukurikira ngo bakabohoza u Rwanda.

Bitandukanye n’ubushize, Rusesabagina yahinduye imvugo ntakivuga ko azakoresha intwaro cyangwa ngo avuge ko bafite abasirikari nubwo yabitaga abahinzi bakeneye amasuka ashaka kuvuga ko ingabo ze za FLN zikeneye imbunda, Rusesabagina yagarukanye ubukana buruta ubwambere ashaka kugaragaza ko Leta yatowe n’’abaturage iyobowe na Perezida Kagame, hari impamvu zikomeye zo kuyikuraho; imbere y’interahamwe n’abahakana Jenoside Rusesabagina yarekuye ibinyoma bimeze nkibyavugirwaga kuri Radio rutwitsi ya RTLM.

Mu ijambo rye Rusesabagina yagarutse kukuvuga FPR nkuko ingoma ya Kayibanda na Habyarimana yavugaga ingoma ya cyami! Mu Ijambo rye, Rusesabagina yavuzeko, umuturage ahinga FPR igasarura ashaka kumvikanisha ko abaturage ari abaja ba FPR bakiri mu buhake.

Muri gahunda y’imiturire Rusesabagina yavuze ko mu Rwanda hubakwa imidugudu we akayibona nka gereza.Yibagiweko itangazamakuru ryateye imbere ko ntakintu kikibera mu muhezo, yibagirwa uburyo abaturage batuzwa mu midugudu ari abavanywe mu manegeka hashyira ubuzima bwabo mu kaga, n’abakene batabashije kwiyubakira inzu.

Iyo bagejejwe mu midugudu bahabwa amatungo abafasha kwiteza imbere, abana babo babona amashuri hafi n’ibindi. Imyidagaduro hafi. Ubwo buzima, Rusesabagina yabwise ubwa Gereza. Abayobozi batandukanye barimo n’abakuru b’ibihugu iyo basuye u Rwanda basura niyo midugudu.

Mu gukomeza gushaka umujinya n’uburakari ngo abo yabwiraga bange FPR nubwo itabasaba kuyikunda, Rusesabagina yavuzeko ubushomeri buri kuri 90, mbese muri miliyoni 13 abafite akazi ni ibihumbi 130 gusa. Inganda zose abikorera abakozi ba Leta baba abasirikari abaganga, abarimu abapolisi, abahinzi borozi, kuri Rusesabagina ni 10%.

Mu kwitaka Rusesabagina yivuga imyato akavuga uburyo yasohotse muri gereza nijoro abagororwa bakamukorera imirongo ibiri akanyuramo n’icyubahiro bakamusaba kubabera umuvugizi; ibi bitandukanye n’uburyo avuga ko yari afungiye ikuzimu akorerwa iyicwarubozo.

Rusesabagina yavuzeko mu Rwanda harimo Gereza 19 zifungiyemo ibihumbi birenga 300, icyambere yabeshye ku mubare wa gereza ziri mu Rwanda kuko ni 13 anabeshya ku mfungwa ziri muri ayo magereza.

Mu ibaruwa isaba imbabazi yandikiye Umukuru w’Igihugu, Rusesabagina yagize ati “Ndabizeza binyuze muri iyi baruwa ko nta zindi nyungu ntegereje zaba bwite cyangwa iza politiki. Ibibazo bijyanye na politiki y’u Rwanda nzabisiga inyuma yanjye.”

Ibyo yanditse ku wa 14 Ukwakira 2022, bikamuhesha gufungurwa ku wa 24 Werurwe 2023, birasa n’aho yamaze kubyibagirwa burundu, aka wawundi washize impumu akibagirwa icyamwurukansaga.

Ubu yongeye gusubira mu bijyanye na politiki avuga ku Rwanda, ndetse yageze n’aho asaba abantu kumwiyungaho, ati “njye nditeguye, mwe muriteguye?”

Uyu mugabo yavuze ko “n’iyo banca umutwe sinarota ndeka politike kandi nicyo gituma ubushobozi bwose bw’inzira y’ibiganiro, y’amatora n’umuheto ni byaba ngombwa, tuzabikoresha kandi mu minsi iza turatangira ihuriro ryacu kandi muzabona ko dufite ingufu ziruta iz’ abandi bose.”

Ikigaragara Rusesabagina yazanye umujinya n’ishyaka rikomeye ariko ari kwirinda ibyamufunze kuko ibimenyetso ahamagarira abantu gusanga FLN byari ku mugaragaro. Arakoresha inzira izimije. Ariko se niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?

2024-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura  ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Perezida Museveni arashinja umutwe wa ADF kuba ari wo wishe AIGP Andrew Kaweesi n’umushinjacyaha Kagezi

Perezida Museveni arashinja umutwe wa ADF kuba ari wo wishe AIGP Andrew Kaweesi n’umushinjacyaha Kagezi

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu  kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Umugororwa Rugamba Jovin arashakishwa uruhindu kubera gutoroka gereza nshya ya Mageragere

Ubwanditsi 26 Feb 2017
Burundi: Babiri bari bajyanywe mu kato bakekwaho COVID-19 bishwe batagejejweyo

Burundi: Babiri bari bajyanywe mu kato bakekwaho COVID-19 bishwe batagejejweyo

Ubwanditsi 05 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari
POLITIKI

Brazil: Umuhungu wa Perezida wa Guinée Equatoriale yasanganywe miliyoni 16 z’amadolari

Ubwanditsi 17 Sep 2018
BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize
UBUKUNGU

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Uganda ikomeje kuba akarima na gatobero ka Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 26 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru