• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Ubwanditsi 22 Nov 2017 POLITIKI

Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango Mo Ibrahim, yashyizwe ahagaragara muri uyu mwaka yagaragaje ko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu kugira inzego z’ubuyobozi zikorera mu mucyo.

Ni ubushakashatsi bwakorewe mu bihugu 54 byo ku mugabane wa Afurika, ikusanyamakuru rikaba ryarakozwe kuva mu 2000 kugeza muri 2016.

Bwiswe ‘Ibrahim Index of African Governance:IIAG) bufatwa k’igipimo cy’imiyoborere muri Afurika harebwa niba abaturage bahabwa uburenganzira, urubuga rwa politiki, basaranganya ibyiza by’ibihugu byabo n’ibindi.

Ibipimo byibandwaho birimo imiyoborere muri rusange, umutekano n’iyubahirizwa ry’amategeko, uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwabo, ubukungu burambye n’iterambere rigera ku muturage.

Buri gipimo kigabanyijemo ingingo nto zigaruka ku mutekano w’umuntu ku giti cye, uw’igihugu muri rusange, gukorera mu mucyo, imicungire y’ibya rubanda, imibereho myiza y’abaturage, guteza imbere uburezi, ubuzima n’ibindi.

Mu bijyanye no gukorera mu mucyo no kurwanya ruswa mu nzego za leta u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika aho rufite amanota 72,1%.

Mu bijyanye no gusaranganya ibyiza n’umutungo ku benegihugu rufite amanota 98,7% naho ku byerekeye gutanga serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga rufite 61,8%.

Bamwe mu basaba serivisi mu nzego z’ibanze nk’imirenge n’utugari bavuga ko basigaye bahabwa serivisi zihuse ahanini hifashishijwe ikoranabuhanga rya Irembo aho byasabaga gutonda umurongo no gutegereza umwanya munini rikaba rituma bihita bikorwa ako kanya.

Ikindi kigarukwaho ni ubukangurambaga ku bakora mu bigo bya leta bakangurirwa kwakira ababagana mu buryo bunoze.

Kuba u Rwanda ruri ku mwanya mwiza ntibivuze ko nta bibazo rufite mu bijyanye n’imiyoborere hakaba hazakomeza kunozwa ibitagenda neza nk’uko Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imiyoborere(RGB), Prof Shyaka Anastase yabitangaje.

Ati “Ntabwo bivuze ko nta bibazo bihari; birimo ariko ahari ibibazo dukomeze tubishakire ibisubizo twumva ngo icyerekezo turimo ni cyiza.”

Ku bijyanye n’imiyoborere myiza muri rusange, u Rwanda ruri ku mwanya wa cyenda n’amanota 63,9% mu gihe Ibirwa bya Maurice biri ku mwanya wa mbere n’amanota 81,4% naho Seychelles igakurikiraho na 73,4%.

U Rwanda ruza ku mwanya wa 12 ku ngingo y’uko umutekano uhagaze no kubahiriza amategeko aho mu bihugu byo mu karere Tanzania iri ku mwanya wa 14, Uganda ikaza ku wa 25, Kenya uwa 27 n’u Burundi ku wa 49.

Nk’uko iyi raporo ibigaragaza kandi u Rwanda ruri ku mwanya wa mbere mu kwimakaza uburinganire bw’umugabo n’umugore, rukaba urwa gatatu mu kugira amahirwe y’ubukungu burambye no ku mwanya wa cyenda mu micungire y’ibya rubanda.

Ni urwa 17 mu bikorwaremezo biteye imbere, rukaba urwa mbere mu kuzamura ibyaro n’imibereho myiza y’abaturage.

U Rwanda ruza ku mwanya wa 12 ku ngingo y’uko umutekano uhagaze no kubahiriza amategeko aho mu bihugu byo mu karere Tanzania iri ku mwanya wa 14, Uganda ikaza ku wa 25, Kenya uwa 27 n’u Burundi ku wa 49.

Nk’uko iyi raporo ibigaragaza kandi u Rwanda ruri ku mwanya wa mbere mu kwimakaza uburinganire bw’umugabo n’umugore, rukaba urwa gatatu mu kugira amahirwe y’ubukungu burambye no ku mwanya wa cyenda mu micungire y’ibya rubanda.

Ni urwa 17 mu bikorwaremezo biteye imbere, rukaba urwa mbere mu kuzamura ibyaro n’imibereho myiza y’abaturage.

2017-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya

Leta y’u Rwanda yaburiye ibihugu bikomeje gushyigikira imitwe y’inyeshyamba ziyirwanya

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Burundi :  Impamvu CNDD-FDD yacitsemo ibice bibiri

Ubwanditsi 20 Jun 2019
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu
Amakuru

Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Ubwanditsi 20 Dec 2022
Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs
UBUKUNGU

Perezida Kagame yagaragaje ko guha imbaraga urwego rw’abikorera byakwihutisha igerwaho rya SDGs

Ubwanditsi 12 Dec 2017
“Nahoze muri FDLR mbana n’abayobozi bakuru none narongowe n’umusirikari wa RDF ndetse na musaza wanjye aba muri RDF ubu abarizwa mu butumwa mu mahanga” Laurence Mujawayesu
Amakuru

“Nahoze muri FDLR mbana n’abayobozi bakuru none narongowe n’umusirikari wa RDF ndetse na musaza wanjye aba muri RDF ubu abarizwa mu butumwa mu mahanga” Laurence Mujawayesu

Ubwanditsi 02 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru