• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Ubwanditsi 22 Nov 2017 POLITIKI

Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango Mo Ibrahim, yashyizwe ahagaragara muri uyu mwaka yagaragaje ko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu kugira inzego z’ubuyobozi zikorera mu mucyo.

Ni ubushakashatsi bwakorewe mu bihugu 54 byo ku mugabane wa Afurika, ikusanyamakuru rikaba ryarakozwe kuva mu 2000 kugeza muri 2016.

Bwiswe ‘Ibrahim Index of African Governance:IIAG) bufatwa k’igipimo cy’imiyoborere muri Afurika harebwa niba abaturage bahabwa uburenganzira, urubuga rwa politiki, basaranganya ibyiza by’ibihugu byabo n’ibindi.

Ibipimo byibandwaho birimo imiyoborere muri rusange, umutekano n’iyubahirizwa ry’amategeko, uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwabo, ubukungu burambye n’iterambere rigera ku muturage.

Buri gipimo kigabanyijemo ingingo nto zigaruka ku mutekano w’umuntu ku giti cye, uw’igihugu muri rusange, gukorera mu mucyo, imicungire y’ibya rubanda, imibereho myiza y’abaturage, guteza imbere uburezi, ubuzima n’ibindi.

Mu bijyanye no gukorera mu mucyo no kurwanya ruswa mu nzego za leta u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika aho rufite amanota 72,1%.

Mu bijyanye no gusaranganya ibyiza n’umutungo ku benegihugu rufite amanota 98,7% naho ku byerekeye gutanga serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga rufite 61,8%.

Bamwe mu basaba serivisi mu nzego z’ibanze nk’imirenge n’utugari bavuga ko basigaye bahabwa serivisi zihuse ahanini hifashishijwe ikoranabuhanga rya Irembo aho byasabaga gutonda umurongo no gutegereza umwanya munini rikaba rituma bihita bikorwa ako kanya.

Ikindi kigarukwaho ni ubukangurambaga ku bakora mu bigo bya leta bakangurirwa kwakira ababagana mu buryo bunoze.

Kuba u Rwanda ruri ku mwanya mwiza ntibivuze ko nta bibazo rufite mu bijyanye n’imiyoborere hakaba hazakomeza kunozwa ibitagenda neza nk’uko Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imiyoborere(RGB), Prof Shyaka Anastase yabitangaje.

Ati “Ntabwo bivuze ko nta bibazo bihari; birimo ariko ahari ibibazo dukomeze tubishakire ibisubizo twumva ngo icyerekezo turimo ni cyiza.”

Ku bijyanye n’imiyoborere myiza muri rusange, u Rwanda ruri ku mwanya wa cyenda n’amanota 63,9% mu gihe Ibirwa bya Maurice biri ku mwanya wa mbere n’amanota 81,4% naho Seychelles igakurikiraho na 73,4%.

U Rwanda ruza ku mwanya wa 12 ku ngingo y’uko umutekano uhagaze no kubahiriza amategeko aho mu bihugu byo mu karere Tanzania iri ku mwanya wa 14, Uganda ikaza ku wa 25, Kenya uwa 27 n’u Burundi ku wa 49.

Nk’uko iyi raporo ibigaragaza kandi u Rwanda ruri ku mwanya wa mbere mu kwimakaza uburinganire bw’umugabo n’umugore, rukaba urwa gatatu mu kugira amahirwe y’ubukungu burambye no ku mwanya wa cyenda mu micungire y’ibya rubanda.

Ni urwa 17 mu bikorwaremezo biteye imbere, rukaba urwa mbere mu kuzamura ibyaro n’imibereho myiza y’abaturage.

U Rwanda ruza ku mwanya wa 12 ku ngingo y’uko umutekano uhagaze no kubahiriza amategeko aho mu bihugu byo mu karere Tanzania iri ku mwanya wa 14, Uganda ikaza ku wa 25, Kenya uwa 27 n’u Burundi ku wa 49.

Nk’uko iyi raporo ibigaragaza kandi u Rwanda ruri ku mwanya wa mbere mu kwimakaza uburinganire bw’umugabo n’umugore, rukaba urwa gatatu mu kugira amahirwe y’ubukungu burambye no ku mwanya wa cyenda mu micungire y’ibya rubanda.

Ni urwa 17 mu bikorwaremezo biteye imbere, rukaba urwa mbere mu kuzamura ibyaro n’imibereho myiza y’abaturage.

2017-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC

U Bubiligi bwasabye abaturage babwo kuva ku butaka bwa RDC

Ubwanditsi 12 Jan 2019
U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye

U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 28 Dec 2025
Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Ubwanditsi 07 Apr 2021
Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.
POLITIKI

MINISITIRI MUSHIKIWABO YAGANIRIYE NA MINISITIRI W’INTEBE WA ISRAEL, BENJAMIN NETANYAHU.

Ubwanditsi 21 Jan 2016
Rayon Sports igiye kwitaba FERWAFA gusobanura akagambane ishinjwa na Kiyovu Sports
IMIKINO

Rayon Sports igiye kwitaba FERWAFA gusobanura akagambane ishinjwa na Kiyovu Sports

Ubwanditsi 29 Jul 2018
Uganda: Abaherutse guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare
ITOHOZA

Uganda: Abaherutse guhohotera utavuga rumwe n’ubutegetsi bagejejwe mu rukiko rwa gisirikare

Ubwanditsi 21 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru