• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Ubwanditsi 29 Aug 2018 POLITIKI

Mu bikorwa byo kwiyamamaza kw’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Intara y’Amajyepfo niyo yasorejweho icyumweru cya kabiri, uturere twose twayo tumaze kugerwamo n’Abakandida Depite bayo.

Huye na Nyamagabe nitwo turere twasorejweho ibikorwa bya Green party byo kwiyamamaza mu Ntara y’Amajyepfo, hari kuwa 26/08/2018. Iterambere rirambye niryo zingiro ry’imigabo n’imigambi y’iri shyaka.

INSHAMAKE YO KWIYAMAMAZA KWA GREEN PARTY MU MAJYEPFO

Kuwa 13/08/2018, nibwo Green Party yatangiye kwamamaza abakandida depite bayo, ihera mu mirenge ibiri, Mushishiro na Nyamabuye yombi yo mu Karere ka Muhanga. Ubutumwa nyamukuru bwahatangiwe, Dr Frank Habineza yagize ati: “Turashaka guteza imbere ubuhinzi, aho buri wese azajya ahinga akeza, buri muryango ukagira umutekano mu mirire”

Green Party yiyamamarije mu Karere ka Muhanga
Kuwa 18/08/2018, Green Party yiyamamarije i Gihara mu Karere ka Kamonyi. Ubuyobozi bw’iri shyaka bwijeje abaturage kuzakora ubuvugizi n’amategeko bishyiraho Banki y’Ubuhinzi n’Ubworozi ibaguriza ngo bazamure ibikorwa byabo, kandi bakishyura badashyizeho inyungu.
Green Party yiyamamarije mu Karere ka Kamonyi

Kuwa 23/08/2018, Green Party yageze mu Rwanza, mu Karere ka Gisagara, ibikorwa byo kuhiyamamariza bitambamirwa no kuba abaturage bari bakusanyirijwe kujya mu bindi bikorwa.

Green Party mu Karere ka Gisagara
Uwo munsi kandi ibikorwa byo kwiyamamaza bya DGPR byakomereje mu Karere ka Nyanza aho ubuyobozi bw’iri shyaka bwagarutse ku kuzakora amategeko yorohereza abacuruzi, ntibakore bahomba kubw’imisoro ihanitse.
Green Party yiyamamarije mu Karere ka Nyanza
Kuwa 24/08/2018, kwiyamamaza kwa Green Party kwakomereje mu Karere ka Nyaruguru,i Muganza. Dr Frank Habineza yababwiye ko kimwe mu byo bazashyira imbere mu buryo budasubirwaho, ari umutekano w’igihugu, kandi ugacungwa mu buryo bujyanye n’iterambere rihanitse.
Green Party yiyamamarije mu Karere ka Nyaruguru
Ku gicamunsi cyo kuwa 24/08/2018, Green Party yiyamamarije mu Karere ka Ruhango, abakandida depite ba Green Party basezeranya abaturage kuzavanaho umusoro w’ubutaka, kandi abahinzi bakazajya bahinga bakurikije amahitamo yabo.
Green Party yiyamamarije mu Ruhango
Kuwa 26/08/2018, Green Party yakomereje igikorwa cyo kwiyamamaza i Gasaka mu Karere ka Nyamagabe. Bijeje ababyeyi ko abana bakivuka bazajya bitabwaho kandi bakavurirwa ubuntu mu mezi 12 ya mbere.
Green Party yiyamamarije mu Karere ka Nyamagabe
Ibikorwa byo kwiyamamaza kwa Green Party mu Ntara y’Amajyepfo byasorejwe i Rango mu Karere ka Huye, aho Umunyamabanga Mukuru w’iri Shyaka, Kandida-Depite Jean Claude Ntezimana yavuze ko bazakora ubuvugizi caguwa ikagaruka. Perezida wa Green Party Dr Frank Habineza yavuze ko Huye izatezwa imbere ikongera kuba umujyi wa Kabiri kuri Kigali, kandi Hakazaharanirwa ko Kaminuza y’u Rwanda isubizwa mu gicumbi cyayo.

 

2018-08-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Muri 2017 amatora areze muri Afurika nk’uko byagenze muri 2016

Ubwanditsi 06 Mar 2017
Uganda: Perezida Yoweri Museveni Yarusimbutse Imwe Mu Modoka Ze Irangizwa

Uganda: Perezida Yoweri Museveni Yarusimbutse Imwe Mu Modoka Ze Irangizwa

Ubwanditsi 14 Aug 2018
Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Ubwanditsi 23 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba
Amakuru

CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

Ubwanditsi 01 Sep 2025
Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe
Amakuru

Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki
UBUKUNGU

Hehe no gutegereza iminsi ngo ubikuze sheki y’indi banki

Ubwanditsi 18 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru