• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Ubwanditsi 29 Aug 2018 POLITIKI

Mu bikorwa byo kwiyamamaza kw’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Intara y’Amajyepfo niyo yasorejweho icyumweru cya kabiri, uturere twose twayo tumaze kugerwamo n’Abakandida Depite bayo.

Huye na Nyamagabe nitwo turere twasorejweho ibikorwa bya Green party byo kwiyamamaza mu Ntara y’Amajyepfo, hari kuwa 26/08/2018. Iterambere rirambye niryo zingiro ry’imigabo n’imigambi y’iri shyaka.

INSHAMAKE YO KWIYAMAMAZA KWA GREEN PARTY MU MAJYEPFO

Kuwa 13/08/2018, nibwo Green Party yatangiye kwamamaza abakandida depite bayo, ihera mu mirenge ibiri, Mushishiro na Nyamabuye yombi yo mu Karere ka Muhanga. Ubutumwa nyamukuru bwahatangiwe, Dr Frank Habineza yagize ati: “Turashaka guteza imbere ubuhinzi, aho buri wese azajya ahinga akeza, buri muryango ukagira umutekano mu mirire”

Green Party yiyamamarije mu Karere ka Muhanga
Kuwa 18/08/2018, Green Party yiyamamarije i Gihara mu Karere ka Kamonyi. Ubuyobozi bw’iri shyaka bwijeje abaturage kuzakora ubuvugizi n’amategeko bishyiraho Banki y’Ubuhinzi n’Ubworozi ibaguriza ngo bazamure ibikorwa byabo, kandi bakishyura badashyizeho inyungu.
Green Party yiyamamarije mu Karere ka Kamonyi

Kuwa 23/08/2018, Green Party yageze mu Rwanza, mu Karere ka Gisagara, ibikorwa byo kuhiyamamariza bitambamirwa no kuba abaturage bari bakusanyirijwe kujya mu bindi bikorwa.

Green Party mu Karere ka Gisagara
Uwo munsi kandi ibikorwa byo kwiyamamaza bya DGPR byakomereje mu Karere ka Nyanza aho ubuyobozi bw’iri shyaka bwagarutse ku kuzakora amategeko yorohereza abacuruzi, ntibakore bahomba kubw’imisoro ihanitse.
Green Party yiyamamarije mu Karere ka Nyanza
Kuwa 24/08/2018, kwiyamamaza kwa Green Party kwakomereje mu Karere ka Nyaruguru,i Muganza. Dr Frank Habineza yababwiye ko kimwe mu byo bazashyira imbere mu buryo budasubirwaho, ari umutekano w’igihugu, kandi ugacungwa mu buryo bujyanye n’iterambere rihanitse.
Green Party yiyamamarije mu Karere ka Nyaruguru
Ku gicamunsi cyo kuwa 24/08/2018, Green Party yiyamamarije mu Karere ka Ruhango, abakandida depite ba Green Party basezeranya abaturage kuzavanaho umusoro w’ubutaka, kandi abahinzi bakazajya bahinga bakurikije amahitamo yabo.
Green Party yiyamamarije mu Ruhango
Kuwa 26/08/2018, Green Party yakomereje igikorwa cyo kwiyamamaza i Gasaka mu Karere ka Nyamagabe. Bijeje ababyeyi ko abana bakivuka bazajya bitabwaho kandi bakavurirwa ubuntu mu mezi 12 ya mbere.
Green Party yiyamamarije mu Karere ka Nyamagabe
Ibikorwa byo kwiyamamaza kwa Green Party mu Ntara y’Amajyepfo byasorejwe i Rango mu Karere ka Huye, aho Umunyamabanga Mukuru w’iri Shyaka, Kandida-Depite Jean Claude Ntezimana yavuze ko bazakora ubuvugizi caguwa ikagaruka. Perezida wa Green Party Dr Frank Habineza yavuze ko Huye izatezwa imbere ikongera kuba umujyi wa Kabiri kuri Kigali, kandi Hakazaharanirwa ko Kaminuza y’u Rwanda isubizwa mu gicumbi cyayo.

 

2018-08-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikibazo cy’abarwanyi ba FDLR kiri mu biraje ishinga ba Perezida Kagame na Perezida  Kabila

Ikibazo cy’abarwanyi ba FDLR kiri mu biraje ishinga ba Perezida Kagame na Perezida Kabila

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Ubwanditsi 23 Sep 2017
Muburakari bwishi: Fayulu yasabye abamushyigikiye kwamagana ko Tshisekedi ari Perezida wa RDC

Muburakari bwishi: Fayulu yasabye abamushyigikiye kwamagana ko Tshisekedi ari Perezida wa RDC

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Ubwanditsi 16 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir yemerewe gukoresha ikibuga cya Accra mu ngendo zirimo urwo muri Amerika
UBUKERARUGENDO

RwandAir yemerewe gukoresha ikibuga cya Accra mu ngendo zirimo urwo muri Amerika

Ubwanditsi 22 May 2018
Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.
INKURU NYAMUKURU

Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Ubwanditsi 12 Aug 2019
Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage
Mu Mahanga

Gikomero: Hatashywe sitasiyo ya Polisi yubatswe ku bufatanye n’abaturage

Ubwanditsi 18 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru