• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Ubwanditsi 18 Apr 2018 POLITIKI

Perezida wa Tanzaniua, John Pombe Magufuli, akomeje kunengwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, ni nyuma y’uko igihugu cye mu kwezi gushize gitoye itegeko rishya ryo kugenzura ibitangazwa kuri internet.

Iri tegeko ritegeka abantu bose bafite imiyoboro yo gutangaza amakuru ‘blog’ ndetse na radiyo na televiziyo zikorera kuri internet kwaka uruhushya rwo gukora kandi bakajya bishyura amadolari 900 ku mwaka mbere y’uko bagira icyo batangaza. Ibi byiyongeraho kugenzura ibitangazwa ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi kuri internet.

Riha uburenganzira guverinoma kwambura uruhushya uwo ari we wese washyira kuri internet ibintu biteza imyivumbagatanyo cyangwa akajagari muri rubanda. Abafite blog bo bakazajya banacibwa ihazabu kugera ku 2200 by’amadolari.

Benshi banenze iri tegeko bavuga ko aya mafaranga ari umurengera, yashyizweho na Perezida Magufuli agamije gukomeza gucecekesha abo batavuga rumwe.

Umusesenguzi mu bijyanye na politiki, Jenerali Ulimwengu, yabwiye DW ko ari umugambi ukomeje wo gushaka kuniga ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo n’itangazamakuru muri Tanzania.

Yagize ati “Twavuga ko ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo muri iki gihugu burimo kugenda bunigwa mu buryo bukomeye.”

Muri Tanzania hari ibitangazamakuru byafunzwe igihe kirekire. Mu 2017 gusa ibitangazamakuru bine byandika ku mpapuro byarahagaritswe ibindi bifungwa burundu. Harimo ikitwa Tanzania Daima, cyahagaritswe iminsi 90, gishinjwa gutangaza amakuru y’ibinyoma mu nkuru cyakoze ku miti igabanya ubukana bwa Sida.

Ikinyamakuru Nipashe cyahagaritswe amezi atatu nyuma yo gutangaza inkuru itaraguye neza Perezida Magufuli. Bamwe mu banyamakuru batawe muri yombi abandi baburirwa irengero.

Umuyobozi w’umuryango w’abanyamakuru batagira umupaka (RSF), muri Afurika, Arnaud Froger, yavuze ko ibirimo gukorwa muri Tanzania ari ukuniga ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo.

Yagize ati “Niba Tanzania igamije kwica itangwa ry’amakuru hakoreshejwe internet, ntibagomba kwitwaza ikindi. Nka RSF dutewe impungenge n’ibimaze gukorwa ku ngoma ya Magufuli kuva mu 2015, amaradiyo menshi yarafunzwe, umunyamakuru w’inkuru zicukumbuye, Azori Gwanda yaburiwe irengero amezi atanu arashize, abanditsi n’abanyamakuru barashinjwa ibyaha.”

Yakomeje avuga itegeko ryo kugenzura ibitangazwa kuri internet ari ‘indi ntambwe yo kuniga ubwisanzure bw’itangazamakuru muri Tanzania.’

Perezida Magufuli kuva yajya ku butegetsi anengwa kwambura ububasha amategeko agenga ubwisanzure bw’itangazamakuru, aho yahaye ububasha polisi n’abayobozi muri Guverinoma bwo kwibasira ibitangazamakuru.

2018-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ab’i Rusororo basabye Abakandida depite ba FPR ubuvugizi ku kibazo cy’amazi

Ab’i Rusororo basabye Abakandida depite ba FPR ubuvugizi ku kibazo cy’amazi

Ubwanditsi 31 Aug 2018
Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Ubwanditsi 04 Aug 2023
Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Ibyo Kabila aherutse gutangaza bishobora gutuma umuriro wongera kwaka muri DRC

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

RUSHYASHYA 10 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant
POLITIKI

Mugabe wayoboraga Zimbabwe agiye kubazwa ku gihombo cya miliyari zari kuva muri diamant

Ubwanditsi 22 May 2018
CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe  umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu
ITOHOZA

CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu

Ubwanditsi 10 Apr 2018
Paris: Perezida Kagame yitabiriye inama y’ikoranabuhanga ya VivaTech
IKORANABUHANGA

Paris: Perezida Kagame yitabiriye inama y’ikoranabuhanga ya VivaTech

Ubwanditsi 17 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru