• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Perezida Magufuli yocyejwe igitutu ashinjwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo

Ubwanditsi 18 Apr 2018 POLITIKI

Perezida wa Tanzaniua, John Pombe Magufuli, akomeje kunengwa kuniga ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, ni nyuma y’uko igihugu cye mu kwezi gushize gitoye itegeko rishya ryo kugenzura ibitangazwa kuri internet.

Iri tegeko ritegeka abantu bose bafite imiyoboro yo gutangaza amakuru ‘blog’ ndetse na radiyo na televiziyo zikorera kuri internet kwaka uruhushya rwo gukora kandi bakajya bishyura amadolari 900 ku mwaka mbere y’uko bagira icyo batangaza. Ibi byiyongeraho kugenzura ibitangazwa ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi kuri internet.

Riha uburenganzira guverinoma kwambura uruhushya uwo ari we wese washyira kuri internet ibintu biteza imyivumbagatanyo cyangwa akajagari muri rubanda. Abafite blog bo bakazajya banacibwa ihazabu kugera ku 2200 by’amadolari.

Benshi banenze iri tegeko bavuga ko aya mafaranga ari umurengera, yashyizweho na Perezida Magufuli agamije gukomeza gucecekesha abo batavuga rumwe.

Umusesenguzi mu bijyanye na politiki, Jenerali Ulimwengu, yabwiye DW ko ari umugambi ukomeje wo gushaka kuniga ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo n’itangazamakuru muri Tanzania.

Yagize ati “Twavuga ko ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo muri iki gihugu burimo kugenda bunigwa mu buryo bukomeye.”

Muri Tanzania hari ibitangazamakuru byafunzwe igihe kirekire. Mu 2017 gusa ibitangazamakuru bine byandika ku mpapuro byarahagaritswe ibindi bifungwa burundu. Harimo ikitwa Tanzania Daima, cyahagaritswe iminsi 90, gishinjwa gutangaza amakuru y’ibinyoma mu nkuru cyakoze ku miti igabanya ubukana bwa Sida.

Ikinyamakuru Nipashe cyahagaritswe amezi atatu nyuma yo gutangaza inkuru itaraguye neza Perezida Magufuli. Bamwe mu banyamakuru batawe muri yombi abandi baburirwa irengero.

Umuyobozi w’umuryango w’abanyamakuru batagira umupaka (RSF), muri Afurika, Arnaud Froger, yavuze ko ibirimo gukorwa muri Tanzania ari ukuniga ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo.

Yagize ati “Niba Tanzania igamije kwica itangwa ry’amakuru hakoreshejwe internet, ntibagomba kwitwaza ikindi. Nka RSF dutewe impungenge n’ibimaze gukorwa ku ngoma ya Magufuli kuva mu 2015, amaradiyo menshi yarafunzwe, umunyamakuru w’inkuru zicukumbuye, Azori Gwanda yaburiwe irengero amezi atanu arashize, abanditsi n’abanyamakuru barashinjwa ibyaha.”

Yakomeje avuga itegeko ryo kugenzura ibitangazwa kuri internet ari ‘indi ntambwe yo kuniga ubwisanzure bw’itangazamakuru muri Tanzania.’

Perezida Magufuli kuva yajya ku butegetsi anengwa kwambura ububasha amategeko agenga ubwisanzure bw’itangazamakuru, aho yahaye ububasha polisi n’abayobozi muri Guverinoma bwo kwibasira ibitangazamakuru.

2018-04-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Ubwanditsi 19 Aug 2023
Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

RUSHYASHYA 28 May 2026
Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Ubwanditsi 18 Sep 2024
RDC: Moïse Katumbi yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi

RDC: Moïse Katumbi yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi

Ubwanditsi 17 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa
INKURU NYAMUKURU

“Ingabire Victoire ntiyakwemera uruhare rwa nyina muri Jenoside yakorewe Abatutsi na nyiri ubwite aruhakana” Abarokotse Jenoside muri Butamwa

Ubwanditsi 22 Jun 2020
Restrepo Valencia yegukanye akandi gace muri Tour du Rwanda
IMIKINO

Restrepo Valencia yegukanye akandi gace muri Tour du Rwanda

Ubwanditsi 27 Feb 2020
Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Huye: Abanyeshuri 800 bigishijwe ububi bw’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 24 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru