• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Ubwanditsi 23 Jan 2018 Mu Rwanda

Inama y’abaminisitiri yahagaritse ku mirimo Dr Cyubahiro Bagabe Mark wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), asimbuzwa by’agateganyo Dr Patrick Karangwa wari umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi muri icyo kigo.

Umujyanama mu by’Itumanaho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tambineza, Ange Soubirous, yabwiye IGIHE ko Dr. Bagabe yahagaritswe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki 19 Mutarama 2018.

Yagize ati “Ni icyemezo cy’inama y’abaminisitiri kandi biri mu bushobozi bwayo.” Ku mpamvu zatumye ahagarikwa, Tambineza yavuze ko batabisobanuriwe kuko urwego rwamuhagaritse rubifitiye ububasha, ati “icyo tureba ni uko ikigo kiyoborwa neza kandi gitanga umusaruro.”

Ku wa 4 Ukwakira 2016 nibwo Dr Bagabe yagizwe Umuyobozi Mukuru wa RAB, asimbura Dr Louis Butare wagiye kuri uwo mwanya muri Kanama 2015. Dr Bagabe yagiye muri RAB nyuma y’igihe ari umuyobozi w’Ikigo gitsura ubuziranenge, RSB.

Ahagaritswe nyuma y’uko mu Ugushyingo umwaka ushize, Minisitiri w’Intebe, Dr Edourad Ngirente, yahagaritse by’agateganyo Dr Gahakwa Daphrose wari Umuyobozi wungirije hamwe n’abandi bakozi batatu.

Mu baheruka guhagarikwa harimo Ushinzwe imicungire y’ubutaka no kuhira, Innocent Nzeyimana, Ushinzwe ishami ryo guhuza inzego Violette Nyirasangwa n’ushinzwe Imari, Bimenya Théogène.

Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi ivuga ko abo bose bamaze gusimbuzwa, mu buryo bw’agateganyo.

Mu mwaka ushize ubwo ubuyobozi bwa RAB bwitabaga Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ikurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta (PAC) ngo bwisobanure ku mikoreshereze mibi y’umutungo yagaragajwe n’Umugenzuzi w’Imari ya Leta, abadepite bagaragaje kutanyurwa ahanini bishingiye ku kuba Dr Gahakwa atari yitabye Komisiyo.

Icyo gihe Umuyobozi Mukuru wa RAB, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, yavuze ko kutitaba kwa Dr Gahakwa ari ugusuzugura ubuyobozi bwa RAB n’izindi nzego kuko yari yabimenyeshejwe, ndetse ko urwego akorera ruzamufatira ibihano nibasanga yasuzuguye.

Yagize ati “Urwego yasuzuguye rufite uko ruzabigenza ariko nkatwe nk’urwego rumukuriye iyo umuntu yasuzuguye nanjye wamutumiye mu by’ukuri yansuzuguye.”

Nyuma Dr Gahakwa yaje kubwira Radio Flash ko impamvu atitabye PAC yari arwaye kandi ngo yari yabimenyesheje Umunyamabanga we.

Mu bibazo PAC yasabiraga ibisobanuro harimo nko kuba bimwe mu bikorwa RAB ishinzwe gutunganya itabikora uko bikwiye birimo kuba ifumbire itagera ku bahinzi ku gihe, kuba nta bushakashatsi bukorwa, kuba nta raporo ku mikorere ihabwa inzego zisumbuye n’ibindi.

2018-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubanza Mbabazi aregamo Perezida Museveni ruratangira uyu munsi

Urubanza Mbabazi aregamo Perezida Museveni ruratangira uyu munsi

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Umukinnyi Bukuru Christopher yirukanywe mu mwiherero w’ikipe ya APR FC azira imyitwarire mibi.

Umukinnyi Bukuru Christopher yirukanywe mu mwiherero w’ikipe ya APR FC azira imyitwarire mibi.

Ubwanditsi 16 May 2021
Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Ubwanditsi 16 May 2017
FDLR mu marembera : Undi musirikare mukuru yitandukanyije nayo

FDLR mu marembera : Undi musirikare mukuru yitandukanyije nayo

Ubwanditsi 15 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwageze muri kimwe cya kane cy’imikino Nyafurika ya Volleyball, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Burikina Faso amaseti atatu ku busa
Amakuru

U Rwanda rwageze muri kimwe cya kane cy’imikino Nyafurika ya Volleyball, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Burikina Faso amaseti atatu ku busa

Ubwanditsi 10 Sep 2021
Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0
Amakuru

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2022
Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere
POLITIKI

Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere

Ubwanditsi 30 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru