• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Ubwanditsi 06 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Muri Nyakanga uyu mwaka, ubwo Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party) ryatsindaga amatora mu Bwongereza, hakajyaho Guverinoma nshya iyobowe na Minisitiri w’Intebe Keir Starmer, ikintu cya mbere yihutiye gukora ni ugutera umugongo amasezerano abamubanjirije bari barasinyanye n’u Rwanda mu mwaka wa 2022, aho rwari rwiyemeje kwakira abimukira bava mu Bwongereza, nyuma yo kuhagera mu buryo butemewe n’amategeko.

Ibinyamakuru mpuzamahanga bitangaza ko Ubudage ari kimwe mu bihugu by’Uburayi byahaye inkwenene icyo cyemezo” gihubukiwe” cya Guverinoma w’Ubwongereza, kuko ibyo bihugu bisanga ayo masezerano yari kuba umuti urambye ku kibazo cy’abimukira bisukiranya rwihishwa ku mugabane w’Uburayi, bigakurura ibibazo by’umutekano n’ubukungu.

Amakuru dukesha Reuters, Daily Mail, Telegraph n’ibindi, aravuga ko ari muri urwo rwego Guverinoma y’Ubudage, ibinyujije mu ijwi rya Komiseri wayo ushinzwe ibibazo by’abimukira, Joachim Stamp, yatangaje icyifuzo cyo kubyaza umusaruro ayo masezerano, uRwanda rukaba rwakwakira abimukira bavuye mu Budage, cyane cyane ko rwamaze kwegeranya ibisabwa byose ngo abo bimukira bazakirwe kandi babeho mu buryo buha agaciro ikiremwamuntu.

Inzu nziza yari yateganyirijwe kwakira abimukira mu Rwanda

Leta y’u Rwanda yo ntiyahwemye gushimangira ko yiteguye gutanga umusanzu wayo mu gukemura ikibazo cy’impunzi n’abimukira, dore ko magingo aya u Rwanda rucumbikiye ababarirwa mu bihumbi byinshi bavuye muri Libiya, Sudani, Afganistan n’ahandi.

Igitekerezo cya Bwana Joachim Stamp, ni uko ishyirwa mu bikorwa ry’iyo gahunda ryazagenzurwa n’Umuryango w’Abibumbye. Icyakora, abakurikiraniye hafi ibibazo byadindije amasezerano hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza, baribaza niba n’ubundi iyo Loni itazashyira ibihato muri gahunda nshya y’uRwanda n’Ubudage, kuko na mbere ishami ryayo rishinzwe impunzi, UNHCR, riri mu bakuruye ibibazo.

Ubwo Keir Starmer yahagarikaga ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano hagati y’igihugu cye n’uRwanda, abasesenguzi babibonyemo gusa guhangana n’ishyaka rya Minisitiri w’Intebe Rishi Sunak yasimbuye, kuko aterekanye ingamba ze zihamye, mu gukumira umubare munini w’abimukira binjira mu Bwongereza, ndetse no kurengera ubuzima bw’abatabarika bapfira mu mazi buri munsi, bagerageza kwinjira rwihishwa muri icyo gihugu.

Abanyapolitiki bakomeye mu Bwongereza, nka James Clavery na Suella Braverman bigeze kuba abaminisiti b’umutekano muri icyo gihugu, bavuga ko Bwana Starmer yateje Ubwongereza igihombo gikomeye, kubona atesha agaciro amasezerano yavunnye igihugu mu bitekerezo no mu mikoro, none abandi bakaba bagiye kuyabyaza umusaruro.

Imibare yerekana ko kuva muri Mutarama uyu mwaka, abimukira bajya mu Bwongereza, mu nzira zinyuranye n’amategeko, babarirwa mu bihumbi makumyabiri(20.000), kandi ngo hafi 1/3 cyabo kikaba cyarahageze muri aya mezi 2 ashize, aho Keir Starmer agiriye ku butegetsi.

2024-09-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Shabalala na Shaiboub bayoboye abakinnyi bahatanira igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi kwa Gashyantare muri Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2024
[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

[AMAFOTO]: Polisi y’u Rwanda yatashye imirongo ibiri mishya izajya isuzuma ubuziranenge bw’imodoka

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Argentina yatwaye igikombe cy’isi 2022 itsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma, Lionel Messi ahembwa nk’umukinnyi w’irushanwa

Argentina yatwaye igikombe cy’isi 2022 itsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma, Lionel Messi ahembwa nk’umukinnyi w’irushanwa

Ubwanditsi 18 Dec 2022
RwandAir iratangira gukorera ingendo i Cotonou vuba

RwandAir iratangira gukorera ingendo i Cotonou vuba

Ubwanditsi 30 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura

Ubwanditsi 12 Dec 2018
ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda
POLITIKI

ACF2019: Perezida wa Togo na Perezida wa Ethiopia bageze mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora
Amakuru

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Ubwanditsi 29 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru