• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Nyuma y’aho ubutegetsi bushya mu Bwongereza butereye umugongo amasezerano yo kohereza abimukira mu Rwanda, Ubudage bugiye kuyasamira hejuru!

Ubwanditsi 06 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Muri Nyakanga uyu mwaka, ubwo Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party) ryatsindaga amatora mu Bwongereza, hakajyaho Guverinoma nshya iyobowe na Minisitiri w’Intebe Keir Starmer, ikintu cya mbere yihutiye gukora ni ugutera umugongo amasezerano abamubanjirije bari barasinyanye n’u Rwanda mu mwaka wa 2022, aho rwari rwiyemeje kwakira abimukira bava mu Bwongereza, nyuma yo kuhagera mu buryo butemewe n’amategeko.

Ibinyamakuru mpuzamahanga bitangaza ko Ubudage ari kimwe mu bihugu by’Uburayi byahaye inkwenene icyo cyemezo” gihubukiwe” cya Guverinoma w’Ubwongereza, kuko ibyo bihugu bisanga ayo masezerano yari kuba umuti urambye ku kibazo cy’abimukira bisukiranya rwihishwa ku mugabane w’Uburayi, bigakurura ibibazo by’umutekano n’ubukungu.

Amakuru dukesha Reuters, Daily Mail, Telegraph n’ibindi, aravuga ko ari muri urwo rwego Guverinoma y’Ubudage, ibinyujije mu ijwi rya Komiseri wayo ushinzwe ibibazo by’abimukira, Joachim Stamp, yatangaje icyifuzo cyo kubyaza umusaruro ayo masezerano, uRwanda rukaba rwakwakira abimukira bavuye mu Budage, cyane cyane ko rwamaze kwegeranya ibisabwa byose ngo abo bimukira bazakirwe kandi babeho mu buryo buha agaciro ikiremwamuntu.

Inzu nziza yari yateganyirijwe kwakira abimukira mu Rwanda

Leta y’u Rwanda yo ntiyahwemye gushimangira ko yiteguye gutanga umusanzu wayo mu gukemura ikibazo cy’impunzi n’abimukira, dore ko magingo aya u Rwanda rucumbikiye ababarirwa mu bihumbi byinshi bavuye muri Libiya, Sudani, Afganistan n’ahandi.

Igitekerezo cya Bwana Joachim Stamp, ni uko ishyirwa mu bikorwa ry’iyo gahunda ryazagenzurwa n’Umuryango w’Abibumbye. Icyakora, abakurikiraniye hafi ibibazo byadindije amasezerano hagati y’u Rwanda n’Ubwongereza, baribaza niba n’ubundi iyo Loni itazashyira ibihato muri gahunda nshya y’uRwanda n’Ubudage, kuko na mbere ishami ryayo rishinzwe impunzi, UNHCR, riri mu bakuruye ibibazo.

Ubwo Keir Starmer yahagarikaga ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano hagati y’igihugu cye n’uRwanda, abasesenguzi babibonyemo gusa guhangana n’ishyaka rya Minisitiri w’Intebe Rishi Sunak yasimbuye, kuko aterekanye ingamba ze zihamye, mu gukumira umubare munini w’abimukira binjira mu Bwongereza, ndetse no kurengera ubuzima bw’abatabarika bapfira mu mazi buri munsi, bagerageza kwinjira rwihishwa muri icyo gihugu.

Abanyapolitiki bakomeye mu Bwongereza, nka James Clavery na Suella Braverman bigeze kuba abaminisiti b’umutekano muri icyo gihugu, bavuga ko Bwana Starmer yateje Ubwongereza igihombo gikomeye, kubona atesha agaciro amasezerano yavunnye igihugu mu bitekerezo no mu mikoro, none abandi bakaba bagiye kuyabyaza umusaruro.

Imibare yerekana ko kuva muri Mutarama uyu mwaka, abimukira bajya mu Bwongereza, mu nzira zinyuranye n’amategeko, babarirwa mu bihumbi makumyabiri(20.000), kandi ngo hafi 1/3 cyabo kikaba cyarahageze muri aya mezi 2 ashize, aho Keir Starmer agiriye ku butegetsi.

2024-09-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Djibouti  avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Perezida wa Djibouti avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 07 Mar 2016
RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

RD-Congo : Urupfu rwa Semahurungure wakoreraga Kayumba Nyamwasa rutumye Colonel wa FARDC atoroka

Ubwanditsi 09 Jan 2020
Bazeye na Abega basaba kujyanwa i Mutobo

Bazeye na Abega basaba kujyanwa i Mutobo

Ubwanditsi 08 Apr 2019
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol
IMIKINO

Umutoza wa Rayon Sports yizeye gusezerera ikipe ya Costa Do Sol

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto
IMIKINO

Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021
POLITIKI

Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021

Ubwanditsi 25 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru