• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Ubwanditsi 24 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

HAKUZIMANA Abdul Rashid ni umugabo umaze gukura wavutse muw’1968, Arubatse kandi ni se w’abana bane (abahungu batatu n’umukobwa umwe), hamwe n’umuryango we, kuri ubu (2021) atuye mu mudugudu witwa Ingenzi, mu kagari ka Kivugiza, Umurenge wa Nyamirambo, Akarere ka Nyarungege

Yafunzwe imyaka umunani muri gereza enye zitandukanye (2006-2014) akaba avuga ko yashakaga kwunga Perezida Kagame Paul n’uwahoze ari Perezida Bizimungu Pasteur

Nkuko byagaragaye mu mivugire ye ndetse no mu miteganyirize y’imishinga ye yo gukomeza kubiba inzangano, Ubu noneho ngo arateganya guhemba Agnes Uwimana Nkusi nk’umugore w’intwari mbese ubasha gutuka no gusebya imiyoborere ya Leta y’Ubumwe, akaba arimo kwamamaza ko agiye gukora umuyoboro wa YouTube nk’itiyo azajya anyuzamo ibihuha n’amateshwa yo guhungabanya ubumwe bw’abanyarwanda binyuze mu biganiro yita ko byubaka kandi bisenya.

Bimwe mubyo agenda abiba twavugamo imitwe y’inkuru yuje uburozi igira iti “Urwikekwe mu Banyarwanda Ruterwa na FPR-Inkotanyi ihora ibanekaneka, FPR-Inkotanyi ifitiye Ubwoba MRND, Na Perezida arafungwa bityo Leta nidohore abafunze babonane nabo bashakanye, Abanyarwanda turijijisha buri wese azi ubwoko bwe, Paul Kagame niwe wa mbere utavuga rumwe na leta abari muri system barisanzuye? N’ibindi byinshi,
Ese mu by’ukuri dushyize mu gaciro aya magambo ya Rashid aho yubaka nihe uretse guhahira abakeneye abakeneye indonko mumacakubiri? Duhereye ku kibazo cyo kwunga abo atazi aho bahuriye buriya umuntu ntiyagishyira mu gika cyo gushyanuka no kwinjirira Ubutabera?

Ni gute se yavuga ko Perezida Kagame atavuga rumwe na Leta kandi ayiyoboye uko abanyarwanda twifuza….ubu se akeneye ko tumuha ingero cyangwa arashaka ko tumugereranyiriza na Leta atangaho ingero ya Kinani n’iya Kambanda na Sindikubwabo ibyo ndumva byaba ari ugusomeza amata amaganga, kuko aho abiyise abatabazi bagejeje igihugu harazwi ni kuri zero kandi naho tugeze twiyubaka haragaragara n’ubwo kidobya nk’izi zitabura.

Igihe kirageze rero ngo umuyaga uhuha utwereke ubwambure bw’ababangamiye urugendo rwo kubaka igihugu n’ubumwe bw’abanyarwanda, igihe kirageze ngo tubone uruhande Rashid abogamiyeho. Umunyamakuru ubirambyemo witwa Nshimiyimana Sam Goddy yigeze kubwira Gatanazi Etienne ngo “Bose ni abasinzi b’amata ya Demokarasi” naho Nyakubahwa Perezida Kagame we ayita Politike ya Mudomo, kuzungumuza tuu, amagambo, iyo aba yagiraga inyungu amagambo twakayateye inkunga tukayashakira inyubako…naho Rashid wifuza ko abagororwa bakomeza inshingano zo mu ngo zabo ubwo umuntu yakwibaza icyo bafunzwe cyikakuyobera.

Mu kuri rero urwo ni uruhande umunwa wa Rashid werekezamo ni ugukomeza kurangaza abaturage no kubatesha umwanya murugendo rwo kwiteza imbere. Ibi bisobanuye ko Rashid n’abandi duhora tugarukaho bananiwe kwiyakira kubera intsinzwi ya Gipawa bagakwiye kugarura agatima impembero cyangwa se n’ubundi ntaho badahamba bazihe umuti kuko ntaho bahejwe bazakomeza bavuge hanyuma natwe dukore tuzareba uzatsinda mbere.
Ikibazo ni uko dukora bo bagakomeza kugwira inda za benewabo bari ikantarange nka Marcel Sebatware na Mukobwa we, Rene Mugenzi, Gatebuke Kolode, ndetse n’abandi ntarondoye barimo Singirankabo.

Ahaaa Reka Rashid tumureke akomeze asimbure Idamange Yvonne Iryamugwiza, buriya umunsi uzaba umwe Ubutabera bumukubite Intahe mu gahanga kuko amaherezo y’icyaha burya ni ukurimbukana na nyiracyo, Kari agaciyemo.

2021-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Buri mwaka agiye kujya atanga icya cumi mu kwibuka abazize Jenoside -Senderi International Hit

Buri mwaka agiye kujya atanga icya cumi mu kwibuka abazize Jenoside -Senderi International Hit

Ubwanditsi 07 Apr 2017
AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

Ubwanditsi 21 Mar 2022
“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Aug 2024
Umunyarwandakazi yapfiriye muri Uganda hafi y’umupaka wa Cyanika, nyuma yo kubura ubufasha bwashoboraga kuramira ubuzima bwe.

Umunyarwandakazi yapfiriye muri Uganda hafi y’umupaka wa Cyanika, nyuma yo kubura ubufasha bwashoboraga kuramira ubuzima bwe.

Ubwanditsi 29 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero
ITOHOZA

Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero

Ubwanditsi 13 Nov 2016
Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi rishishikajwe n’amatora kurusha ubumwe bw’Abarundi

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Obama ahamya yuko Trump atamusimbura ku butegetsi
Mu Mahanga

Obama ahamya yuko Trump atamusimbura ku butegetsi

Ubwanditsi 10 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru