• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Ubwanditsi 24 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

HAKUZIMANA Abdul Rashid ni umugabo umaze gukura wavutse muw’1968, Arubatse kandi ni se w’abana bane (abahungu batatu n’umukobwa umwe), hamwe n’umuryango we, kuri ubu (2021) atuye mu mudugudu witwa Ingenzi, mu kagari ka Kivugiza, Umurenge wa Nyamirambo, Akarere ka Nyarungege

Yafunzwe imyaka umunani muri gereza enye zitandukanye (2006-2014) akaba avuga ko yashakaga kwunga Perezida Kagame Paul n’uwahoze ari Perezida Bizimungu Pasteur

Nkuko byagaragaye mu mivugire ye ndetse no mu miteganyirize y’imishinga ye yo gukomeza kubiba inzangano, Ubu noneho ngo arateganya guhemba Agnes Uwimana Nkusi nk’umugore w’intwari mbese ubasha gutuka no gusebya imiyoborere ya Leta y’Ubumwe, akaba arimo kwamamaza ko agiye gukora umuyoboro wa YouTube nk’itiyo azajya anyuzamo ibihuha n’amateshwa yo guhungabanya ubumwe bw’abanyarwanda binyuze mu biganiro yita ko byubaka kandi bisenya.

Bimwe mubyo agenda abiba twavugamo imitwe y’inkuru yuje uburozi igira iti “Urwikekwe mu Banyarwanda Ruterwa na FPR-Inkotanyi ihora ibanekaneka, FPR-Inkotanyi ifitiye Ubwoba MRND, Na Perezida arafungwa bityo Leta nidohore abafunze babonane nabo bashakanye, Abanyarwanda turijijisha buri wese azi ubwoko bwe, Paul Kagame niwe wa mbere utavuga rumwe na leta abari muri system barisanzuye? N’ibindi byinshi,
Ese mu by’ukuri dushyize mu gaciro aya magambo ya Rashid aho yubaka nihe uretse guhahira abakeneye abakeneye indonko mumacakubiri? Duhereye ku kibazo cyo kwunga abo atazi aho bahuriye buriya umuntu ntiyagishyira mu gika cyo gushyanuka no kwinjirira Ubutabera?

Ni gute se yavuga ko Perezida Kagame atavuga rumwe na Leta kandi ayiyoboye uko abanyarwanda twifuza….ubu se akeneye ko tumuha ingero cyangwa arashaka ko tumugereranyiriza na Leta atangaho ingero ya Kinani n’iya Kambanda na Sindikubwabo ibyo ndumva byaba ari ugusomeza amata amaganga, kuko aho abiyise abatabazi bagejeje igihugu harazwi ni kuri zero kandi naho tugeze twiyubaka haragaragara n’ubwo kidobya nk’izi zitabura.

Igihe kirageze rero ngo umuyaga uhuha utwereke ubwambure bw’ababangamiye urugendo rwo kubaka igihugu n’ubumwe bw’abanyarwanda, igihe kirageze ngo tubone uruhande Rashid abogamiyeho. Umunyamakuru ubirambyemo witwa Nshimiyimana Sam Goddy yigeze kubwira Gatanazi Etienne ngo “Bose ni abasinzi b’amata ya Demokarasi” naho Nyakubahwa Perezida Kagame we ayita Politike ya Mudomo, kuzungumuza tuu, amagambo, iyo aba yagiraga inyungu amagambo twakayateye inkunga tukayashakira inyubako…naho Rashid wifuza ko abagororwa bakomeza inshingano zo mu ngo zabo ubwo umuntu yakwibaza icyo bafunzwe cyikakuyobera.

Mu kuri rero urwo ni uruhande umunwa wa Rashid werekezamo ni ugukomeza kurangaza abaturage no kubatesha umwanya murugendo rwo kwiteza imbere. Ibi bisobanuye ko Rashid n’abandi duhora tugarukaho bananiwe kwiyakira kubera intsinzwi ya Gipawa bagakwiye kugarura agatima impembero cyangwa se n’ubundi ntaho badahamba bazihe umuti kuko ntaho bahejwe bazakomeza bavuge hanyuma natwe dukore tuzareba uzatsinda mbere.
Ikibazo ni uko dukora bo bagakomeza kugwira inda za benewabo bari ikantarange nka Marcel Sebatware na Mukobwa we, Rene Mugenzi, Gatebuke Kolode, ndetse n’abandi ntarondoye barimo Singirankabo.

Ahaaa Reka Rashid tumureke akomeze asimbure Idamange Yvonne Iryamugwiza, buriya umunsi uzaba umwe Ubutabera bumukubite Intahe mu gahanga kuko amaherezo y’icyaha burya ni ukurimbukana na nyiracyo, Kari agaciyemo.

2021-08-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Uko Abayobozi ba FDLR batwawe ijoro ryose bajyanwa i Kampala n’ubutumwa Museveni yabahaye

Ubwanditsi 07 Jan 2019
Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

Patrick Muyaya ati “Ibibera Uvira turimo kubikurikiranira hafi”

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Budage
POLITIKI

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Budage

Ubwanditsi 14 Jun 2017
Abanyerondo bo mu karere ka Kicukiro baburijemo umugambi wo kwiba.
Mu Mahanga

Abanyerondo bo mu karere ka Kicukiro baburijemo umugambi wo kwiba.

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.
Amakuru

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Ubwanditsi 03 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru