• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Uko Intumwa yihariye ya Loni, Rachel Kyte abona urwego rw’ingufu mu Rwanda

Uko Intumwa yihariye ya Loni, Rachel Kyte abona urwego rw’ingufu mu Rwanda

Editorial 29 Mar 2018 POLITIKI

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ku byerekeye kugeza ingufu z’amashanyarazi aramba kuri bose, Rachel Kyte, yavuze ko urwego rw’ingufu mu Rwanda rwateye imbere cyane mu gihe gito ndetse ko hari byinshi isi ishobora kwigira ku Rwanda n’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Mu kiganiro  yagiranye na IGIHE,  Dukesha iyi nkuru , Kyte unayobora umushinga w’Umuryango w’Abibumbye ugamije kugeza ingufu z’amashanyarazi kuri bose (Sustainable Energy for All), yavuze ko yatunguwe no gusanga imishinga yose, yari ikiri mu magambo ubwo yazaga mu Rwanda bwa mbere mu 2008, ubu irimo igeza amashanyarazi ku baturage.

Yagize ati “Ubwo nageraga hano bwa mbere ibya gaz yo mu Kivu byavugwaga nk’ibyifuzo, imishinga y’ingomero z’amazi yari mu mpapuro gusa, kwagura imiyoboro y’amashanyarazi no gukwirakwiza imirasire y’izuba byari ibyifuzo ariko ubu nasanze u Rwanda rumaze gutera intambwe ndende mu gihe gito.”

Kyte ukomoka mu Bwongereza akaba atuye muri Amerika, yaje i Kigali mu cyumweru gishize aho yitabiriye inama yahuzaga ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba mu kurebera hamwe uko ingufu zisubira zatezwa imbere muri aka karere.

Yatangaje ko asanga aka karere gafite ibikenewe kugira ngo kese umuhigo wo kugeza amashanyarazi ku baturage bose bitarenze mu mwaka wa 2030 nk’uko bikubiye mu ntego ya 7 mu z’iterambere rirambye (SDGs).

Kyte yavuze ko mu bikenewe kugira ngo aka karere gatange ingufu zisubira zihagije, ziramba kandi zihendutse harimo izuba, umuyaga n’amazi bihagije ndetse n’ubushobozi mu bya tekiniki bukaba buhari.

Yagize ati “Mu Rwanda ubu hari imishinga myinshi yo gukwirakwiza ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba mu gihugu hose, bityo Leta n’abafatanyabikorwa bayo bashobora kugira uruhare mu gutuma ikiguzi cyorohera abatishoboye. Aha mu Rwanda hari abantu bagenda bavumbura ibintu isi yose ikeneye. Urugero ni ibicanwa bya ‘pellets’, ni ukuri ibintu isi irimo itekereza ko byazana ibisubizo birimo kuba hano mu Rwanda.”

Afurika y’Iburasirazuba irasabwa kwihuta

Kyte yavuze ko ibihugu byo mu karere bikwiye kwihutisha cyane ikwirakwizwa ry’ingufu bitewe n’uko byatangiriye kure habi cyane, anibutsa ko kugeza umuriro ku baturage bikwiye kuba byagezweho mbere ya 2030 kuko iyi ntego igomba gutuma izindi nko kugeza uburezi n’ubuvuzi bifite ireme kuri bose bigerwaho bitarenze mu 2030.

Yongeyeho ko aka karere kari mu duce tukiri inyuma ku isi kuko ubu abaturage bafite umuriro bari ku mpuzandengo ya 25%, mu gihe u Rwanda rugeze kuri 42%.

Yahamagariye inzego zose zaba iza leta, iz’abikorera, imiryango itari iya Leta n’abaturage muri rusange kugira uruhare mu gutuma intego yo kugeza umuriro kuri bose igerwaho.

Yagize ati “Hari ikindi kibazo, iki si ikibazo mu Rwanda, ahubwo ni ikibazo mu bindi bihugu byo mu karere aho abantu batabara ikiguzi cy’ubuvuzi bw’indwara zikomoka ku gukoresha ingufu zihumanya. Icyiza cy’ingufu zisubiranya (renewable energy) ni uko zitanduza abantu ngo bagire ibibazo byo guhumeka n’ibindi. Iyo ukuyeho icyo kiguzi cy’ubuvuzi, izi ngufu usanga zihendutse cyane.”

Kyte yavuze ko ku isi hakibarurwa miliyari imwe y’abantu badafite amashanyarazi naho miliyari eshatu bakaba badafite uburyo bwo guteka ibiribwa mu buryo budahumanya.

Yongeyeho ko Guverinoma zikwiye gukangurira ibigo by’imari gutanga inguzanyo ku rwego rw’ingufu kugira ngo iterambere ryarwo ryihute cyane.

Yagize ati “EAC nk’umuryango bashobora kwishyira hamwe bagahanga isoko rinini mu rwego rw’ingufu ku buryo ryakurura abashoramari. Icya mbere, aka karere kari imbere y’uturere twinshi ku isi mu guhanga udushya no kugira inzego z’abikorera n’imiryango itegamiye kuri leta bikora neza, bityo hano hari udushya twinshi muri serivisi z’ingufu. Abikorera bakeneye amategeko atuma babona ahantu heza hakurura ishoramari kandi na bo bagomba kugurisha ibicuruzwa byiza maze Leta na yo ikita ku kurengera n’inyungu z’umuguzi. Ibi byose byitaweho nta kabuza aka karere kagera ku ntego kihaye.”

U Rwanda rwihaye intego yo kugeza umuriro ku Banyarwanda bose bitarenze mu 2024 ari na ko bakangurirwa kureka gukoresha ibicanwa nk’inkwi n’amakara kuko byangiza ibidukikije ahubwo bakitabira guteka bakoresheje ibindi bicanwa birimo gaz, amashanyarazi, ingufu zikomoka ku myanda n’ibindi bicanwa bigenda bivumburwa nka ‘pellets’ zicanwa mu mbabura zabugenewe.

2018-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Editorial 05 Jan 2016
Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Editorial 06 Mar 2019
Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Editorial 29 Aug 2018
Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Editorial 12 Jul 2024
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Editorial 05 Jan 2016
Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Editorial 06 Mar 2019
Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Editorial 29 Aug 2018
Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Editorial 12 Jul 2024
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Editorial 05 Jan 2016
Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Afurika y’Epfo: Perezida Kagame yitabiriye inama y’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato

Editorial 06 Mar 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru