• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uko Intumwa yihariye ya Loni, Rachel Kyte abona urwego rw’ingufu mu Rwanda

Uko Intumwa yihariye ya Loni, Rachel Kyte abona urwego rw’ingufu mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2018 POLITIKI

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ku byerekeye kugeza ingufu z’amashanyarazi aramba kuri bose, Rachel Kyte, yavuze ko urwego rw’ingufu mu Rwanda rwateye imbere cyane mu gihe gito ndetse ko hari byinshi isi ishobora kwigira ku Rwanda n’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Mu kiganiro  yagiranye na IGIHE,  Dukesha iyi nkuru , Kyte unayobora umushinga w’Umuryango w’Abibumbye ugamije kugeza ingufu z’amashanyarazi kuri bose (Sustainable Energy for All), yavuze ko yatunguwe no gusanga imishinga yose, yari ikiri mu magambo ubwo yazaga mu Rwanda bwa mbere mu 2008, ubu irimo igeza amashanyarazi ku baturage.

Yagize ati “Ubwo nageraga hano bwa mbere ibya gaz yo mu Kivu byavugwaga nk’ibyifuzo, imishinga y’ingomero z’amazi yari mu mpapuro gusa, kwagura imiyoboro y’amashanyarazi no gukwirakwiza imirasire y’izuba byari ibyifuzo ariko ubu nasanze u Rwanda rumaze gutera intambwe ndende mu gihe gito.”

Kyte ukomoka mu Bwongereza akaba atuye muri Amerika, yaje i Kigali mu cyumweru gishize aho yitabiriye inama yahuzaga ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba mu kurebera hamwe uko ingufu zisubira zatezwa imbere muri aka karere.

Yatangaje ko asanga aka karere gafite ibikenewe kugira ngo kese umuhigo wo kugeza amashanyarazi ku baturage bose bitarenze mu mwaka wa 2030 nk’uko bikubiye mu ntego ya 7 mu z’iterambere rirambye (SDGs).

Kyte yavuze ko mu bikenewe kugira ngo aka karere gatange ingufu zisubira zihagije, ziramba kandi zihendutse harimo izuba, umuyaga n’amazi bihagije ndetse n’ubushobozi mu bya tekiniki bukaba buhari.

Yagize ati “Mu Rwanda ubu hari imishinga myinshi yo gukwirakwiza ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba mu gihugu hose, bityo Leta n’abafatanyabikorwa bayo bashobora kugira uruhare mu gutuma ikiguzi cyorohera abatishoboye. Aha mu Rwanda hari abantu bagenda bavumbura ibintu isi yose ikeneye. Urugero ni ibicanwa bya ‘pellets’, ni ukuri ibintu isi irimo itekereza ko byazana ibisubizo birimo kuba hano mu Rwanda.”

Afurika y’Iburasirazuba irasabwa kwihuta

Kyte yavuze ko ibihugu byo mu karere bikwiye kwihutisha cyane ikwirakwizwa ry’ingufu bitewe n’uko byatangiriye kure habi cyane, anibutsa ko kugeza umuriro ku baturage bikwiye kuba byagezweho mbere ya 2030 kuko iyi ntego igomba gutuma izindi nko kugeza uburezi n’ubuvuzi bifite ireme kuri bose bigerwaho bitarenze mu 2030.

Yongeyeho ko aka karere kari mu duce tukiri inyuma ku isi kuko ubu abaturage bafite umuriro bari ku mpuzandengo ya 25%, mu gihe u Rwanda rugeze kuri 42%.

Yahamagariye inzego zose zaba iza leta, iz’abikorera, imiryango itari iya Leta n’abaturage muri rusange kugira uruhare mu gutuma intego yo kugeza umuriro kuri bose igerwaho.

Yagize ati “Hari ikindi kibazo, iki si ikibazo mu Rwanda, ahubwo ni ikibazo mu bindi bihugu byo mu karere aho abantu batabara ikiguzi cy’ubuvuzi bw’indwara zikomoka ku gukoresha ingufu zihumanya. Icyiza cy’ingufu zisubiranya (renewable energy) ni uko zitanduza abantu ngo bagire ibibazo byo guhumeka n’ibindi. Iyo ukuyeho icyo kiguzi cy’ubuvuzi, izi ngufu usanga zihendutse cyane.”

Kyte yavuze ko ku isi hakibarurwa miliyari imwe y’abantu badafite amashanyarazi naho miliyari eshatu bakaba badafite uburyo bwo guteka ibiribwa mu buryo budahumanya.

Yongeyeho ko Guverinoma zikwiye gukangurira ibigo by’imari gutanga inguzanyo ku rwego rw’ingufu kugira ngo iterambere ryarwo ryihute cyane.

Yagize ati “EAC nk’umuryango bashobora kwishyira hamwe bagahanga isoko rinini mu rwego rw’ingufu ku buryo ryakurura abashoramari. Icya mbere, aka karere kari imbere y’uturere twinshi ku isi mu guhanga udushya no kugira inzego z’abikorera n’imiryango itegamiye kuri leta bikora neza, bityo hano hari udushya twinshi muri serivisi z’ingufu. Abikorera bakeneye amategeko atuma babona ahantu heza hakurura ishoramari kandi na bo bagomba kugurisha ibicuruzwa byiza maze Leta na yo ikita ku kurengera n’inyungu z’umuguzi. Ibi byose byitaweho nta kabuza aka karere kagera ku ntego kihaye.”

U Rwanda rwihaye intego yo kugeza umuriro ku Banyarwanda bose bitarenze mu 2024 ari na ko bakangurirwa kureka gukoresha ibicanwa nk’inkwi n’amakara kuko byangiza ibidukikije ahubwo bakitabira guteka bakoresheje ibindi bicanwa birimo gaz, amashanyarazi, ingufu zikomoka ku myanda n’ibindi bicanwa bigenda bivumburwa nka ‘pellets’ zicanwa mu mbabura zabugenewe.

2018-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urugendo rw’iminsi ibiri  Perezida Paul  Kagame agirira muri  Morocco  ( Video )

Urugendo rw’iminsi ibiri Perezida Paul Kagame agirira muri Morocco ( Video )

Ubwanditsi 21 Jun 2016
“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024
Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Ubwanditsi 23 Apr 2017
Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Ubwanditsi 29 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Loni irashyira igitutu kuri Leta ya Nkurunziza ku gushyikirana n’abatavuga rumwe nayo
INKURU NYAMUKURU

Loni irashyira igitutu kuri Leta ya Nkurunziza ku gushyikirana n’abatavuga rumwe nayo

Ubwanditsi 12 Apr 2018
RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja
INKURU NYAMUKURU

RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

Ubwanditsi 18 Dec 2019
Nta cyahindutse ku muburo wahawe Abanyarwanda ku kujya muri Uganda – Min. Nduhungirehe
HIRYA NO HINO

Nta cyahindutse ku muburo wahawe Abanyarwanda ku kujya muri Uganda – Min. Nduhungirehe

Ubwanditsi 05 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru