• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uko Intumwa yihariye ya Loni, Rachel Kyte abona urwego rw’ingufu mu Rwanda

Uko Intumwa yihariye ya Loni, Rachel Kyte abona urwego rw’ingufu mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2018 POLITIKI

Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ku byerekeye kugeza ingufu z’amashanyarazi aramba kuri bose, Rachel Kyte, yavuze ko urwego rw’ingufu mu Rwanda rwateye imbere cyane mu gihe gito ndetse ko hari byinshi isi ishobora kwigira ku Rwanda n’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba.

Mu kiganiro  yagiranye na IGIHE,  Dukesha iyi nkuru , Kyte unayobora umushinga w’Umuryango w’Abibumbye ugamije kugeza ingufu z’amashanyarazi kuri bose (Sustainable Energy for All), yavuze ko yatunguwe no gusanga imishinga yose, yari ikiri mu magambo ubwo yazaga mu Rwanda bwa mbere mu 2008, ubu irimo igeza amashanyarazi ku baturage.

Yagize ati “Ubwo nageraga hano bwa mbere ibya gaz yo mu Kivu byavugwaga nk’ibyifuzo, imishinga y’ingomero z’amazi yari mu mpapuro gusa, kwagura imiyoboro y’amashanyarazi no gukwirakwiza imirasire y’izuba byari ibyifuzo ariko ubu nasanze u Rwanda rumaze gutera intambwe ndende mu gihe gito.”

Kyte ukomoka mu Bwongereza akaba atuye muri Amerika, yaje i Kigali mu cyumweru gishize aho yitabiriye inama yahuzaga ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba mu kurebera hamwe uko ingufu zisubira zatezwa imbere muri aka karere.

Yatangaje ko asanga aka karere gafite ibikenewe kugira ngo kese umuhigo wo kugeza amashanyarazi ku baturage bose bitarenze mu mwaka wa 2030 nk’uko bikubiye mu ntego ya 7 mu z’iterambere rirambye (SDGs).

Kyte yavuze ko mu bikenewe kugira ngo aka karere gatange ingufu zisubira zihagije, ziramba kandi zihendutse harimo izuba, umuyaga n’amazi bihagije ndetse n’ubushobozi mu bya tekiniki bukaba buhari.

Yagize ati “Mu Rwanda ubu hari imishinga myinshi yo gukwirakwiza ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba mu gihugu hose, bityo Leta n’abafatanyabikorwa bayo bashobora kugira uruhare mu gutuma ikiguzi cyorohera abatishoboye. Aha mu Rwanda hari abantu bagenda bavumbura ibintu isi yose ikeneye. Urugero ni ibicanwa bya ‘pellets’, ni ukuri ibintu isi irimo itekereza ko byazana ibisubizo birimo kuba hano mu Rwanda.”

Afurika y’Iburasirazuba irasabwa kwihuta

Kyte yavuze ko ibihugu byo mu karere bikwiye kwihutisha cyane ikwirakwizwa ry’ingufu bitewe n’uko byatangiriye kure habi cyane, anibutsa ko kugeza umuriro ku baturage bikwiye kuba byagezweho mbere ya 2030 kuko iyi ntego igomba gutuma izindi nko kugeza uburezi n’ubuvuzi bifite ireme kuri bose bigerwaho bitarenze mu 2030.

Yongeyeho ko aka karere kari mu duce tukiri inyuma ku isi kuko ubu abaturage bafite umuriro bari ku mpuzandengo ya 25%, mu gihe u Rwanda rugeze kuri 42%.

Yahamagariye inzego zose zaba iza leta, iz’abikorera, imiryango itari iya Leta n’abaturage muri rusange kugira uruhare mu gutuma intego yo kugeza umuriro kuri bose igerwaho.

Yagize ati “Hari ikindi kibazo, iki si ikibazo mu Rwanda, ahubwo ni ikibazo mu bindi bihugu byo mu karere aho abantu batabara ikiguzi cy’ubuvuzi bw’indwara zikomoka ku gukoresha ingufu zihumanya. Icyiza cy’ingufu zisubiranya (renewable energy) ni uko zitanduza abantu ngo bagire ibibazo byo guhumeka n’ibindi. Iyo ukuyeho icyo kiguzi cy’ubuvuzi, izi ngufu usanga zihendutse cyane.”

Kyte yavuze ko ku isi hakibarurwa miliyari imwe y’abantu badafite amashanyarazi naho miliyari eshatu bakaba badafite uburyo bwo guteka ibiribwa mu buryo budahumanya.

Yongeyeho ko Guverinoma zikwiye gukangurira ibigo by’imari gutanga inguzanyo ku rwego rw’ingufu kugira ngo iterambere ryarwo ryihute cyane.

Yagize ati “EAC nk’umuryango bashobora kwishyira hamwe bagahanga isoko rinini mu rwego rw’ingufu ku buryo ryakurura abashoramari. Icya mbere, aka karere kari imbere y’uturere twinshi ku isi mu guhanga udushya no kugira inzego z’abikorera n’imiryango itegamiye kuri leta bikora neza, bityo hano hari udushya twinshi muri serivisi z’ingufu. Abikorera bakeneye amategeko atuma babona ahantu heza hakurura ishoramari kandi na bo bagomba kugurisha ibicuruzwa byiza maze Leta na yo ikita ku kurengera n’inyungu z’umuguzi. Ibi byose byitaweho nta kabuza aka karere kagera ku ntego kihaye.”

U Rwanda rwihaye intego yo kugeza umuriro ku Banyarwanda bose bitarenze mu 2024 ari na ko bakangurirwa kureka gukoresha ibicanwa nk’inkwi n’amakara kuko byangiza ibidukikije ahubwo bakitabira guteka bakoresheje ibindi bicanwa birimo gaz, amashanyarazi, ingufu zikomoka ku myanda n’ibindi bicanwa bigenda bivumburwa nka ‘pellets’ zicanwa mu mbabura zabugenewe.

2018-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Rouhani wa Iran yasabye Trump ‘kudakinisha umurizo w’Intare’

Perezida Rouhani wa Iran yasabye Trump ‘kudakinisha umurizo w’Intare’

Ubwanditsi 23 Jul 2018
Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

RUSHYASHYA 21 Oct 2025
Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

Ukuri ku mpamvu z’ubuhezanguni buranga Uzabakiriho Alfred wiyita Gitifu Sebatware kuri X

RUSHYASHYA 20 Oct 2025
Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Ubwanditsi 24 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo afunzwe akurikiranweho  kugerageza guha ruswa umuyobozi w’akagari
Amakuru

Umugabo afunzwe akurikiranweho kugerageza guha ruswa umuyobozi w’akagari

Ubwanditsi 09 Jan 2016
AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .
Amakuru

AS Kigali yatsinze Gorilla FC naho Bugesera FC inganya na Police FC mu kino ya gicuti yatangiye gukinwa hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda .

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Ubushinjacyaha bwahagaritse kujuririra icyemezo cyo kurekura abo kwa Rwigara
POLITIKI

Ubushinjacyaha bwahagaritse kujuririra icyemezo cyo kurekura abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 09 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru