• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 14 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ntabwo bitunguranye kuba Jambo asbl yaba iri gufasha imitwe y’iterabwoba ikorera mu Burasirazuba bwa Kongo kuko biri mu nshingano zayo, ahubwo igitunguranye ni uko babishyize ku mugaragaro bagatanga na numero ya konti iyo mfashanyo izajya ikusanyirizwaho.

Mbere yuko imitwe y’iterabwoba icikamo ibice bitandukanye, habaga FDLR gusa bityo bikaborohera kuyishakira inkunga ngo bari hafi gufata igihugu ariko ubu hari P5, FLN, CNRD Ubwiyunge, RUD-Urunana nindi bityo guhuza abantu ntabwo bamenya iyo umwe ashaka gutera inkunga. Niyo mpamvu babicishije mu cyitwa “SOS Refugies” bari gushakisha amafaranga yo gutera inkunga FDLR iri mu maremebera kuko niwo mutwe biyumvamo cyane.

Imvugo yabo ntawe utayizi uhereye ku babyeyi babo, kuko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bakoreshaga imvugo yitwa “Gukora” ntabwo bakoreshaga kwica Abatutsi; ibyo bakora byose baziko ari ibikorwa by’umwijima niyo mpamvu usanga bashaka indi mvugo cyangwa igikorwa bakacyitirira ibindi.

Hashize iminsi mike jambo asbl igizwe n’abakomoka ku bahekuye u Rwanda, bakaba bafite inshingano yo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gushakira ibyaha FPR nkuko ari umwanzuro w’inama ya Guverinoma y’abajenosideri bari mu buhungiro, batangije igikorwa cyo gukusanya amafaranga binyuze mu cyitwa “SOS Refugies”. Ibi bikorwa byo gufasha imitwe y’iterabwoba bijyana n’ibikorwa bya mpemuke ndamuke, aho buri wese yabaye umuvugizi w’impunzi kandi ari indonke aba yishakira.

Uzwi cyane ni Paul Rusesabagina mu kiswe “Fondation Rusesabagina” aho yakusanyaga amafaranga yitwaje Film Hotel Rwanda, maze si ukwibikaho amafaranga aba igitangaza mu baherwe. Rusesabagina ukusanya amafaranga abeshyako avugira abantu yagendaga muri Benz Cl-Class (WDDDJ72X68413260) akaba munzu ifite ibyumba bitandatu ifite agaciro kari hafi ya Miliyari y’amanyarwanda mu mugi wa San Antonio. Imitungo myinshi ya Rusesabagina ibarizwa mu bihugu by’amajyepfo y’Afurika.

Si Rusesabagina gusa wagize ‘ibikorwa byo gutabara” nk’umutahe wo kwishakira indonke. Hari indi miryango nka Centre de Lutte contre l’Impunité et l’Injustice au Rwanda (CLIIR) ya Joseph Matata, uyu wemeje kumugaragaro ko Akayesu Jean Paul ari umwere nyuma agakatirwa burundu n’urukiko rw’Arusha, ikusanya amafaranga babeshya ko ari ayo gufasha abantu kandi ari ugufasha imitwe y’iterabwoba.

Tugarutse kuri Jambo asbl, isano ifitanye n’imitwe y’iterabwoba ishingiye ku buvuguzi binyuze mu kinyamakuru cyabo jambo news ndetse no gutegura ibiganiro bagamije kuvugira iyo mitwe. Muri 2014, uwari umukuru wa Jambo asbl, Placide Kayumba, akaba na mwene Ntawukuriryayo Dominique ufingiwe ibyaha bya Jenoside nkuko byemejwe n’Urukiko Mpanabyaha by’Arusha, yagiye mu mashyamba ya Kongo agirana ikiganiro na Brig Gen Iyamuremye Gaston uzwi nka Victor Byiringiro, naho Laure Uwase yerekeza mu Burundi kubonana niyo mitwe y’iterabwoba muri 2016 abifashijwemo na Leta y’u Burundi. Banabonye na Guillaume Bunyoni wari Minisitiri w’umutekano muri icyo gihe.

Mu gufata Rusesabagina herekanwe inzira yakoreshaga yohereza amafaranga muri Kongo, ibyo jambo asbl ikora ntabwo izi ko ari amateka baba babikira ubutabera mu minsi iri imbere. Agapfa kaburiwe n’impongo.

2020-12-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Ubwanditsi 25 Nov 2023
Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Ubwanditsi 25 Sep 2025
Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

RUSHYASHYA 26 Oct 2025
Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Ubwanditsi 29 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama
Amakuru

Madamu Jeannette Kagame yatumiwe na mugenzi we w’u Burundi mu nama

Ubwanditsi 10 Oct 2023
Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye
POLITIKI

Perezida Kagame yasobanuye impamvu Kabila atitabiriye inama ku bibazo by’igihugu cye

Ubwanditsi 18 Jan 2019
Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball
Amakuru

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Ubwanditsi 18 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru