• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 14 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ntabwo bitunguranye kuba Jambo asbl yaba iri gufasha imitwe y’iterabwoba ikorera mu Burasirazuba bwa Kongo kuko biri mu nshingano zayo, ahubwo igitunguranye ni uko babishyize ku mugaragaro bagatanga na numero ya konti iyo mfashanyo izajya ikusanyirizwaho.

Mbere yuko imitwe y’iterabwoba icikamo ibice bitandukanye, habaga FDLR gusa bityo bikaborohera kuyishakira inkunga ngo bari hafi gufata igihugu ariko ubu hari P5, FLN, CNRD Ubwiyunge, RUD-Urunana nindi bityo guhuza abantu ntabwo bamenya iyo umwe ashaka gutera inkunga. Niyo mpamvu babicishije mu cyitwa “SOS Refugies” bari gushakisha amafaranga yo gutera inkunga FDLR iri mu maremebera kuko niwo mutwe biyumvamo cyane.

Imvugo yabo ntawe utayizi uhereye ku babyeyi babo, kuko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bakoreshaga imvugo yitwa “Gukora” ntabwo bakoreshaga kwica Abatutsi; ibyo bakora byose baziko ari ibikorwa by’umwijima niyo mpamvu usanga bashaka indi mvugo cyangwa igikorwa bakacyitirira ibindi.

Hashize iminsi mike jambo asbl igizwe n’abakomoka ku bahekuye u Rwanda, bakaba bafite inshingano yo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gushakira ibyaha FPR nkuko ari umwanzuro w’inama ya Guverinoma y’abajenosideri bari mu buhungiro, batangije igikorwa cyo gukusanya amafaranga binyuze mu cyitwa “SOS Refugies”. Ibi bikorwa byo gufasha imitwe y’iterabwoba bijyana n’ibikorwa bya mpemuke ndamuke, aho buri wese yabaye umuvugizi w’impunzi kandi ari indonke aba yishakira.

Uzwi cyane ni Paul Rusesabagina mu kiswe “Fondation Rusesabagina” aho yakusanyaga amafaranga yitwaje Film Hotel Rwanda, maze si ukwibikaho amafaranga aba igitangaza mu baherwe. Rusesabagina ukusanya amafaranga abeshyako avugira abantu yagendaga muri Benz Cl-Class (WDDDJ72X68413260) akaba munzu ifite ibyumba bitandatu ifite agaciro kari hafi ya Miliyari y’amanyarwanda mu mugi wa San Antonio. Imitungo myinshi ya Rusesabagina ibarizwa mu bihugu by’amajyepfo y’Afurika.

Si Rusesabagina gusa wagize ‘ibikorwa byo gutabara” nk’umutahe wo kwishakira indonke. Hari indi miryango nka Centre de Lutte contre l’Impunité et l’Injustice au Rwanda (CLIIR) ya Joseph Matata, uyu wemeje kumugaragaro ko Akayesu Jean Paul ari umwere nyuma agakatirwa burundu n’urukiko rw’Arusha, ikusanya amafaranga babeshya ko ari ayo gufasha abantu kandi ari ugufasha imitwe y’iterabwoba.

Tugarutse kuri Jambo asbl, isano ifitanye n’imitwe y’iterabwoba ishingiye ku buvuguzi binyuze mu kinyamakuru cyabo jambo news ndetse no gutegura ibiganiro bagamije kuvugira iyo mitwe. Muri 2014, uwari umukuru wa Jambo asbl, Placide Kayumba, akaba na mwene Ntawukuriryayo Dominique ufingiwe ibyaha bya Jenoside nkuko byemejwe n’Urukiko Mpanabyaha by’Arusha, yagiye mu mashyamba ya Kongo agirana ikiganiro na Brig Gen Iyamuremye Gaston uzwi nka Victor Byiringiro, naho Laure Uwase yerekeza mu Burundi kubonana niyo mitwe y’iterabwoba muri 2016 abifashijwemo na Leta y’u Burundi. Banabonye na Guillaume Bunyoni wari Minisitiri w’umutekano muri icyo gihe.

Mu gufata Rusesabagina herekanwe inzira yakoreshaga yohereza amafaranga muri Kongo, ibyo jambo asbl ikora ntabwo izi ko ari amateka baba babikira ubutabera mu minsi iri imbere. Agapfa kaburiwe n’impongo.

2020-12-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Ubwanditsi 16 Jun 2022
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubufaransa bwanze ubusabe bw’umukobwa wa Felesiyani Kabuga busaba ubwenegihugu, n’interahamwe zabuhawe zigomba kubwamburwa zigashyikirizwa ubutabera

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye
Amakuru

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Ubwanditsi 29 Jan 2024
Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho  yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC
Mu Rwanda

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC

Ubwanditsi 09 Sep 2016
Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi
Amakuru

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ubwanditsi 01 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru