• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira

CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira

Ubwanditsi 10 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yashimiye ubutabera bw’ibihugu bikomeje guhana abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, inagaragaza ko hari ibigenda biguru ntege mu kubakurikirana.

Ni itangazo CNLG yashyize ahagaragara kuri uyu wa Mbere, nyuma y’uko ku wa 6 Nyakanga 2018 Urukiko rw’Ubujurire rw’i Paris rwashimangiye igifungo cya burundu cyari cyarahawe Octavien Ngenzi na Tito Barahira.

Ni nyuma yo gusanga bahamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’ibyaha byibasiye inyoko muntu, bakoreye mu yahoze ari Komini Kabarondo ho muri Perefegitura ya Kibungo, ubu ni mu Ntara y’Iburasirazuba.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean-Damascène, yavuze ko iyi komisiyo ishima ko hari ibihugu by’amahanga bikomeje kubahiriza Amasezerano Mpuzamahanga yashyizweho umukono mu 1948 yo Gukumira no Guhana ibyaha bya Jenoside.

Urukiko rw’i Paris rwashimangiye igifungo kuri Ngenzi na Barahira nyuma y’uko Urukiko rw’Ubujurire rwa Bobigny mu Bufaransa na rwo ruheruka guhamya Pascal Simbikangwa icyaha cya Jenoside, rukamukatira igifungo cy’imyaka 25 nyuma y’urubanza rwabaye hagati ya 25 Ukwakira n’iya 3 Ukuboza 2016.

Dr Bizimana yavuze ko nubwo CNLG ishima ko hari intambwe igenda iterwa mu butabera mpuzamahanga mu guhana abakoze Jenoside, hari na byinshi byo kunengwa.

Yagize agira ati “CNLG ntiyemeranya n’icyemezo cyo ku wa 21 Kamena 2018 u Bufaransa bwafashe cyo guhagarika gukurikirana mu butabera Padiri Wenceslas Munyeshyaka, kubera uruhare rukomeye yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibindi byaha byibasira inyokomuntu nk’ubwicanyi, gufata abagore ku ngufu, gushimuta Abatutsi byakurikiwe no kubica, haba kuri Kiliziya ya Sainte Famille yayoboraga, mu kigo cya Saint Paul no mu nkengero zacyo.”

“CNLG iributsa kandi ko hari Abanyarwanda (42) batorotse ubutabera bidegembya mu Bufaransa, badafatwa kandi bakurikiranweho ibyaha bya Jenoside.”

Mu batunzwe agatoki harimo Dr Sosthène Munyemana, Laurent Bucyibaruta, Laurent Serubuga, Agathe Kanziga Habyarimana, Dr Eugène Rwamucyo, Marcel Bivugabagabo, Pierre Tegera, Dr Charles Twagira, Hyacinthe Rafiki Nsengiyumva, Claude Muhayimana na Félicien Baligira.

Dr Bizimana yakomeje agira ati “CNLG isanga ugereranije n’igihe ikirego cyatangiwe, ubutabera bw’u Bufaransa bwatinze gukurikirana abakekwaho icyaha cya Jenoside, ndetse kuri bose, bwafashe icyemezo ku mpamvu za politiki cyo kutagira uwo bwohereza mu Rwanda, kandi u Rwanda rutarahwemye kubisaba.”

Umwanzuro wo gukatira igifungo Ngenzi na Barahira mu Bufaransa wiyongereye ku zindi manza za Jenoside zaciwe n’ibihugu by’amahanga zigera kuri 22 mu bihugu nk’u Bufaransa, Suède, u Bubiligi, u Bwongereza, Norvège na Canada, n’u Budage.

Hari n’aboherejwe kuburanishirizwa mu Rwanda bagera kuri 18, n’ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada, Uganda, u Buholandi, Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, Norveji n’u Budage.

U Rwanda rumaze kohereza mu mahanga inyandiko zisaba gufata abantu bagera kuri 914 bakekwaho uruhare muri Jenoside ariko bakaba badafatwa ngo bagezwe imbere y’ubutabera.

Umubare munini w’abatorotse ubutabera kubera icyaha cya Jenoside bari muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (254), Uganda (226), mu Burayi, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Australie na Nouvelle Zélande.

CNLG yasabye ibihugu byose u Rwanda rwoherejemo izo impapuro zo gufata no guta muri yombi abakekwaho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ko zakwitabwaho bagafatwa, bagacibwa imanza n’ibihugu bahungiyemo cyangwa se bakoherezwa mu Rwanda nk’uko amategeko mpuzamahanga abiteganya.

2018-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Ubwanditsi 31 May 2024
RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Ubwanditsi 05 Oct 2024
Museveni  na Rujugiro baraca hirya no hino ngo Kandidature ya Mushikiwabo k’ubuyobozi bwa francophonie iburizwemo

Museveni  na Rujugiro baraca hirya no hino ngo Kandidature ya Mushikiwabo k’ubuyobozi bwa francophonie iburizwemo

Ubwanditsi 03 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 04 May 2023
Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru
Mu Rwanda

Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Ubwanditsi 31 Oct 2016
AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo
INKURU NYAMUKURU

AU ikomeje gutinza raporo ku iperereza ryasabwe na Perezida Kagame ku ivangura riyivugwamo

Ubwanditsi 30 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru