• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira

CNLG yibukije u Bufaransa ko hari abandi 42 bidegembya nyuma yo gukatira Ngenzi na Barahira

Ubwanditsi 10 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yashimiye ubutabera bw’ibihugu bikomeje guhana abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, inagaragaza ko hari ibigenda biguru ntege mu kubakurikirana.

Ni itangazo CNLG yashyize ahagaragara kuri uyu wa Mbere, nyuma y’uko ku wa 6 Nyakanga 2018 Urukiko rw’Ubujurire rw’i Paris rwashimangiye igifungo cya burundu cyari cyarahawe Octavien Ngenzi na Tito Barahira.

Ni nyuma yo gusanga bahamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’ibyaha byibasiye inyoko muntu, bakoreye mu yahoze ari Komini Kabarondo ho muri Perefegitura ya Kibungo, ubu ni mu Ntara y’Iburasirazuba.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean-Damascène, yavuze ko iyi komisiyo ishima ko hari ibihugu by’amahanga bikomeje kubahiriza Amasezerano Mpuzamahanga yashyizweho umukono mu 1948 yo Gukumira no Guhana ibyaha bya Jenoside.

Urukiko rw’i Paris rwashimangiye igifungo kuri Ngenzi na Barahira nyuma y’uko Urukiko rw’Ubujurire rwa Bobigny mu Bufaransa na rwo ruheruka guhamya Pascal Simbikangwa icyaha cya Jenoside, rukamukatira igifungo cy’imyaka 25 nyuma y’urubanza rwabaye hagati ya 25 Ukwakira n’iya 3 Ukuboza 2016.

Dr Bizimana yavuze ko nubwo CNLG ishima ko hari intambwe igenda iterwa mu butabera mpuzamahanga mu guhana abakoze Jenoside, hari na byinshi byo kunengwa.

Yagize agira ati “CNLG ntiyemeranya n’icyemezo cyo ku wa 21 Kamena 2018 u Bufaransa bwafashe cyo guhagarika gukurikirana mu butabera Padiri Wenceslas Munyeshyaka, kubera uruhare rukomeye yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibindi byaha byibasira inyokomuntu nk’ubwicanyi, gufata abagore ku ngufu, gushimuta Abatutsi byakurikiwe no kubica, haba kuri Kiliziya ya Sainte Famille yayoboraga, mu kigo cya Saint Paul no mu nkengero zacyo.”

“CNLG iributsa kandi ko hari Abanyarwanda (42) batorotse ubutabera bidegembya mu Bufaransa, badafatwa kandi bakurikiranweho ibyaha bya Jenoside.”

Mu batunzwe agatoki harimo Dr Sosthène Munyemana, Laurent Bucyibaruta, Laurent Serubuga, Agathe Kanziga Habyarimana, Dr Eugène Rwamucyo, Marcel Bivugabagabo, Pierre Tegera, Dr Charles Twagira, Hyacinthe Rafiki Nsengiyumva, Claude Muhayimana na Félicien Baligira.

Dr Bizimana yakomeje agira ati “CNLG isanga ugereranije n’igihe ikirego cyatangiwe, ubutabera bw’u Bufaransa bwatinze gukurikirana abakekwaho icyaha cya Jenoside, ndetse kuri bose, bwafashe icyemezo ku mpamvu za politiki cyo kutagira uwo bwohereza mu Rwanda, kandi u Rwanda rutarahwemye kubisaba.”

Umwanzuro wo gukatira igifungo Ngenzi na Barahira mu Bufaransa wiyongereye ku zindi manza za Jenoside zaciwe n’ibihugu by’amahanga zigera kuri 22 mu bihugu nk’u Bufaransa, Suède, u Bubiligi, u Bwongereza, Norvège na Canada, n’u Budage.

Hari n’aboherejwe kuburanishirizwa mu Rwanda bagera kuri 18, n’ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada, Uganda, u Buholandi, Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, Norveji n’u Budage.

U Rwanda rumaze kohereza mu mahanga inyandiko zisaba gufata abantu bagera kuri 914 bakekwaho uruhare muri Jenoside ariko bakaba badafatwa ngo bagezwe imbere y’ubutabera.

Umubare munini w’abatorotse ubutabera kubera icyaha cya Jenoside bari muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (254), Uganda (226), mu Burayi, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Australie na Nouvelle Zélande.

CNLG yasabye ibihugu byose u Rwanda rwoherejemo izo impapuro zo gufata no guta muri yombi abakekwaho icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ko zakwitabwaho bagafatwa, bagacibwa imanza n’ibihugu bahungiyemo cyangwa se bakoherezwa mu Rwanda nk’uko amategeko mpuzamahanga abiteganya.

2018-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda

Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2018
Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ikimwaro ntikica ariko kigira mubi

Ubwanditsi 24 Feb 2025
Rangira Adrien yitandukanije na Nsabimana Callixte wiyita Sankara

Rangira Adrien yitandukanije na Nsabimana Callixte wiyita Sankara

Ubwanditsi 22 Jul 2018
Ukuri guca muziko ntigushye: Uruhare rw’Ubufaransa muri jenoside rukomeje kugaragazwa

Ukuri guca muziko ntigushye: Uruhare rw’Ubufaransa muri jenoside rukomeje kugaragazwa

Ubwanditsi 06 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa MTN Uganda wirukanwe aravuga icyatumye akomeza kuvugana n’Umunyarwandakazi Tabura
ITOHOZA

Umuyobozi wa MTN Uganda wirukanwe aravuga icyatumye akomeza kuvugana n’Umunyarwandakazi Tabura

Ubwanditsi 13 Apr 2019
‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe
HIRYA NO HINO

‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

Ubwanditsi 20 Mar 2020
Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika
ITOHOZA

Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubwanditsi 29 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru