• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Ubwanditsi 31 Oct 2016 Mu Rwanda

Igisirikare cy’u Rwanda cyahakanye amakuru yatangajwe n’inzego zitandukanye z’u Burundi zavuze ko hari umuturage w’iki gihugu warasiwe ku kiyaga cya Rweru mu gitondo kuwa Gatandatu tariki 29 Ukwakira 2016.

Guverineri w’Intara ya Kirundo, Melchior Nankwahomba, yatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abashinwa ko umuturage w’Umurundi yarashwe n’Ingabo z’u Rwanda mu gitondo cyo kuwa Gatandatu. Gusa Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda Lt Col René Ngendahimana yavuze ko ibi bihabanye n’ukuri.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, dukesha iyi nkuru yatangaje ko nta muntu Ingabo z’u Rwanda zigeze zirasa ahubwo ko zarashe mu kirere kugira ngo abarobyi b’Abarundi bari mu gice kitemerewe kurobwamo basobanure impamvu bahari.

-4537.jpg

Lt Col René Ngendahimana

Ati “Nta muntu abasirikare barashe. Hari abantu bagaragaye kuri Rweru ahegereye umupaka w’u Rwanda mu gitondo cyo kuwa Gatandatu. Abasirikare bari bacunze umupaka nkuko bisanzwe, bababonye kuko ari n’ahantu hatemewe kurobwamo, barasa mu kirere bashaka ko bigira hino ngo bababaze icyo bakora mu mazi.”

Yakomeje avuga ko Ingabo z’u Rwanda zarashe mu kirere mu rwego rwo kubihaniza, maze umwe muri abo Barundi ava mu bwato arabegera abasobanurira impamvu.

“Umwe muri abo ava mu bwato aza asanga abo basirikare aje kwisobanura. Banamusanganye amafi yari yarobye muri ayo mazi ariko andi mato abiri abari bayarimo bibira mu mazi basubira hakurya.”

Abajijwe kubivugwa ko hari umuturage w’u Burundi wishwe n’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Ngendahimana yagize ati “ Nta muntu abasirikare bigeze barasa, barashe mu kirere bashaka kubaburira ngo bigire hino kugira ngo bisobanure cyangwa se ngo basubire inyuma. Umwe muri bo araza n’ubu ashobora kuba akiri ku ruhande rwacu. Nta musirikare wigeze arasa umuturage uwo ariwe wese.”

Yashimangiye ko ibyo kuvuga ko hari umusirikare w’u Rwanda wishe umuturage w’u Burundi ari ibintu bimenyerewe. Ati“ibyo turabimenyereye ni bya bindi bisanzwe biba hakurya hariya.”

Ibi bibaye mu gihe mu mpera za Kanama, Abasirikare b’u Rwanda bari ku burinzi mu Murenge Bugarama mu Karere ka Rusizi barashe abaturage babiri b’u Burundi nyuma y’aho ahagana saa cyenda z’ijoro bambutse umupaka bababaza abo ari bo ntibasubize abasirikare bakagira amakenga.

2016-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru

Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2017
Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea

Amafoto – Abakinnyi 11 bashobora kubanzamo ku mukino wa gicuti uzahuza U Rwanda ruzakiramo ikipe y’igihugu ya Guinea

Ubwanditsi 02 Jan 2022
APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda

APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 14 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea
POLITIKI

Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Ubwanditsi 23 Apr 2017
Inama y’umutekano y’intara y’amajyepfo yashyizeho ingamba zikomeye kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana
Mu Mahanga

Inama y’umutekano y’intara y’amajyepfo yashyizeho ingamba zikomeye kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Nyaruguru:Umusaza w’imyaka 70 yiciwe iwe n’abantu bataramenyekana
Amakuru

Nyaruguru:Umusaza w’imyaka 70 yiciwe iwe n’abantu bataramenyekana

Ubwanditsi 25 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru