• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Urukiko rw’i Kampala muri Uganda rwategetse abasirikari b’icyo gihugu  guha amahoro umunyapolitiki Bobi Wine, bakava mu rugo rwe bari bamaze igihe bagose.

Ubwanditsi 25 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa mbere  tariki 25 Mutarama 2021, umucamanaza mu rukiko rw’i Kampala muri Uganda yategetse ko abasirikari bari baragose urugo rwa Bobi Wine gusubira mu bigo byabo, bakareka ibikorwa yise iby’iterabwoba no kuvutsa uwo muturage uburenganzira bwe bwo kujya aho ashaka mu gihugu cye. Uwo mucamanza yasabye ubutegetsi ko niba hari icyo Bobi Wine akurikiranyweho yashyikirizwa ubucamanza, ariko bukareka kumugaraguza agati.

Ibi bibaye nyuma y’ikirego Bobi Wine yari yashyikirije uru rukiko, arusaba ko rwamubariza ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni icyo akurikiranyweho, gituma atinyagambura nk’abandi. Ubutegetsi bwa Uganda kandi bwari bumaze iminsi bwotsa igitutu gikomeye, amahanga aburega guhutaza abatavuga rumwe nabwo. Mu cyumweru gishize, uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Uganda, Nathalie E. Brown,yagerageje gusura Bobi Wine ariko abasirikari n’abapolisi bamubuza kwinjira mu rugo rw’uyu munyapolitiki wajegeje bikomeye Leta ya Perezida Museveni. Ambasaderi Brown  yahise atangaza ku mugaragaro ko icyo gikorwa cyo gufungira Bobi Wine mu rugo rwe kigayitse, ndetse gikwiye kwamaganwa n’isi yose

Ubwo twateguraga iyi nkuru ariko  hari amakuru avuga ko icyemezo cy’urukiko  cyari kitarashyirwa mu bikorwa, kuko inzego z’umutekano zavugaga ko zari zitarabona  amabwiriza avuye ibukuru azitegeka kuva mu rugo rwa Bobi Wine.

Bobi Wine yahatanye na Kaguta Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye tariki 14 Mutarama 2021. Komisiyo y’amatora yatangaje ko Museveni ariwe watowe n’amajwi 59%, naho Bobi Wine ahabwa 35%. Uyu mukandida ukunzwe n’urubyiruko cyane ntiyishimiye ibyavuye mu matora, ndetse ashinja Perezida Museveni kwiba amajwi. Kuva icyo gihe abashinzwe umutekano bigabije urugo rwe, bamubuza gusohoka cyangwa gusurwa n’uwo ariwe wese.

Kuba urukiko rutegetse ko  Bobi Wine asubizwa uburenganzira bwe bwo kwidegembya ariko, ntibivuze ko ibintu bisubiye mu buryo, kuko abayoboke ba Bobi Wine barahiriye kuzakomeza kwereka isi yose ko amatora yabaye aya nyirarureshwa, kuko umukandida wabo ariwe wari watsinze.  Amahanga  nayo  asa n’ataremeye ibyatangajwe na Komisiyo y’Amatora, bikagaragazwa n’uko abakuru b’ibihugu 5 gusa aribo boherereje Perezida Museveni ubutumwa bw’ishimwe.

2021-01-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Imikino yo mu kiciro cya kabiri irasozwa hakinwa umunsi wa nyuma wo mu itsinda ngo hamenyekane amakipe ajya muri 1/4

Ubwanditsi 30 Sep 2021
Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Ubwanditsi 14 Jun 2024
Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!!

Ubutabera ntibuzagwe mu mutego wa Aimable Karasira wiyita umurwayi wo mu mutwe, kandi ari”umusazi-mwenge”!!

Ubwanditsi 08 Jul 2021
Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Ubwanditsi 26 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.
Amakuru

Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.

Ubwanditsi 13 Apr 2023
Uganda:  Gen Kale Kayihura  yatawe muri yombi hakoreshejwe kajugujugu
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Gen Kale Kayihura yatawe muri yombi hakoreshejwe kajugujugu

Ubwanditsi 13 Jun 2018
Uganda: Batatu bakurikiranyweho kwiba mudasobwa zirimo amakuru y’iperereza ku rupfu rwa Kaweesi
HIRYA NO HINO

Uganda: Batatu bakurikiranyweho kwiba mudasobwa zirimo amakuru y’iperereza ku rupfu rwa Kaweesi

Ubwanditsi 05 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru