• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunya-Uganda yarashwe ashaka kwinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda

Umunya-Uganda yarashwe ashaka kwinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki ya 21 Mutarama, byanditse inkuru zivuga ku munya-Uganda warasiwe mu Rwanda.

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ahagana saa tanu z’ijoro mu bilometero bitatu winjiye ku butaka bw’u Rwanda.

Inkuru yatangajwe n’ikinyamakuru Daily Monitor, ikaza gusakazwa nyuma n’ibindi binyamakuru byinshi bitandukanye, yavugaga ko Umunya-Uganda witwa Theogene Ndagijimana yarashwe n’u Rwanda bimuviramo urupfu.

Iki kinyamakuru cyavuze ko Ndagijimana yarashwe ari kumwe na babyara be babiri b’abanyarwanda “bari bagiye muri Uganda gusura abo mu muryango we batuye mu Kabingo (Kisoro) banyuze mu mupaka utemewe”.

Iyo nkuru ikomeza ivuga ko ubwo Ndagijimana yari aherekeje babyara be na none banyuze mu nzira zitemewe, aribwo abashinzwe umutekano b’u Rwanda babarashe.

Gusa ibimenyetso byagaragaje ikinyoma mu byatangajwe n’ibi binyamakuru byo muri Uganda ahubwo ko byahisemo kwirengagiza ukuri nkana.

Umwe mu bo iki kinyamakuru cyatangaje ko ari mubyara wa Ndagijimana wiswe Munyembabazi ntabwo yari yigeze ajya muri Uganda bityo ntaho yahuriye na Ndagijimana ngo abe yamuherekeza agaruka mu Rwanda.

Munyembabazi w’imyaka 21 amaze imyaka itanu atuye muri Uganda mu Karere ka Kisoro. Azwi nk’umuntu ucuruza magendu ndetse wambuka umupaka mu buryo butemewe kuko abaturage bo muri ako gace bamuzi neza.

Undi mubyara wa Ndagijimana ni umusore w’imyaka 20 witwa Munezero usanzwe utuye mu Murenge wa Kagogo mu Kagari ka Kabaya i Murambi mu Rwanda. Ubwo yajyaga muri Uganda, ntiyari agiye gusura nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda.

Yari agiye mu bikorwa bya magendu hamwe na Ndagijimana na Munyembabazi. Bari bagiye gushaka ibiyobyabwenge binjiza mu Rwanda ubwo bateshwaga.

Umwe mu bashinzwe umutekano ku mupaka utarashatse ko amazina ye atangazwa yavuze ko “abo bacuruzi ba magendu bari bazwi cyane muri ibi bikorwa bihanwa n’amategeko” ndetse ko bari abantu b’abagizi ba nabi ku buryo bahagaritswe bakanga.

Bari bitwaje intwaro gakondo zirimo amacumu ndetse bavuga ko bazifashisha mu gihe polisi yaba irashe. Umwe mu bashinzwe umutekano yavuze ko “iyo ni imyitwarire y’abacuruza ibiyobyabwenge bagerageza kuba abagizi ba nabi mu gihe bahagaritswe”.

Undi muntu ucuruza magendu bari kumwe ni Umunya-Uganda witwa Gatsiri usanzwe atuye Kisoro mu gasanteri kitwa Gahenerezo, we yahise atoroka ubwo bahagarikwaga.

Gatsiri niwe watangaje amakuru ku uri uwo munya-Uganda wapfuye. Gusa ubwo abayobozi ba Uganda bajyaga gufata umurambo, uwitwa Munanura wari uhagarariye inzego zishinzwe umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda yasabwe kwerekana ibyangombwa bigaragaza imyirondoro y’uwapfuye cyangwa se undi muntu we wo mu muryango.

Uyu mucuruzi wa magendu nta cyangombwa na kimwe yari afite ubwo yapfaga. Munanura ukorera urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda, ISO, yahageze nta cyangombwa na kimwe afite cy’uwapfuye.

Byasabye ko asubirayo ariko ntiyagaruka ndetse nta n’umuntu wo mu muryango we wigeze agaruka ngo afate umurambo.

Inzego z’ubuyobozi mu Rwanda zaburiye abacuruza magendu n’abakoresha inzira zitemewe zizwi nka Panya.

Umwe mu bayobozi yagize ati “Kuki badakoresha inzira zemewe? U Rwanda nta muntu n’umwe rwigeze rubuza kwinjira mu gihugu, kuki bahitamo inzira zitemewe? Bigaragaza ubushake bwo gukora ibyaha. Abaturage bo ku mpande zombi bahora basabwa gukoresha inzira zemewe mu byo bakora byose.”

Polisi y’u Rwanda yongeye kuburira abantu bose kwitandukanya n’ibikorwa bya magendu cyane ibijyanye n’ibiyobyabwenge.

2020-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ba rusaruriramunduru barira ku bimukira bari mu Bwongereza, amaherezo barasubiza amerwe mu isaho!

Ba rusaruriramunduru barira ku bimukira bari mu Bwongereza, amaherezo barasubiza amerwe mu isaho!

Ubwanditsi 13 Dec 2023
Perezida Kagame aratanga ikiganiro ku guha umutekano abatuye Isi

Perezida Kagame aratanga ikiganiro ku guha umutekano abatuye Isi

Ubwanditsi 18 Feb 2018
Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Ubwanditsi 17 Apr 2024
Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Museveni kohereza Kutesa mu Rwanda bishobora kugira icyo bifasha abakorerwa iyicarubozo Kampala

Ubwanditsi 06 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ninde Diane Rutabana Akwiye Kuryoza Ibura Ry’umugabo We? RNC Na Kayumba CyangwaUganda Na Abel Kandiho?
ITOHOZA

Ninde Diane Rutabana Akwiye Kuryoza Ibura Ry’umugabo We? RNC Na Kayumba CyangwaUganda Na Abel Kandiho?

Ubwanditsi 21 Oct 2019
Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe
ITOHOZA

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Ubwanditsi 24 Oct 2017
Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 26 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru