• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunya-Uganda yarashwe ashaka kwinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda

Umunya-Uganda yarashwe ashaka kwinjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Jan 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki ya 21 Mutarama, byanditse inkuru zivuga ku munya-Uganda warasiwe mu Rwanda.

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ahagana saa tanu z’ijoro mu bilometero bitatu winjiye ku butaka bw’u Rwanda.

Inkuru yatangajwe n’ikinyamakuru Daily Monitor, ikaza gusakazwa nyuma n’ibindi binyamakuru byinshi bitandukanye, yavugaga ko Umunya-Uganda witwa Theogene Ndagijimana yarashwe n’u Rwanda bimuviramo urupfu.

Iki kinyamakuru cyavuze ko Ndagijimana yarashwe ari kumwe na babyara be babiri b’abanyarwanda “bari bagiye muri Uganda gusura abo mu muryango we batuye mu Kabingo (Kisoro) banyuze mu mupaka utemewe”.

Iyo nkuru ikomeza ivuga ko ubwo Ndagijimana yari aherekeje babyara be na none banyuze mu nzira zitemewe, aribwo abashinzwe umutekano b’u Rwanda babarashe.

Gusa ibimenyetso byagaragaje ikinyoma mu byatangajwe n’ibi binyamakuru byo muri Uganda ahubwo ko byahisemo kwirengagiza ukuri nkana.

Umwe mu bo iki kinyamakuru cyatangaje ko ari mubyara wa Ndagijimana wiswe Munyembabazi ntabwo yari yigeze ajya muri Uganda bityo ntaho yahuriye na Ndagijimana ngo abe yamuherekeza agaruka mu Rwanda.

Munyembabazi w’imyaka 21 amaze imyaka itanu atuye muri Uganda mu Karere ka Kisoro. Azwi nk’umuntu ucuruza magendu ndetse wambuka umupaka mu buryo butemewe kuko abaturage bo muri ako gace bamuzi neza.

Undi mubyara wa Ndagijimana ni umusore w’imyaka 20 witwa Munezero usanzwe utuye mu Murenge wa Kagogo mu Kagari ka Kabaya i Murambi mu Rwanda. Ubwo yajyaga muri Uganda, ntiyari agiye gusura nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri Uganda.

Yari agiye mu bikorwa bya magendu hamwe na Ndagijimana na Munyembabazi. Bari bagiye gushaka ibiyobyabwenge binjiza mu Rwanda ubwo bateshwaga.

Umwe mu bashinzwe umutekano ku mupaka utarashatse ko amazina ye atangazwa yavuze ko “abo bacuruzi ba magendu bari bazwi cyane muri ibi bikorwa bihanwa n’amategeko” ndetse ko bari abantu b’abagizi ba nabi ku buryo bahagaritswe bakanga.

Bari bitwaje intwaro gakondo zirimo amacumu ndetse bavuga ko bazifashisha mu gihe polisi yaba irashe. Umwe mu bashinzwe umutekano yavuze ko “iyo ni imyitwarire y’abacuruza ibiyobyabwenge bagerageza kuba abagizi ba nabi mu gihe bahagaritswe”.

Undi muntu ucuruza magendu bari kumwe ni Umunya-Uganda witwa Gatsiri usanzwe atuye Kisoro mu gasanteri kitwa Gahenerezo, we yahise atoroka ubwo bahagarikwaga.

Gatsiri niwe watangaje amakuru ku uri uwo munya-Uganda wapfuye. Gusa ubwo abayobozi ba Uganda bajyaga gufata umurambo, uwitwa Munanura wari uhagarariye inzego zishinzwe umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda yasabwe kwerekana ibyangombwa bigaragaza imyirondoro y’uwapfuye cyangwa se undi muntu we wo mu muryango.

Uyu mucuruzi wa magendu nta cyangombwa na kimwe yari afite ubwo yapfaga. Munanura ukorera urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu muri Uganda, ISO, yahageze nta cyangombwa na kimwe afite cy’uwapfuye.

Byasabye ko asubirayo ariko ntiyagaruka ndetse nta n’umuntu wo mu muryango we wigeze agaruka ngo afate umurambo.

Inzego z’ubuyobozi mu Rwanda zaburiye abacuruza magendu n’abakoresha inzira zitemewe zizwi nka Panya.

Umwe mu bayobozi yagize ati “Kuki badakoresha inzira zemewe? U Rwanda nta muntu n’umwe rwigeze rubuza kwinjira mu gihugu, kuki bahitamo inzira zitemewe? Bigaragaza ubushake bwo gukora ibyaha. Abaturage bo ku mpande zombi bahora basabwa gukoresha inzira zemewe mu byo bakora byose.”

Polisi y’u Rwanda yongeye kuburira abantu bose kwitandukanya n’ibikorwa bya magendu cyane ibijyanye n’ibiyobyabwenge.

2020-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Mu kugendera ku mategeko, U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere muri Afurika

Ubwanditsi 09 Jul 2024
Umunyamakuru wo mu gihugu cya Canada witwa Judi Rever, akwiye kwamaganwa

Umunyamakuru wo mu gihugu cya Canada witwa Judi Rever, akwiye kwamaganwa

Ubwanditsi 02 May 2018
U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari

U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari

Ubwanditsi 30 Jun 2025
U Burundi buragana he ?  Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

U Burundi buragana he ? Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

Ubwanditsi 01 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we utwite na we akitwikira mu nzu
Mu Rwanda

Rwamagana: Arakekwaho kwica umugore we utwite na we akitwikira mu nzu

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Rudasingwa Theogene yaba ahugiye kuki?
ITOHOZA

Rudasingwa Theogene yaba ahugiye kuki?

Ubwanditsi 23 May 2017
“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye
Amakuru

“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

Ubwanditsi 20 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru