• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda

Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda

RUSHYASHYA 21 Aug 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Umunye-Congo Héritier Luvumbu Nzinga wakiniye Rayon Sports, yatangaje ko ababajwe n’uburyo ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwamutereranye mu myaka imyaka ibiri amaze avuye mu Rwanda kubera igikorwa yakoze agaragaza ko ashyigikiye igihugu cye.

Luvumbu yavuye mu Rwanda muri Gashyantare 2024 nyuma y’impaka zakurikiye umukino Rayon Sports yatsinzemo Police FC ibitego 2-1 ku wa 11 Gashyantare uwo mwaka.

Muri uwo mukino, uyu mukinnyi yatsinze igitego kuri coup-franc, acyishimira apfuka ikiganza ku munwa, ikindi agitunga ku mutwe, yigana ikimenyetso cyari cyakozwe n’abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ya RDC mu Gikombe cya Afurika cya 2023 cyaberaga muri Côte d’Ivoire.

Uku gupfuka ku munwa ni igikorwa cya politiki cyari kimaze iminsi gikorwa n’Abanye-Congo hirya no hino mu rwego rwo kuyobya uburari ku bwicanyi nyakuri bukorerwa abavuga Ikinyarwanda mu Burasirazuba bwa RDC nk’uko byemejwe n’Umuryango w’Abibumbye.

Nyuma y’uwo mukino, Rayon Sports yasohoye itangazo inenga imyitwarire ya Luvumbu, mu gihe Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryamuhagaritse amezi atandatu mu bikorwa by’umupira w’amaguru ku butaka bw’u Rwanda kubera kuvanga siporo na politiki.

Bidatinze, Rayon Sports na Luvumbu bemeranyije gusesa amasezerano. Uyu mukinnyi yahise ava mu Rwanda, anyura i Goma mbere yo kujya i Kinshasa ku wa 14 Gashyantare 2024.

Ageze ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya N’Djili, Luvumbu yakiriwe n’abayobozi bo muri RDC barimo François Claude Kabulo Mwana Kabulo wari Minisitiri wa Siporo. Icyo gihe igikorwa cye cyishimiwe na benshi muri RDC, afatwa nk’umukinnyi w’intwari washyize imbere inyungu z’igihugu cye.

Byageze n’aho Perezida Félix Tshisekedi agaragaza ko ikibazo cy’uyu mukinnyi akizi, ndetse hatangazwa ko hari umugambi wo kumwakira no kumuhemba kubera icyo abayobozi ba RDC bitaga ubutwari yagaragaje.

Nyuma y’imyaka ibiri ariko, Luvumbu avuga ko ibyo yari yijejwe byose byarangiriye mu magambo.

Ati “Kuva ngeze hano i Kinshasa nta faranga na rimwe nigeze mpabwa. Ndetse na gahunda yo guhura na Perezida wa Repubulika, nta cyigeze gikorwa.”

Mu ‘live’ yakoreye kuri TikTok, uyu mukinnyi yanagaragaje ko atazi niba hari ubufasha yaba yaragenewe n’Umukuru w’Igihugu ariko bukaba bwararigishijwe n’abantu bamukikije.

Yakomeje ati “Ndi hano, naratereranywe. Ndi gupfa ndeba kandi bucece.”

Nyuma yo kuva muri Rayon Sports, Luvumbu yongeye gusubira muri AS Vita Club yari yarakiniye mbere. Muri Kamena 2024, iyi kipe y’i Kinshasa yatangaje ko yamusinyishije amasezerano y’imyaka ibiri.

Luvumbu yari yarageze muri Rayon Sports bwa mbere mu 2021 avuye muri Youssoufia Berrechid yo muri Maroc. Yaje kuyivamo, ariko ayisubiramo muri Kanama 2023, ahabwa amasezerano y’umwaka umwe yari kumugeza mu mpeshyi ya 2024.

2026-08-21
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20

U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20

RUSHYASHYA 09 May 2026
Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi

Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Ubwanditsi 27 May 2021
Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma

Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 07 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu
HIRYA NO HINO

RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Uzayobora FIFA  aramenyekana uyu munsi
IMIKINO

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Ubwanditsi 26 Feb 2016
Ibyavuye mu nama y’abayobozi bakuru b’ingabo za Congo FARDC yitabiriwe na FDLR byamenyekanye
Amakuru

Ibyavuye mu nama y’abayobozi bakuru b’ingabo za Congo FARDC yitabiriwe na FDLR byamenyekanye

Ubwanditsi 15 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru