• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Ubwanditsi 05 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru ava muri Australia akomeje guhamya ko muri icyo gihugu hari abajenosideri benshi bidegembya, harimo n’abakatiwe n’inkiko kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abo bagizi ba nabi bibumbiye mu kiswe RAQ, ishyirahamye ry’Abanyarwanda baba ahitwa “Qeensland”. Intego y’iri shyirahamwe ni ugutagatifuza abajenosideri, no guhuma amaso amahanga rihakana rikanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ari nako rikusanya inkunga yo gufasha imitwe y’iterabwoba nka FDLR, FLN, RNC n’iyindi.

Ayo makuru yizewe aragaragaza urutonde rw’abagize iryo shyirahamwe, barimo uwitwa Frodouard Rukeshangabo ukomoka mu yahoze ari komini Kigarama muri Kibungo. Uyu ni umwicanyi ruharwa wanakatiwe n’inkiko gacaca igifungo cy’imyaka 30. Yageze aho muri Australia avuye muri Malawi, aho yikangaga ko azafatwa, maze ahitamo kujya aho yibwira ko ari kure y’ubutabera.

Kuri uwo rutonde kandi hariho Amiel Nubaha , uyu akaba umuhungu wa Rukeshangango. Bombi basabitswe n’ingengabitekerezo ya jenoside.

Abandi bagizi ba nabi batuye muri Ausrtralia ndetse bakomeje gukingirwa ikibaba na bamwe mu bategetsi b’icyo gihugu, twavuga nka:

Pacifique Gakindi.

 Uyu  ni ruharwa wamaze abantu iwabo i Gishyita mu yahoze ari Perefegitura ya Kibuye. Yashinjwe ubwicanyi kenshi haba mu nkiko Gacaca aho akomoka, haba no mu manza z’abajenosideri mu Rukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho uRwanda. Yageze muri Australia avuye muri Zambiya, aho yabanaga n’abandi benshi basize bakoze ishyano mu Rwanda.

Théogene Ngabo.

 Uyu niwe perezida w’ishyirahamwe ry’abajenosideri baba Queensland, akaba ari nawe uhagarariye MRCD-FLN, wa mutwe w’iterabwoba wa Paul Rusesabagina, muri Australia. Ni umwe mu batsembye Abatutsi mu yahoze ari Komini Muvumba, muri Byumba.

Jean Baptiste Nshimiyimana.

 Uyu ni umukangurambaga ukomeye wa RNC, ndetse akaba umwe mu begeranya amafaranga yo gushyigikira ibikorwa bya FLN, atitaye ku kuba iyi mitwe yombi ari iy’iterabwoba.

 Enock Ruhigira.

 Uyu yahoze ari Umuyobozi w’ibiro bya Perezida Yuvenali Habyarimana, birumvikana akaba ummwe mu bacurabwenge ba Jenoside yakorewe Avatutsi. Akomoka mu yahoze ari Komini Bwakira muri Kibuye, akaba umwe mu bakwiza impuha z’uko Abatutsi aribo biyishe ubwabo.

Noheli Zihabamwe n’umugore we Delphina Uwamwiza.

 Ubusanzwe anmazina nyayo ya Zihabamwe ni Noheli Yandamutso. Yavuye mu Rwanda mu mwaka wa 2000, Leta y’uRwanda imwohereje kwiga muri Australia. Arangije amasomo yanze gutaha ngo ntiyaza gukorera”Leta y’Abatutsi”, ndetse ahita anahindura umwirondoro we. Kimwe n’umugore we Uwamwiza, babeshya ko barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ahubwo bakomoka ku bajenosideri. Ni umwe mu bayoboke ba RNC n’indi mitwe y’iterabwoba. Ese guhindura umwirondoro mu buriganya, muri Australia ntacyo bitwaye?

Nelson Muhirwa n’umugore we Yvette.

 Aba bombi batuye ahitwa Perth, aho bageze bavuye mu nkambi z’abajenosideri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo no muri Zambiya. Ni bamwe mu bakwiza ingengabitekerezo ya jenoside, bakaba  mu bahamya ko mu Rwanda habaye jenoside ebyiri.

Mukombozi Robert

Uyu we ni n’umunya Uganda, ariko urwango afitiye uRwanda n’Abanyarwanda, ruturuka ku kuba muw’2008 yarirukanywe mu Rwanda, aho yiyitaga umunyamakuru, kandi ahubwo yari umukwizabinyoma.Ubu ni umurwanashyaka wa FLN, amakuru akavuga ko ari umwe mu bayishakira inkunga hirya no hino nu isi, harimo na Uganda, igihugu cye cy’amavuko.

Urutonde ni rurerure, kandi tuzakomeza kubagezaho abaruriho.

Igihugu cya Austalia ni kimwe mu bikunze gushimwa na ya miryango y’ikinamico,  ivuga ko irengera uburenganzira bwa muntu nka Human Rights Watch na Amnesty International. Ukibaza rero ukuntu “indashyikirwa”mu guharanira uburenganzira bwa muntu ihindukira ikaba igicumbi cy’abajenosideri n’abayoboke b’imitwe y’iterabwoba. Ese iyi Australia yatinyuka gucumbikira Umunazi bizwi ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abayahudi?Niba itabitinyuka rero, iri ni rya rondaruhu n’agasuzuguro bikorerwa abirabura, cyane cyane Abanyafrika. Kuba harabaye Jenoside yakorewe Abatutsi ntacyo bivuze imbere y’abategetsi ba Australia, kuko Abatutsi ari ubwoko  bafata nk’udafite agaciro. Ngiyo demokarasi n’uburenganzira bwa muntu bahora batwigisha.

Isoko: Great lakes Eye

2021-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori bombori muri RNC, Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya bitandukanyije nayo, impamvu nyamukuru bapfuye ni amafaranga

Bombori bombori muri RNC, Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya bitandukanyije nayo, impamvu nyamukuru bapfuye ni amafaranga

Ubwanditsi 13 Jul 2021
U Burundi bwiyemeje kwiyegereza  abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

U Burundi bwiyemeje kwiyegereza abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

Ubwanditsi 31 Jan 2018
U Rwanda rwanditse amateka yo gusoza itsinda badatsinzwe muri shampiyona y’isi ya Sitting Volleyball mu bagore , baba aba mbere babikoze muri Afurika

U Rwanda rwanditse amateka yo gusoza itsinda badatsinzwe muri shampiyona y’isi ya Sitting Volleyball mu bagore , baba aba mbere babikoze muri Afurika

Ubwanditsi 08 Nov 2022
Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Ubwanditsi 15 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu
Mu Rwanda

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Ubwanditsi 16 Apr 2017
Uko Jakaya Kikwete yabuze igihembo cya Mo Ibrahim
Mu Rwanda

Uko Jakaya Kikwete yabuze igihembo cya Mo Ibrahim

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika
Amakuru

Ndayishimiye yazanye imikorere mibi mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika

RUSHYASHYA 28 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru