• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Ubwanditsi 05 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru ava muri Australia akomeje guhamya ko muri icyo gihugu hari abajenosideri benshi bidegembya, harimo n’abakatiwe n’inkiko kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abo bagizi ba nabi bibumbiye mu kiswe RAQ, ishyirahamye ry’Abanyarwanda baba ahitwa “Qeensland”. Intego y’iri shyirahamwe ni ugutagatifuza abajenosideri, no guhuma amaso amahanga rihakana rikanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ari nako rikusanya inkunga yo gufasha imitwe y’iterabwoba nka FDLR, FLN, RNC n’iyindi.

Ayo makuru yizewe aragaragaza urutonde rw’abagize iryo shyirahamwe, barimo uwitwa Frodouard Rukeshangabo ukomoka mu yahoze ari komini Kigarama muri Kibungo. Uyu ni umwicanyi ruharwa wanakatiwe n’inkiko gacaca igifungo cy’imyaka 30. Yageze aho muri Australia avuye muri Malawi, aho yikangaga ko azafatwa, maze ahitamo kujya aho yibwira ko ari kure y’ubutabera.

Kuri uwo rutonde kandi hariho Amiel Nubaha , uyu akaba umuhungu wa Rukeshangango. Bombi basabitswe n’ingengabitekerezo ya jenoside.

Abandi bagizi ba nabi batuye muri Ausrtralia ndetse bakomeje gukingirwa ikibaba na bamwe mu bategetsi b’icyo gihugu, twavuga nka:

Pacifique Gakindi.

 Uyu  ni ruharwa wamaze abantu iwabo i Gishyita mu yahoze ari Perefegitura ya Kibuye. Yashinjwe ubwicanyi kenshi haba mu nkiko Gacaca aho akomoka, haba no mu manza z’abajenosideri mu Rukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho uRwanda. Yageze muri Australia avuye muri Zambiya, aho yabanaga n’abandi benshi basize bakoze ishyano mu Rwanda.

Théogene Ngabo.

 Uyu niwe perezida w’ishyirahamwe ry’abajenosideri baba Queensland, akaba ari nawe uhagarariye MRCD-FLN, wa mutwe w’iterabwoba wa Paul Rusesabagina, muri Australia. Ni umwe mu batsembye Abatutsi mu yahoze ari Komini Muvumba, muri Byumba.

Jean Baptiste Nshimiyimana.

 Uyu ni umukangurambaga ukomeye wa RNC, ndetse akaba umwe mu begeranya amafaranga yo gushyigikira ibikorwa bya FLN, atitaye ku kuba iyi mitwe yombi ari iy’iterabwoba.

 Enock Ruhigira.

 Uyu yahoze ari Umuyobozi w’ibiro bya Perezida Yuvenali Habyarimana, birumvikana akaba ummwe mu bacurabwenge ba Jenoside yakorewe Avatutsi. Akomoka mu yahoze ari Komini Bwakira muri Kibuye, akaba umwe mu bakwiza impuha z’uko Abatutsi aribo biyishe ubwabo.

Noheli Zihabamwe n’umugore we Delphina Uwamwiza.

 Ubusanzwe anmazina nyayo ya Zihabamwe ni Noheli Yandamutso. Yavuye mu Rwanda mu mwaka wa 2000, Leta y’uRwanda imwohereje kwiga muri Australia. Arangije amasomo yanze gutaha ngo ntiyaza gukorera”Leta y’Abatutsi”, ndetse ahita anahindura umwirondoro we. Kimwe n’umugore we Uwamwiza, babeshya ko barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi ahubwo bakomoka ku bajenosideri. Ni umwe mu bayoboke ba RNC n’indi mitwe y’iterabwoba. Ese guhindura umwirondoro mu buriganya, muri Australia ntacyo bitwaye?

Nelson Muhirwa n’umugore we Yvette.

 Aba bombi batuye ahitwa Perth, aho bageze bavuye mu nkambi z’abajenosideri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo no muri Zambiya. Ni bamwe mu bakwiza ingengabitekerezo ya jenoside, bakaba  mu bahamya ko mu Rwanda habaye jenoside ebyiri.

Mukombozi Robert

Uyu we ni n’umunya Uganda, ariko urwango afitiye uRwanda n’Abanyarwanda, ruturuka ku kuba muw’2008 yarirukanywe mu Rwanda, aho yiyitaga umunyamakuru, kandi ahubwo yari umukwizabinyoma.Ubu ni umurwanashyaka wa FLN, amakuru akavuga ko ari umwe mu bayishakira inkunga hirya no hino nu isi, harimo na Uganda, igihugu cye cy’amavuko.

Urutonde ni rurerure, kandi tuzakomeza kubagezaho abaruriho.

Igihugu cya Austalia ni kimwe mu bikunze gushimwa na ya miryango y’ikinamico,  ivuga ko irengera uburenganzira bwa muntu nka Human Rights Watch na Amnesty International. Ukibaza rero ukuntu “indashyikirwa”mu guharanira uburenganzira bwa muntu ihindukira ikaba igicumbi cy’abajenosideri n’abayoboke b’imitwe y’iterabwoba. Ese iyi Australia yatinyuka gucumbikira Umunazi bizwi ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abayahudi?Niba itabitinyuka rero, iri ni rya rondaruhu n’agasuzuguro bikorerwa abirabura, cyane cyane Abanyafrika. Kuba harabaye Jenoside yakorewe Abatutsi ntacyo bivuze imbere y’abategetsi ba Australia, kuko Abatutsi ari ubwoko  bafata nk’udafite agaciro. Ngiyo demokarasi n’uburenganzira bwa muntu bahora batwigisha.

Isoko: Great lakes Eye

2021-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Ubwanditsi 06 Apr 2021
U Rwanda rwongeye kuza ku mwanya wa  mbere mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba mu gukumira no kurwanya  ruswa n’akarengane, ruza ku mwanya wa 4 muri Afrika yose!

U Rwanda rwongeye kuza ku mwanya wa  mbere mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba mu gukumira no kurwanya  ruswa n’akarengane, ruza ku mwanya wa 4 muri Afrika yose!

Ubwanditsi 28 Jan 2021
Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?

Ibinyoma bitagira epfo na ruguru bya police y’u Burundi ku Rwanda bizagarukira he?

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Donald Trump yongeye guca amarenga y’ibitero Amerika yitegura kugaba kuri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro
INKURU NYAMUKURU

Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro

Ubwanditsi 30 Jan 2018
Na ba Rwasa bari mu kwaha kwa Nkurunziza hari ibyo batumvikanaho nawe muri iyi mishyikirano ya Arusha
INKURU NYAMUKURU

Na ba Rwasa bari mu kwaha kwa Nkurunziza hari ibyo batumvikanaho nawe muri iyi mishyikirano ya Arusha

Ubwanditsi 29 Nov 2017
“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro
Amakuru

“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

Ubwanditsi 01 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru