• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Ubwanditsi 04 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Iyo wumvise amaganya asigaye aranga imvugo za Perezida w’uBurundi, Evariste Ndayishimiye ” NEVA “, bikwereka ko uyu ari umwe mu bategetsi batazi gupima ingaruka y’ibyo bavuga, bakazarwana no kwisubiraho ari uko izo ngaruka zatangiye gukomanga ku muryango.

Uyu NEVA aherutse kumvikana avuga ko azi neza ko intambara ica ibintu mu burasirazuba bwa Kongo izagera no mu Burundi. Ni mu gihe kandi, kuko atangiye kubona ko imyitwarire ye nta handi yaganishaga uBurundi, uretse mu kaga nk’ako munywanyi we Tshisekedi arimo.

Iyo NEVA aza kwiririnda ko uBurundi buzagwa mu magume , ntiyari kwimika ingengabitekerezo ya jenoside, kugeza ubwo yohereza abasirikari muri Kongo, ngo bajye gufatanya na FDLR kwica Abatutsi baharanira kubaho. Hanyuma se ko abo yagiye kubuza amahwemo barimo gutsinda, ndetse banasatira umupaka w’uBurundi, NEVA yabura ate guhangayika?!

NEVA ni umwe mu bakwiza bwa burozi bwa ” Hutu-pawa “, bushishikariza abaturage bo muri aka karere k’Ibiyaga Bigari kwica Abatutsi, ngo kuko bashaka kwimika “Hima Empire”igamije kugira Abahutu abacakara. Nta kuntu rero ingaruka z’ubu burozi zitagera no mu Burundi, kandi zikazaba mbi cyane, kuko igihe Umututsi yategaga ijosi ngo abanzi nibareme, cyararangiye.

Iyo NEVA aza gushishoza, ntaba yaremeye gushyira ku ibere FDLRigamije kugarura ubutegetsi bwa” Hutu-pawa”, no gusoza umugambi wo gutsemba Abatutsi mu Rwanda. Amakuru adashidikanywaho yerekana neza ko abarwanyi ba FDLR, FNL n’abandi bagizi ba nabi, bafite indiri mu ishyamba rya Kibira, mu majyaruguru y’uBurundi (rifatanye na Nyungwe yo mu Rwanda), aho bahabwa ibikoresho, bakanahakorera imyitozo yo gutera uRwanda. Gucirira FDLR ni nko kwikururira umurozi akakumaraho urubyaro.

Iyo NEVA aza kumenya ko ibyo akora biganisha uBurundi mu kangaratete, ntaba yaratinyutse kugambanira ibihugu bahuriye mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ngo yohereze ingabo ze muri Kongo, kandi Tshisekedi yari amaze gusuzugura no kwirukana nabi ingabo z’uwo muryango, zari zagiye kubungabunga amahoro mu burasirazuba bwa Kongo. Ku nyungu ze bwite, NEVA yohereje abasirikari kurwana ntambara ireba Abakongomani ubwabo, none Abarundi baramuryoza abana babo batikirira mu mashyamba ya Kongo. Ubu mu Burundi hari icyoba cy’uko abasoda bashobora guhindukiza umututu w’imbunda, aho kurasa M23 bakarasa NEVA wabohereje gupfira inda ye gusa.

Baca umugani ngo ” nyir’ikirimi kiba yatanze umurozi gupfa”. Muri Mutarama 2024 NEVA yavugiye mu ruhame ko azashyigikira urubyiruko rugambiriye guhirika ubutegetsi mu Rwanda. Yewe yagerageje no kubishyira mu bikorwa, yongera imbaraga mu mikoranire ye na FDLR n’indi mitwe igamije guhungabanya umutekano w’uRwanda, nk’uko twabisobanuye haruguru. Ni gute rero yumva ko uRwanda rwakwima agaciro amagambo nk’ayo avuzwe na Perezida w’igihugu, noneho cy’abaturanyi? Mu gihe se ubwirinzi bw’uRwanda bwagira ingaruka ku Burundi, ibyo byabazwa uRwanda, cyangwa bikwiye kwirengerwa n’uwivugiye ko azaruteza akaga?

Muri make, imyitwarire ya NEVA irasobanura neza wa mugani w’Abarundi ugira uti:”Uzitura impene yamara kugera kurenga imbibe ugahebeba nkayo”. Icyakora, nubwo NEVA asakuza cyane ngo agarure ihene yamaze kugera kure, aracyafite amahirwe yo kugabanya ingaruka z’amakosa yakoze. Umuti wamutabara bwangu ni ukwitandukanya na FDLR n’imyumvire ya “Hutu-pawa”.

2025-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Ubwanditsi 29 Jun 2024
Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Abayobozi bagize uruhare mu kwirukana Miguna muri Kenya baciwe amande ya 2000$

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Kiyovu SC igereye mukebo Sunrise FC yigeze kuyibuza igikombe, iyitsinda 4-0 biyiganisha habi

Kiyovu SC igereye mukebo Sunrise FC yigeze kuyibuza igikombe, iyitsinda 4-0 biyiganisha habi

Ubwanditsi 03 Apr 2024
Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Ubwanditsi 28 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakanguriye abatuye mu karere ka Kirehe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.
Mu Rwanda

Jay Polly ushinjwa kwiba Telephone umunyamakuru akomeje kotswa igitutu akaba ashobora no kujyanwa mu Rukiko.

Ubwanditsi 05 Sep 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru