• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Ubwanditsi 04 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Iyo wumvise amaganya asigaye aranga imvugo za Perezida w’uBurundi, Evariste Ndayishimiye ” NEVA “, bikwereka ko uyu ari umwe mu bategetsi batazi gupima ingaruka y’ibyo bavuga, bakazarwana no kwisubiraho ari uko izo ngaruka zatangiye gukomanga ku muryango.

Uyu NEVA aherutse kumvikana avuga ko azi neza ko intambara ica ibintu mu burasirazuba bwa Kongo izagera no mu Burundi. Ni mu gihe kandi, kuko atangiye kubona ko imyitwarire ye nta handi yaganishaga uBurundi, uretse mu kaga nk’ako munywanyi we Tshisekedi arimo.

Iyo NEVA aza kwiririnda ko uBurundi buzagwa mu magume , ntiyari kwimika ingengabitekerezo ya jenoside, kugeza ubwo yohereza abasirikari muri Kongo, ngo bajye gufatanya na FDLR kwica Abatutsi baharanira kubaho. Hanyuma se ko abo yagiye kubuza amahwemo barimo gutsinda, ndetse banasatira umupaka w’uBurundi, NEVA yabura ate guhangayika?!

NEVA ni umwe mu bakwiza bwa burozi bwa ” Hutu-pawa “, bushishikariza abaturage bo muri aka karere k’Ibiyaga Bigari kwica Abatutsi, ngo kuko bashaka kwimika “Hima Empire”igamije kugira Abahutu abacakara. Nta kuntu rero ingaruka z’ubu burozi zitagera no mu Burundi, kandi zikazaba mbi cyane, kuko igihe Umututsi yategaga ijosi ngo abanzi nibareme, cyararangiye.

Iyo NEVA aza gushishoza, ntaba yaremeye gushyira ku ibere FDLRigamije kugarura ubutegetsi bwa” Hutu-pawa”, no gusoza umugambi wo gutsemba Abatutsi mu Rwanda. Amakuru adashidikanywaho yerekana neza ko abarwanyi ba FDLR, FNL n’abandi bagizi ba nabi, bafite indiri mu ishyamba rya Kibira, mu majyaruguru y’uBurundi (rifatanye na Nyungwe yo mu Rwanda), aho bahabwa ibikoresho, bakanahakorera imyitozo yo gutera uRwanda. Gucirira FDLR ni nko kwikururira umurozi akakumaraho urubyaro.

Iyo NEVA aza kumenya ko ibyo akora biganisha uBurundi mu kangaratete, ntaba yaratinyutse kugambanira ibihugu bahuriye mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ngo yohereze ingabo ze muri Kongo, kandi Tshisekedi yari amaze gusuzugura no kwirukana nabi ingabo z’uwo muryango, zari zagiye kubungabunga amahoro mu burasirazuba bwa Kongo. Ku nyungu ze bwite, NEVA yohereje abasirikari kurwana ntambara ireba Abakongomani ubwabo, none Abarundi baramuryoza abana babo batikirira mu mashyamba ya Kongo. Ubu mu Burundi hari icyoba cy’uko abasoda bashobora guhindukiza umututu w’imbunda, aho kurasa M23 bakarasa NEVA wabohereje gupfira inda ye gusa.

Baca umugani ngo ” nyir’ikirimi kiba yatanze umurozi gupfa”. Muri Mutarama 2024 NEVA yavugiye mu ruhame ko azashyigikira urubyiruko rugambiriye guhirika ubutegetsi mu Rwanda. Yewe yagerageje no kubishyira mu bikorwa, yongera imbaraga mu mikoranire ye na FDLR n’indi mitwe igamije guhungabanya umutekano w’uRwanda, nk’uko twabisobanuye haruguru. Ni gute rero yumva ko uRwanda rwakwima agaciro amagambo nk’ayo avuzwe na Perezida w’igihugu, noneho cy’abaturanyi? Mu gihe se ubwirinzi bw’uRwanda bwagira ingaruka ku Burundi, ibyo byabazwa uRwanda, cyangwa bikwiye kwirengerwa n’uwivugiye ko azaruteza akaga?

Muri make, imyitwarire ya NEVA irasobanura neza wa mugani w’Abarundi ugira uti:”Uzitura impene yamara kugera kurenga imbibe ugahebeba nkayo”. Icyakora, nubwo NEVA asakuza cyane ngo agarure ihene yamaze kugera kure, aracyafite amahirwe yo kugabanya ingaruka z’amakosa yakoze. Umuti wamutabara bwangu ni ukwitandukanya na FDLR n’imyumvire ya “Hutu-pawa”.

2025-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Umugande wakekwagaho kwica murumuna we agahungira mu Rwanda yasubijwe iwabo

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Ubwanditsi 15 Sep 2023
Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Ubwanditsi 05 Oct 2019
CNLG yatunze agatoki  umucamanza Meron warekuye abahamwe n’icyaha cya Jenoside

CNLG yatunze agatoki umucamanza Meron warekuye abahamwe n’icyaha cya Jenoside

Ubwanditsi 16 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwemeje ko urugendo rwa Sarkozy ntaho rwari ruhuriye n’ibibazo byarwo n’u Bufaransa
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwemeje ko urugendo rwa Sarkozy ntaho rwari ruhuriye n’ibibazo byarwo n’u Bufaransa

Ubwanditsi 21 Jan 2018
Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.
Amakuru

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 06 Jun 2021
Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Umudepite yashinjwe gushaka kwica Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 20 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru