• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ihezwa rikorerwa abagore ku isi mu mboni ya Ange na Ivan Kagame

Ihezwa rikorerwa abagore ku isi mu mboni ya Ange na Ivan Kagame

Ubwanditsi 26 Jul 2016 Mu Mahanga

Ku isi nzima, ntushobora gushaka urugero rw’ibihugu byimirije imbere igitsinagore ngo u Rwanda ntiruboneke mu by’ibanze. Mu gihe hirya no hino hari ibihugu kandi bikomeye birangwamo amategeko, amahame n’imico bipyinagaza abagore, mu Rwanda abari n’abategarugori barenze kuba ba mutima w’urugo bahinduka ba mutima w’igihugu.

Muri Saudi Arabia kirazira ko umugore yatwara imodoka cyangwa ikindi kinyabiziga, ibi byemerewe abagabo gusa, mu gihe mu Rwanda abagore basigaye batwara n’indege.

Afghanistan ni cyo gihugu kirangwamo ukwiyahura kw’abagore n’abakobwa kurenza ibindi ku isi biturutse ku ihezwa bakorerwa ribatera gushenguka, mu gihe mu Rwanda rw’ubu abagore bifitiye ikizere kirenze n’icyo abagabo bigirira.

Muri Pakistan ho ni agahomamunwa kuko ihezwa ry’abagore muri icyo gihugu riri gutuma hari abahezanguni bibasira bamwe muri bo bari mu myanya y’ubuyobozi bakicwa, ku buryo abayobozi b’abagore bahora bikanga urupfu.

Ibaze nawe igihugu kugeza magingo aya iyo umugabo akoze amakosa akomeye, abo yahemukiye b’abagabo bikora ari itsinda bakajya gufata umugore we ku ngufu, bakabikorera hamwe icyarimwe bafatanije, ibi mu muco w’abanya-Pakistan bisa n’ibyabaye akamenyero.

Ubwo ntituvuze za Nepal, Guatemala n’ahandi uburenganzira bw’igitsinagore bugerwa ku mashyi.

Raporo Mpuzamahanga ku buringanire ‘The Global Gender Gap Index’ yo mu 2015 yarushyize ku mwanya wa mbere muri Afurika, ku Isi ruza kuwa Gatandatu. Iyi ntera yagezweho biturutse ku miyoborere yafashe umwanzuro wo gushyiraho amategeko yimakaza uburinganire bw’abagabo n’abagore muri iki gihugu.

Mu kiganiro Umuryango Global Citizen wagiranye n’abana ba Perezida Kagame, Ange Kagame na Ivan Kagame, bagaragaje ibitekerezo byabo ku kamaro ko gukuraho amategeko yimakaza ivangura no guheza abagore n’abakobwa ku Isi.

Iki kiganiro cyabayeho mu gihe uyu muryango uri mu bukangurambaga bwiswe #LevelTheLaw, bugamije kwamagana ihezwa rikorerwa abagore n’abakobwa ku Isi hashingiwe ko ari igitsinagore. Ange Kagame akaba ari umwe mu barangaje imbere ubu bukangurambaga.

Icyo kiganiro Ange na Ivan Kagame bagiranye na Global Citizen kigira kiti;

Kuki ushyigikiye ubukangurambaga Level the Law?

Ange: Birababaje kuba ahenshi ku Isi abagore n’abakobwa bagisubizwa inyuma n’amategeko ashyigikira ivangura rishingiye ku gitsina, amategeko abuza abagore gusohoka mu rugo cyangwa gukora akazi gasanzwe kereka babyumvikanyeho n’abagabo babo.

Ibi ntabwo biri ku bagore bo mu Rwanda, kuko igihugu cyanjye cyateye intambwe ikomeye mu guharanira uburinganire bw’abagore imbere y’amategeko. Akamaro k’indashyikirwa k’abagore mu Rwanda rwa none, gaturuka ku byemezo byiza byafashwe n’ubuyobozi bwa nyuma ya Jenoside, bwiyemeje gushyigikira uruhare rwabo mu nzego zose z’iterambere ry’igihugu. Iyi niyo mpamvu nshyigikiye ubu bukangurambaga.

Amategeko ni ingenzi mu kunoza ihame ry’uburinganire, ariko sosiyete niyo ya mbere igomba gutuma bigerwaho. Ni izihe mbogamizi zihari muri sosiyete Nyarwanda mu guhuza ibyo byombi?

Ange: Binyuze mu iterambere ry’imibereho n’uburinganire mu mategeko, byahaye ubushobozi abagore, by’umwihariko mu kurandura imyumvire ya kera no kwerekana ko bifitiye icyizere ku bwabo no mu byo bakora, bigakuraho izo nzitizi z’imyumvire yaba mu bantu ku giti cyabo, mu baturanyi no muri sosiyete.

Ariko icy’ingenzi, kugirango kwegera abaturage bibyare umusaruro, bikenera ko abaturage bizera ubuyobozi bwabo. Ibintu byose ku nzego zinyuranye bigakorwa babigizemo uruhare bigatuma babigira ibyabo bikanakuraho imyumvire ishaje.
Ndizera ko ari yo mpamvu byashobotse mu Rwanda.

Ese abagabo bafite uruhare mu guharanira uburenganzira bw’abagore cyangwa ni abagore babyikorera ubwabo?

Ivan: Byombi barafatanya. Nibyo, urugamba rwo guharanira uburenganzira bw’abagore nibo barugizemo uruhare, kandi ntekereza ko ariko bizakomeza. Ariko impinduka z’ingenzi, ni uko umubare w’abagabo babigiramo uruhare nawo ukomeje kwiyongera, barangajwe imbere n’ab’icyitegererezo nka Data, abasore b’urungano rwanjye bakuze babona abagore bize kandi bakora ibintu byiza, bashiki babo na ba Mama babo urugero, abo ngabo ubuzima bwabo bwerekanye ko abantu bose ari ingenzi kandi abagabo n’abagore bakwiye kwitabwaho kimwe.

Ni uwuhe mumaro w’ibigo bya ‘Isange One Stop Centers’?

Ange: Nyuma y’uko Mama wanjye atangije ‘Isange One Stop Center’, mu rwego rwo guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu gihugu, ibi bigo byagiye byiyongera cyane. Gutanga ubufasha mu myumvire, gukurikirana icyaha, gutanga serivisi zo kwa muganga ku wahohotewe kandi umusaruro umaze kuboneka ku bagore batabashaga kubona ababafasha.

-3370.jpg

Ange na Ivan Kagame

Umwihariko w’ibi bigo, ni uko abahohotewe babasha kubona ubufasha bwose ahantu hamwe kandi hatuje, ni igisubizo mu buryo bwihuse n’uburambye kuko ibimenyetso byose byemewe mu nkiko bikusanyirizwa muri biriya bigo bigafasha ubutabera.

Ibi bigo byanongerereye ubumenyi abaturage yaba abagore n’abagabo, basobanukirwa uko bakwirinda ihohoterwa mu ngo n’icyo bakora igihe ribayeho. Ibi bigo byahinduye ubuzima bw’abaturage mu buryo bufatika.

Utekereza ko uburenganzira bw’abagore mu Rwanda buzaba bugeze he mu myaka itanu iri imbere?

Ange: Iterambere ry’uburenganzira bw’abagore mu Rwanda riteye ishema kandi ririhuta cyane, ibi byashobotse kuko hagiyeho amategeko arengera umugore ndetse n’iterambere rirambye riganisha ku mibereho myiza n’ubuzima muri rusange.

Nizeye ko uko Rwanda ruzakomeza gutera imbere mu myaka itanu iri imbere, abagore nabo bazakomeza kwiga ari benshi, gutezwa imbere kandi bagakomeza gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza by’abatuye u Rwanda.

Ni iki ibindi bihugu byakwigira kubyo u Rwanda rwagezeho?

Ivan: Birashoboka, isomo ry’ingenzi ku Rwanda ni uko iterambere ry’uburenganzira bw’abagore cyangwa iry’ingeri zose z’ubuzima muri rusange, ridashobora kugerwaho n’abantu bamwe gusa.

Uburinganire bufatika hagati y’ibitsina byombi bwari inzitizi ikomeye kandi ntibyari byoroshye ko ikurwaho kugeza ubwo abayobozi b’igihugu cyanjye bahinduriye amategeko yahezaga abagore n’abakobwa mu nzego zose z’ubuzima. Sosiyete Nyarwanda itera imbere kuko umukobwa abasha kwiga neza, uburinganire mu bikorera bwumviswe neza, bagatanga akazi ku bagabo n’abagore nta busumbane.

Iki ibindi bihugu bikwiye kukiga. Nkuko u Rwanda rwabigaragaje, intambwe y’iterambere ry’uburenganzira bw’umugore ntiyoroshye ariko ni urugamba rw’ingirakamaro.

Ni iki kikugira umuntu w’ingirakamaro mu bandi?

Ange: Niyumva nk’umuntu w’ingirakamaro kubera impamvu ebyiri, izanjye bwite n’iz’imimerere yanjye.

Ku mpamvu zanjye bwite, nagize amahirwe yo gukurira ndetse nigira mu bice bitandukanye by’Isi, ndetse ngenda henshi ku Isi, byamfunguye amaso mbona byinshi mu mico itandukanye.

Imyumvire y’ababyeyi banjye n’iyanjye, byatumye nkura mu buryo buhagije mbasha kumenya ko inzitizi abagore bo mu gihugu cyanjye bahuye nazo, zageze no ku bandi bose ku Isi yose.

Mbifata nk’inshingano zanjye ahari ho hose n’igihe cyose kuba icyitegererezo n’ijwi riranguruye ry’abagore, bashobora kuba barabuze ababavugira.

Igihe.com

2016-07-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL)  na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL) na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Ubwanditsi 29 Sep 2021
Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Ubwanditsi 17 Jul 2024
Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Ubwanditsi 29 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko
Amakuru

u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

Ubwanditsi 15 Oct 2021
Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore
Amakuru

Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Ubwanditsi 25 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru