• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Ubwanditsi 04 Dec 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC cyatangaje ko kimaze guhashya imitwe yitwaje intwaro mu gace ka Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo, by’umwihariko imitwe irimo FDLR na CNRD yose igizwe n’abanyarwanda.

Umuvugizi w’ibikorwa byo kurwanya iyo mitwe byiswe Soloka 2, Capt Njike Kaiko yatangaje ko hishwe inyeshyamba nyinshi izisigaye zihungira muri Pariki Nkuru ya Kahuzi Biega.

Yavuze ko bagerageje gushaka uburyo ibyo bitero bigabwa hatabayeho kubangamira urusobe rw’ibinyabuzima biri muri iyo pariki.

Yagize ati “Imirwano irimo intwaro ziremereye imaze iminsi ibiri hafi ya pariki. Inyeshyamba zize amayeri yo gushyira imbere abagore bazo n’abana nk’imitego.”

Yavuze ko nibura inyeshyamba 30 zafashwe ari nzima.

Umuyobozi w’agace ka Kalehe, Dédé Mwamba, yavuze ko izo nyeshyamba kuri uyu wa 3 Ukuboza zashatse kugaba igitero ku kigo cya gisirikare mu gace ka Bitale, zikaneshwa zigasubira inyuma.

Yavuze ko ibiri gukorwa n’ingabo za Congo bifite akamaro cyane cyane mu baturage batuye mu bice byitaruye ibindi, nkuko Radiookapi yabitangaje.

Ibi bitero bimaze iminsi ingabo za Congo zihiga imitwe iteza umutekano muke mu Burasirazuba wa Congo bimaze guhitana benshi mu bayoboraga iyo mitwe. Urugero ni Gen Musabyimana Juvenal wari uzwi nka Jean Michel Africa wishwe mu ntangiriro z’Ugushyingo wari mu buyobozi bw’umutwe RUD Urunana.

Hari kandi Sylvestre Mudacumura wayoboraga ingabo za FDLR wishwe muri Nzeri uyu mwaka, umwe mu barwanyi akaba n’Umuyobozi mu mutwe wa FLN witwa Gen Jean Pierre Gaseni uherutse kwicwa n’abandi batandukanye.

Umutwe wa FDLR ugizwe n’abashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda. Uvugwaho guhungabanya umutekano muri Congo, mu bikorwa byo kwica abasivili, gusahura ibyabo n’ibindi.

CNRD nawo ni undi mutwe wiyomoye kuri FDLR yose igamije guhungabanya umutekano mu Rwanda.

2019-12-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe  mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida  Kagame

Wendy Waeni uzwiho kugira impano idasanzwe mu ndoto ze yabonanye n’ Umukuru w’Igihugu Nyakubahwa Perezida Kagame

Ubwanditsi 12 Sep 2016
Imibonano mpuzabitsina ishobora gucika kubera ibipupe  (SEX ROBOTS) VIDEO

Imibonano mpuzabitsina ishobora gucika kubera ibipupe (SEX ROBOTS) VIDEO

Ubwanditsi 28 Dec 2016
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umucongomani  imodoka ye yariganyijwe n’uwayimugurishije

Polisi y’u Rwanda yashyikirije Umucongomani imodoka ye yariganyijwe n’uwayimugurishije

Ubwanditsi 23 Dec 2016
“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

“Nta ngabo z’u Rwanda ziri Maputo” Brig Gen Rwivanga

Ubwanditsi 04 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya APR FC yitegura gukina na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League irakomereza imyitozo i Nyamirambo
Amakuru

Ikipe ya APR FC yitegura gukina na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League irakomereza imyitozo i Nyamirambo

Ubwanditsi 12 Oct 2021
.. numvise amagambo ngo bazatumesa- Perezida Kagame
Mu Mahanga

.. numvise amagambo ngo bazatumesa- Perezida Kagame

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe
ITOHOZA

Iryavuzwe riratashye Kayumba yirukanye mu ishyaka Rudasingwa,Gahima,Musonera na Ngarambe

Ubwanditsi 01 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru