• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yanganyije na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Rayon Sports yanganyije na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Ubwanditsi 07 May 2018 IMIKINO

Mu mukino wa mbere w’amatsinda ya CAF Confederation Cup wakiniwe ku butaka bw’u Rwanda, Rayon Sports ibifashijwemo na Rutanga Eric wishyuye igitego cya kare cya Kagere Meddie, yanganyije na Gor Mahia yo muri Kenya.

Uyu mukino wakinwe ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, watangiranye imbaraga nyinshi kuko ku munota wa mbere Kagere Meddie yazamukanye umupira ku ruhande rw’iburyo, Mugabo Gabriel arwana nawo awushyira muri koruneri, Gor Mahia ihannye ikosa, ujya hanze.

Rayon Sports nayo yagerageje gukina neza hagati mu kibuga inabona uburyo bwo gutsinda ku mupira wazamukanywe na Ismaila Diarra gusa ku mahirwe make ateye umupira ukubita umutambiko w’inyuma.

Ako kanya Gor Mahia yahise ifata umupira, ab’inyuma bawoherereza Kagere imbere acenga Usengimana Faustin na Ndayishimiye Eric Bakame atsinda igitego cya mbere ku munota wa cyenda.

Rayon Sports ntiyacitse intege, nayo yakomeje gusatira ibona koruneli ebyiri ntizayihira, ku munota wa 24 ibona coup franc yari muri metero nke uvuye ku izamu maze Rutanga Eric nta kuzuyaza ayitera neza umupira ujya mu rushundura, umunyezamu Boniface Otieno ntiyamenya uko bigenze.

Kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo yari yakubise yuzuye, hatangiye kugwa imvura nyinshi cyane abafana bamwe bari bicaye ahadatwikiriye batangira gukwirwa imishwaro bashaka aho bugama ariko abakinnyi bo akazi karakomeza.

Amakipe yombi yakomeje gusatirana bikomeye, Rayon Sports ibona ubundi buryo bwo gutsinda ku mupira wari utakajwe na myugariro wa Gor Mahia Haron Shakava ugera kuri Christ Mbondi ateye mu izamu Boniface Otieno arirambura awukuramo bigoranye.

Uko Rayon Sports yashakaga igitego cya kabiri ni nako ubwugarizi bwayo butabaga bworohewe n’ubutatu bwa Meddie Kagere, Francis Kahata Nyambura na Tuyisenge Jacques bashakaga igitego gusa amahirwe babonye arimo na coup franc yari ahantu hameze neza nk’aho iyo Rutanga yatsinze yari iri ntibayabyaza umusaruro kuko iyabo Godfrey Walusimbi yayiteye hejuru.

Igice cya kabiri cyatangiye imvura ikiri kugwa ari nyinshi ku buryo ikibuga cyatangiye kuzura amazi umukinnyi yatera umupira ntumuve ku kirenge cyangwa ukajya aho atashakaga kuwohereza.

Gor Mahia niyo yagitangiye iri hejuru, byatumye nyuma y’iminota mike Umutoza wa Rayon Sports, Ivan Minnaert akora impinduka Kwizera Pierrot yinjira asimbuye Ismaila Diarra.

Tshabalala yahise azamuka gufatanya na Mbondi mu busatirizi ndetse uyu Munya-Cameroun aza kubona uburyo asigaranye n’umunyezamu Otieno ateye ishoti umupira uca hejuru y’izamu.

Ku munota wa 72, Ivan yakoze impinduka za kabiri, akura mu kibuga Nyandwi Saddam yinjiza Bimenyimana Bonfils Caleb nawe ukina asatira izamu.

Umutoza wa Gor Mahia yakoze impinduka za mbere ku munota wa 81 akuramo Philemon Omondi Otieno yinjiza Lawrence Juma byatumye ikipe yongera kurisha abakunzi ba Rayon Sports imitima kubera imipira myinshi yahinduraga imbere y’izamu rya Ndayishimiye Eric.

Odhiambo Oguto nawe yabonye uburyo bwo gutsinda igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Tuyisenge Jacques ariko Ange Mutsinzi aragoboka awukuramo awutera hanze.

Mu minota itatu y’inyongera Rayon Sports yakoze impinduka za nyuma yinjiza Yassin Mugume asimbuye Christ Mbondi gusa nta kidasanzwe yabashije gukora kuko umukino warangiye ari igitego 1-1.

Umukino ugomba guhuza andi makipe abiri ari mu itsinda rimwe n’aya, urahuza Young Africans yo muri Tanzania icakirana na USM Alger yo muri Algeria.

2018-05-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu

Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu

Ubwanditsi 30 May 2018
Amavu n’amavuko  by’ikipe y’igihugu “Amavubi”

Amavu n’amavuko by’ikipe y’igihugu “Amavubi”

Ubwanditsi 13 Jan 2016
APR FC yatsinze Musanze ishimangira umwanya wa mbere, Rayon Sports yafashe umwanya wa Kabiri itsinze Marine FC

APR FC yatsinze Musanze ishimangira umwanya wa mbere, Rayon Sports yafashe umwanya wa Kabiri itsinze Marine FC

Ubwanditsi 05 Feb 2024
Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Amakipe 12 yo ku mugabane w’i Burayi yishyize hamwe ashinga irushanwa rishya ryiswe Super League, FIFA na UEFA zitera utwatsi icyo gitekerezo.

Ubwanditsi 19 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe
POLITIKI

Ntiwatsinda umuntu urwanira kubaka igihugu wowe urwanira kugisenya – Gen Kabarebe

Ubwanditsi 17 Dec 2019
 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.
Amakuru

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Dec 2022
Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu
INKURU NYAMUKURU

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 26 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru