• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru» Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

 Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi yareruye avuga ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ubwanditsi 05 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nta gihe hatagaragajwe ibimenyetso byerekana ko  ubutegetsi bwa Kongo bufasha imitwe y’iterabwoba ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda,  ariko Kongo ikabyigurutsa. Nyamara burya uhisha ukuri, amaherezo kukagutamaza.

Mu magambo ye bwite, Perezida Félix Tshisekedi yivugiye ko azashyigikira uwo ariwe wese uzagerageza guhirika ubutegetsi bw’uRwanda, maze aba ashimangiye ibyo yakomeje gushinjwa byo gukorana n’abajenosideri ba FDLR. Yagize ati:” Abanyarwanda si abanzi bacu, ahubwo ni abavandimwe . Umwanzi wacu ni Perezida Kagame na guverinoma ye. Ndababwiza ukuri Abanyarwanda bakeneye inkunga yacu, tugomba kubafasha  guhirika ubutegetsi bwa Kagame”.

Ngibi rero ibyo bita”kwivamo nk’inopfu”. Ubuse uyu Tshisekedi n’abambari be bazongera guhakana ko bashyigikiye Abajenosideri bashaka kugaruka kurimbura Abanyarwanda? 

Ayo mangambure ya Tshisekedi akimara gukwira ku mbuga nkoranyambaga, abantu benshi barimo n’Abanyekongo, bamubwiye icyo bamutegerezaho. Bamwibukije atanafungura udushumi tw’inkweto za Perezida Kagame ugereranyije uburyo bombi bafitiwe icyizere  n’abaturage babo.

Bagendeye ku mibare, abagaye amanjwe ya Tshisekedi bagaragaje intambwe uRwanda rwateye mu nzego zinyuranye, mu gihe Kongo yo ifatwa nk’igihugu cyapfubye (failed Nation).

Dore zimwe mu ngero zahawe Tshisekedi, kugirango n’undi munsi atazongera gutinyuka kwibasira ubuyobozi bw’uRwanda.

  1. Ubu uRwanda  ruri ku mwanya wa mbere muri Afrika , mu bihugu bifite isuku , mu gihe muri Kinshasa, umurwa mukuru wa Kongo, abaturage bangana na 70% bituma ku gasozi, nk’uko byagaragajwe muri raporo Banki y’Isi iherutse gusohora.
  2. URwanda ni urwa 5 ku isi mu bihugu bifite umutekano usesuye, mu gihe muri Kongo hasibanira imitwe yitwaje intwaro ibarirwa mu 150. Abasirikari n’abapolisi bakarinze abaturage nibo babahohotera ku manywa y’ihangu.
  3. URwanda ni urwa 2 muri Afrika, mu bihugu bifite ubukungu buzamuka ku kigero gishimishije buri mwaka. Kongo yirirwa iririmba ko ifite umutungo kamere uhambaye, nyamara iri mu bihugu bya mbere ku isi mu mibereho mibi cyane y’abaturage.
  4. Mu Rwanda abana basaga 98% bahawe inkingo zose, mu gihe muri Kongo ariho hasigaye  imbasa n’izindi ndwara zigenda zicika ku isi.
  5. Mu Rwanda, ingo hafi 75% zifite amashanyarazi, mu gihe muri Kongo ari 13% gusa nk’uko byemezwa na Banki y’isi.
  6. URwanda ruri ku mwanya wa mbere muri Afrika, mu bihugu bifite “internet” yihuta.  Muri aka karere ikindi gihugu kiza hafi ni Kenya, naho Kongo nta n’ubwo iri mu bihugu 30 bya mbere.
  7. Mu gihe isi yose yishimira aho ubumwe n’ubwiyunge bugeze mu Banyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, muri Kongo ubwicanyi bushingiye ku moko  buri munsi bugwamo ababarirwa mu magana. Ubushyamirane hagati y’Abahema n’Abalendu mu Ntara ya Ituri, Abanyamulenge n’Abafulero muri Kivu y’amajyepfo, Abanunu n’Abatendé muri Mai-Ndombe, Abanyekongo bo muri Kivu y’Amajyaruguru bazira gusa ko bavuga Ikinyarwanda, ibi byose ni ibishyira Kongo mu bihugu bifite ikibazo gikomeye cy’ubumwe bw’ababituye.
  8. Mu Rwanda umugore yahawe agaciro, ku buryo ruri mu bihugu 5 bya mbere ku isi mu kugira umubare munini w’abagore mu myanya ifata ibyemezo. Muri Kongo umugore aracyari umucakara, kuko ntacyo avuze imbere y’umugabo. Abagore basambanywa ku ngufu buri munsi ntiwababara, ku buryo uwitwa Dr Denis Mukwege yiyise “umuganga usana abagore”.
  9. Mu Rwanda hari ingamba n’ubushake bwa politiki mu guhashya ruswa, bikanarushyira mu bihugu bya mbere muri Afrika aho ushobora gushora imari no kuhakorere “business” nta nkomyi. Muri Kongo ruswa ni umuco kuva kuri Perezida w’igihugu kugeza ku muturage usanzwe. Utariye cyangwa ngo atange ruswa niwe kibazo.
  10. URwanda ruri mu bihugu bya mbere ku isi bifite ingabo n’abapolisi benshi  mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano hirya no hino mu mahanga.  Aho banyuze hose bambitswe imidari y’ishimwe, kubera ubuhanga n’ubwitange bibaranga. Abasirikari n’ abapolisi ba Kongo bari mu ba mbere ku isi batagira uburere n’ubunyamwuga, ku buryo ntawabikururira mu gihugu cye.

Izi ni ingero nkeya mu zahawe Tshisekedi, zimwibutsa ko amagambo yavuze agayitse, kuko Abanyarwanda bafite ishema ryo kuyoborwa na Perezida wabo, Paul Kagame, wabahaye agaciro mu ruhando rw’amahanga. Ni mu gihe benshi mu Banyekongo bahorana ipfunwe mu mahanga, kugeza n’ubwo  bahisha ubwenegihugu bwabo, ngo badafatwa nka “bihemu” cyangwa abantu batagira indangagaciro.

Ariko Tshisekedi  yaba yibuka ko na mbere yo kuyobora uRwanda Perezida Kagame yari jenerali mu ngabo, mu gihe we yatwaraga tagisi akanajyana ubutumwa mu ngo mu Bubiligi? Harya ubwo ukwiye kubobora abandi ninde?Mbere yo kuvuga, biba byiza ubanje gutekereza, kuko iyo uhubutse kenshi wishyira ku Karubanda bitari ngombwa.

2022-12-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Bane mu nyeshyamba zikomoka i Burundi bishwe n’igisirikare cya Congo

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Ubwanditsi 10 Dec 2018
Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Ubwanditsi 26 May 2019
Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Ubwanditsi 08 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda ikomeje kurenga ku masezerano ya Luanda mu buryo butari bushya mu migirire yayo
POLITIKI

Uganda ikomeje kurenga ku masezerano ya Luanda mu buryo butari bushya mu migirire yayo

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Amayeri yo gutunda ibiyobyabwenge akomeje gutegurwa: I Nyabihu umumotari yafatanwe blue sky azambariyeho
Mu Rwanda

Amayeri yo gutunda ibiyobyabwenge akomeje gutegurwa: I Nyabihu umumotari yafatanwe blue sky azambariyeho

Ubwanditsi 12 Mar 2017
Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda
Mu Mahanga

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru